Abayobozi bakuru bahawe imodoka za Leta bakava ku buyobozi batararangiza kuzishyura, Minisiteri y’ibikorwa remezo(MININFRA) itangaza ko igiye kubikurikirana kugira ngo igaruze amafaranga agera kuri miliyari yagombaga kwishyurwa.
MININFRA igiye guhagurukiye gukurikirana abo bayobozi badafite ubushake bwo kwishyura inguzanyo bahawe, nyuma y’aho Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta agaragaje amafaranga yaheze yifashishijwe mu kugura izo modoka arenga miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.
Nk’uko Umunyamabanga uhoraho muri MININFRA, James Kamanzi, yabitangaje ngo bamwe mu bayobozi bagiye bahagarikwa ku mirimo ya Leta barafashe imodoka bahawe ku nguzanyo ya Leta baragombaga kwishyura amafaranga angana na 50% y’ikiguzi cy’iyo modoka, benshi muri abo bayobozi bava ku buyobozi ntibimenyekane bagakomeza gukoresha imodoka ya Leta.
MINIFRA yahagurukiye ikibazo cyo guhiga izi modoka ifatanyije na Polisi n’ubwo bitoroshye kugira ngo izo modoka zifatwe zitezwe cyamunara hagaruzwe amafaranga ya Leta.
Ubwo yari imbere ya Komisiyo ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda (PAC), Kamanzi yabajijwe impamvu baba barategereje kugera igihe Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta agaragarije ko hari amafaranga ya Leta yabuze, Kamanzi avuga ko bitoroshye kugira ngo umuntu amenye ko umuyobozi yavuye ku kazi.
Yagize ati “usibye kuba wakumva umuntu kuri radiyo ko yavuye ku kazi naho ubundi ntabwo wabimenya”.
Kamanzi yakomeje avuga ko n’ubundi gufata izo modoka bitoroshye, kuko abo bayobozi amazina yabo yatanzwe muri Polisi. ariko Polisi ikaba ntazo irafata.
Yagize ati “abenshi batwikira imodoka zabo mu ngo, gusa no mu ngo tugiye gutangira kujyamo”.
Kuva igikorwa cyatangira cyo gushakisha izo modoka ngo zigurishwe, abari abayobozi bafite izo modoka bamaze kwishyura amafaranga angana na miliyoni 100.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Rayon Sports ikeneye kugura abakinnyi barindwi
20.05.2013 |
|
Rwaniro : Hashyinguwe imibiri isaga 3000 y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi
20.05.2013 |
|
Impuguke zigiye gufasha u Rwanda gusesengura ingaruka za Politiki mu kurwanya ubukene
20.05.2013 |
|
Mu myaka irenga 10 Intara y’Amajyepfo irusha ubukene izindi Ntara
20.05.2013 |
|
Kamonyi : Umukecuru w’imyaka 71 yishwe n’uwo abereye mukase
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |