IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Abanyarwanda si insina ngufi - Dr. Habumuremyi


Yanditswe kuya 30-07-2012 - Saa 10:15' na IGIHE

Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi Pierre Damien yavuze ko Abanyarwanda basabwa guhugira mu bibafitiye akamaro bakima amatwi abakwiza ibihuha bagamije kwanduza isura nziza y’u Rwanda kandi bakirinda kuba insina ngufi. Ibi Dr. Habumuremyi yabivuze mu kiganiro yagiranye n’abaturage bo mu murenge wa Gahunga nyuma y’umuganda yakoranye nabo, anasabasaba kongera amasaha y’akazi no kwita kuri gahunda zibateza imbere kuko bafite umutekano.

Uyu muganda ngaruka kwezi wabereye mu Mudugudu wa Mubuga, Akagari ka Kidakama, Umurenge wa Gahunga mu Karere ka Burera waranzwe no gutunda amabuye yo kubakisha urukuta rukumira amazi y’umugezi wa Nyabyungo aturuka mu kirunga cya Muhabura mu gihe cy’imvura. Ngo amazi yawo yasatiraga inyubako y’amashuri ku buryo abaturage basanze bagomba guhurizaho imbaraga kuko bamaze kumva neza akamaro n’ibyiza umuganda ubafitiye.

Minisitiri w’intebe Dr.Pierre Damien Habumuremyi wari n’umushyitsi mukuru muri uyu muganda ngaruka kwezi muri uyu Murenge wa Gahunga yagejeje ku baturage b’Akarere ka Burera, by’umwihariko abo mu Murenge wa Gahunga,intashyo za Perezida wa Repubulika Paul Kagame, anabashimira umutekano, isuku n’iterambere rigaragara iwabo.

Aha Minisitiri w’intebe yagarutse ku bibazo by’umutekano muke mu Karere n’ibihuha bikwirakwizwa n’abadakunda u Rwanda biba bigamije kurusuzuguza no kurutesha agaciro agira ati « Ndabasaba kureba imbere mugakora ibibafitiye akamaro, mukima amatwi ibihuha bikwirakwizwa n’abagirira ishyari igihugu cyacu, ariko ikigaragara ni uko bazatugarukira, dore ko n’Umunyarwanda yabivuze ko ukuri guca mu ziko ntigushye. »

Yakomeje atangariza Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru ko u Rwanda atari insina ngufi icibwaho urukoma, ko rutagipfukamira amahanga, avuga ko ibikorwa byinshi Abanyarwanda bamaze kugeraho babikesha imbaraga zabo. Aha atanga urugero rw’amatora yo mu mwaka wa 2003 yiteguriwe n’Abanyarwanda mu mbaraga zabo amahanga yimanye amafaranga yo kuyategura ahubwo Abanyarwanda bakayitangira kandi amatora agenda neza, gahunda yo kwiyubakira amashuri y’imyaka icyenda na cumi n’ibiri, gahunda ya Gira inka, ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé) n’ibindi bikorwa biganisha ku iterambere. Bityo abacira n’umugani nyarwanda ugira uti "Ak’imuhana kaza imvura ihise" kuko ibyo gupfukama cyangwa ibya « Ndiyo Bwana » Abanyarwanda babirenze.

Ku bijyanye na gahunda z’umurimo no kwiteza imbere, Minisitiri w’Intebe yasabye abaturage kongera amasaha y’akazi bakirinda guta igihe mu tubari. Bityo, agaruka no kuri gahunda yo guhuza ubutaka, asaba abaturage kwita ku bihingwa byatoranyijwe iwabo no kubihinga ku buso bunini.

Aha yaboneyeho umwanya wo kubwira Abanyarwanda bose ko Guverinoma y’u Rwanda nta bihingwa yaciye mu Rwanda, ariko ko guhuza ubutaka ari byo bigomba gushyirwa imbere. Yavuze ko bagomba kumva ko ubuyobozi bubereyeho kubatekerereza ibyiza nta kibi Leta y’u Rwanda yifuriza Abanyarwanda.

Minisitiri w’Intebe kandi yasabye abaturage gukomeza kugira isuku cyane cyane isuku y’abana, bakabaha indero nziza babajyana mu ishuri, kubakingiza, kubaha uburere bwose, kubarinda indwara no kubaha ibyangombwa byose kugira ngo bazavemo Abanyarwanda beza ndetse anabasaba kuzitabira igikorwa cy’ibarura giteganijwe kuva mu ijoro ry’iya 15 Kanama 2012 kugeza kuya 30 Kanama 2012.

Imvaho Nshya ishatse kwimara amatsiko y’agaciro kahabwa umuganda wakozwe, yasubijwe ko uwo muganda ngarukakwezi wakorewe mu murenge wa Gahunga, akarere ka Burera, intara y’amajyaruguru, wahawe agaciro ka miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda, ukaba wari wanitabiriwe n’intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite aribo Honorable Nyiramatirida Fortunée na Semasaka Gabriel ndetse n’abayobozi b’ingabo na Polisi mu ntara y’amajyaruguru.

Imvaho Nshya

IBITEKEREZO
urusaku rwa nijoro nirwo itegeko rivuga, ariko abayobozi bashyira mubikorwa bakabyumva kuburyo butandukanye. bamwe bahana urusaku rurengeje saa tatu za nijoro, abandi saa mbiri cyangwa se bagahana nabagize amakwe kumanywa. Ese niba bakuyeho gusabira mu rugo ko abanyarwanda bose badafite amafaranga yo gukodesha salle, kandi abubahiriza umuco bumva ko gusabwa umwana wabo bisa neza iyo bigaragara ko ahagurukiye mu rugo. Ese bariya babyina bose bihangiye imirimo babaye abande ? Ndumva iki cyemezo cyaba gisubitswe kikigwaho neza ninzego z'ubuyobozi hamwe nabo cyagizeho ingaruka mbi muri societe, hakaboneka icyemezo gifasha impande zombi zibangamiwe nacyo.
Musubize14.03.2013 saa 11:37
######
Nanjye nti nukuri kwambay'ubusa.
Musubize31.07.2012 saa 01:52
Pm
Nukuri leta irashakira ibyiza abanyarwanda bose nkuko uwo musasaza yakomeje abivuga ameongea poit, s.
Musubize30.07.2012 saa 16:59
cheko
ARIKO ABANYARWANDA NTWIBAGIRA VUBA, MWIBAGIYE 1885...1959.... 1994, 2012 NIZE HARAGEZE NGO DUKURE TURONKE INDEPENDANCE NYAKURI. BAMWE BIGANYE N ABAZUNGU, MURAZI AHO BAKUYE AFARANGA KUKI TWE TUTABIKORA. PM NDAGUSABA YUKO UBWIRA ABANYARWANDA ICYO AYO MAFARANGA YABAZUNGU YARI KUZAKORA KUGIRANGO BAREBE NIBA BYARI BIFITE AKAMARO. AHASIGAYE "DUSONGE MBERE" KANDI " ATAWATUGONGE SA MISUMARI HATUWEZI KURUDI NYUMA" STAND UP AND GROW UP
Musubize30.07.2012 saa 12:37
africa united
Ibyo ntaho bihuriye ! Kwiyubaha no kwiha agaciro m'ubumwe nk'Abanyarwanda nibyo byagira aho bitugeza tutagombye gupfukamira abadukangisha inkunga. Imana ikomeze idufashe.
Musubize30.07.2012 saa 10:01
Victor
kwizera, keretse niba wizera impuha n'amabwire ugashyigikira akarengane n'agasuzuguru. icyo PM yavuze kibi se nikihe ? kutarangara, gukora cyane no kwiteza imbere ? shyira mu gaciro niba utanakunda urwanda umunye ko ukuri guhora gutsinda kdi guca muziko ntigushye... vive Rwanda
Musubize30.07.2012 saa 05:22
africa
BAMPATSE IBIHUGU BATIFUZA KO UMWIRABURA YAKWIGENGA BAZAKORWA NIKIMWARO, MAY GOD BLESS RWANDESE LEADERS, YEWE NIBIBA NGOMBWA NATWE ABATURAGE TWITEGUYE GUPFIRA URWATUBYAYE AHO GUPFUKAMIRA AMAHANGA AGIZWE NABAGASHAKA BUHAKE NABAJGARAGU BABO BITWAZA NGO BAFITE IGIHUGU KININI MURI AFRIKA ARIKO UBUGABO SI UBUTUMBI, OUR HERO PK AHORA ATUBWIRA KO UBURENGANZIRA BUDASABWA AHUBWO BUHARANIRWA. PEACE
Musubize30.07.2012 saa 05:14
NKUNDURWANDA
Oya tubishimangire rwose. "Twanze kuba insina ngufi, twanze kugana aho tutazi, nk'aho tutazi iyo tuva" Kizito Mihigo. Wowe se ugereranya ibingibi na cya Kinani cyamaze abantu, ubwo urumva hari aho bihuriye ? Uragereranya abicanyi b'u Rwanda n'abarutabaye ? nta soni ?
Musubize30.07.2012 saa 05:12
TWANZE GUTOBERWA
mwagabanyije mwa bantu mwe ko nta muntu wigira si nbyabindi bavuga ko umwami iyo yivuze ingoma ye iba iheze mwibuke NDIKINANI CYANANIYE ABAGAMBANYI
Musubize30.07.2012 saa 03:40
kwizera
Ibyo wabijyanye kuri Leprophete ukabivana hano ko ari ku gihe.com Website isobanutse itabaho ayo matiriganya
30.07.2012 saa 07:08
Wizeraiki_
nange ntyo !!
30.07.2012 saa 07:27
bazumvaryari
Ibyo mvuga ko ntaho bihuriye n'ibyo Kwizera agereranyije bya NDIKINANI CYANANIYE ABAGAMBANYI naho ibyo Minisitiri w'Intebe w'Urwanda avuga niko kuri ndemeranya nawe !!!
30.07.2012 saa 10:05
Victor
Man, I BIBAZO NTABWO BISA. KUKO HARI IKIBAZO CYA DEPENDANCE YIFASHANYO KERA CYARI IKIBAZO CYA POLITIQUE INTERIEUR. KANDI UBU ABANYARWANDA BENSHI BARASOBANUTSE
30.07.2012 saa 12:44
AFRICA UNITED
Ariko se wowe kwizera wabonye hehe umugabo utivuga ? Ushobora kuba uri bangamwabo nka ya hene mbi !! Ikinani cyamaze abana b'urwanda ukizanye gute muri iyi nkuru ? Nta mugabo wigira ariko nanone niba aribyo ugenderaho ukarira kunzigo cyangwa kurutoto waba uri nta kigenda.
31.07.2012 saa 04:56
Kagaba

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!