Mu minsi mike ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zimaze zitangiye imyitozo igamije guhashya ba rushimusi, iterabwoba, gushyigikira amahoro mu karere no kurwanya Ibiza mu gikorwa cyiswe ”Ushirikiano Imara 2012”, izi ngabo ziranakora ibikorwa byo kubungabunga ubuzima aho kuri ubu zimaze kuvura abantu babarirwa mu 1400.
Ibikorwa by’ubuvuzi kimwe n’ibindi bitandukanye byo gufasha abaturage babikora nyuma y’imyitozo ya gisirikari, ubu bakaba bamaze kuvura abaturage basaga 1400 ku bigo Nderabuzima bya Ngeruka na Gashora.
Aba basirikare bavura indwara zitandukanye, bagatanga ubuvuzi kundwara z’amenyo, amaso, bakanasiramura abagabo babishaka.
Hakizimana Janvier ukuriye Ikigo Nderabuzima cya Ngeruka, avuga ko iki gikorwa cyo kuvura abaturage bafatanyije n’ingabo cyabafashije cyane. Ati ”iki gikorwa tukigiriramo inyungu nyinshi cyane ; batanga serivisi zirenze izo dusanzwe dutanga, abaganga b’inzobere bari gupima abarwayi ku buntu bakanabaha imiti itabonekaga kuri ‘Centre de santé’”
Abaturage bavuga ko bishimira ibi bikorwa. Bavuga ko hari indwara nyinshi bahakirira zidakunze kuvurwa n’abaganga basanzwe bo ku bigo nderabuzima, ariko bakagira ikibazo cy’uko abarwayi baba ari benshi rimwe na rimwe bakarara batavuwe.
Ngiruwonsanga Schadrack, umusaza ufite ikibazo cy’umugongo, ubwo yaganiraga na IGIHE yagize ati ”ibintu bigenda neza ariko abarwayi ni benshi ; nk’ejo natashye ntivuje.”
Aba baturage bavuga ko mu gihe izi ngabo zizagenda ku wa gatanu kandi hakiri abarwayi benshi, bakifuza ko bishobotse bakomeza kuvurwa kuko abavuwe mbere bavuga ko bakira neza.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngeruka Sebarundi Ephrem, avuga ko iki gikorwa benshi bagikiriyemo indwara nyinshi kuko havura inzobere. Avuga ko bigaragaza isura nziza ya gisirikari, bikanamenyekanisha umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu baturage.
Mu cyumweru kimwe aba basirikari bamaze kuvura abagera kuri 800 mu Kigo Nderabuzima cya Ngeruka ndetse n’abagera kuri 635 ku Kigo Nderabuzima cya Gashora nk’uko bitangazwa na Captain Dunia Jean Bosco uri muri iki gikorwa cy’ubuvuzi.
Usibye n’ibi bikorwa by’ubuvuzi, ingazo ziri mu myitozo ya gisirikari yiswe “Ushirikiano Imara 2012”, bagira n’ibindi bikorwa bitandukanye byo gufasha abaturage. Bamaze kuzuza ibyumba by’amashuri bigera kuri bitatu k’u Rwunge rw’Amashuri rwa Dihiro bafatanije n’abaturage.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |