Abanyeshuri bo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi, Ikoranabuhanga n’Uburezi rya Kibungo (INATEK), kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Nyakanga 2012, baragabwa impamyabumenyi. Ni ku nshuro yaryo ya gatatu ritanga impamyabumenyi, aho kuri uyu wa Kane abanyeshuri 992 aribo bahabwa impamyabumenyi.
Ibirori byo gutanga impampabumenyi kuri aba banyeshuri barangije umwaka ushize wa 2011, birabera ku kicaro cy’iri shuri mu Murenge wa Kibungo Akarere ka Ngoma Intara y’Iburasirazuba. Byitezwe ko abanyeshuri barangije ndetse n’inshuti zabo baturutse imihanda yose bazitabira ibi birori, utaretse n’abayobozi batandukanye.
Abanyeshuri 885 biga mu ishami ry’uburezi harimo ab’igitsina gore bagera kuri 51,93% n’abagabo 48,o7%, nibo bazahabwa impamya bumenyi hakiyongeraho n’abandi bo mu ishami ry’amajyambere y’icyaro bagera kuri 67 bagizwe n’abagabo 64,2% n’abagore 35,8%.
Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi Ikoranabuhanga n’Uburezi rwa Kibungo (INATEK), riherereye mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasuba, ryatangiye imirimo yaryo ku itariki ya 15 Gashyantare 2003 ritangirana abanyeshuri 355, ndetse iri shuri ryaje kwemerwa n’Iteka rya Minisitiri ku itariki ya 16 Kamena 2010, kuri ubu rifite abanyeshuri 3,718 biga mu byiciro bitandukanye.
Ubwo batangaga impamyabumenyi ku nshuro ya mbere :
Foto:Olivier M.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |