IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Abasivili bo mu karere barahugurwa ku kubungabunga umutekano no kugarura amahoro


Yanditswe kuya 15-10-2012 - Saa 09:18' na Marie Chantal Nyirabera

Mu karere ka Musanze hatangijwe amahugurwa ku basivili basaga 28 baturutse mu bihugu 10 byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba aho bazungukira byinshi mu kubungabunga amahoro mu karere no muri Afurika (East Africa Stundby Force Peace Support Operating).

Col. Jules Rutaremara, Umuyobozi w’Ishuri rya Gisirikare (Rwanda Peace Academy) riherereye i Nyakinama, mu karere ka Musanze, yavuze ko aya mahugurwa azafasha abasivili bazafasha muri gahunda zo kugarura amahoro n’umutekano.

Yanavuze ko kubungabunga amahoro biri mu ntego z’iri shuri ndetse na buri muturage n’aho atuye.

Minisitiri ushinzwe imirimo y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, Monique Mukaruliza yagize ati "Muri Afurika habamo amakimbirane n’ibibazo byinshi. Bityo mu gushaka uburyo Abanyafurika basubiza ibibazo by’umutekano biri muri Afurika bibareba bose, ntabwo ari umwihariko w’abapolisi n’abasirikare gusa ahubwo n’abasivili birabareba.”

Akomeza agira ati "Leta y’u Rwanda yiyemeje ibikorwa byo kugararura amahoro n’umutekano mu bihugu byo mu karere, muri Afurika no ku yindi migabane."

Avuga ko muri Afurika nta terambere ryabaho hatariho amahoro n’umutekano. Akaba ari muri urwo rwego aya mahugurwa azafasha abasivili kugira ubumenyi buhagije mu kubungabunga amahoro.

Bukuru Alexis, Umurundi witabiriye aya mahugurwa avuga ko ari inshuro ya kane yitabira amahugurwa.

Yatangaje ko aya mahugurwa ari mu rwego rwo gushyira ingufu hamwe, bityo mu byumweru bibiri bazabasha gusobanukirwa byinshi birimo guhabwa ubumenyi mu kugarura no kubungabunga amahoro n’umutekano mu karere no muri Afurika mu gihe bikenewe.

Yasobanuye ko abasivili hari igihe bagwa mu ntambara abandi bakayitera bityo ko bagomba gufatanya n’abapolisi n’abasirikari kubungabunga amahoro.

Yavuze ko abasivili bafasha mu bikorwa by’iterambere, kugarura amahoro no kuyabungabunga.

Celine Mukamurenzi abishimangira avuga ko ibikorwa byo kubungabungamaharo bigomba gufasha n’abasivili, bityo ko muri aya mahugurwa azasobanukirwa ibikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano.

Avuga ko ibikorwa byo kubungabunga umutekano kuri ubu biri mu buryo bwagutse, bityo abasivili bakaba bakwiye kubigiramo uruhare.

Ibihugu byitabiriye aya mahugurwa birimo u Rwanda, u Burundi, Ethiyopia, Kenya, Tanzania, Comores, Sudani y’Amajyepfo, Uganda, Seychelle, Djibouti na Somalia.

IBITEKEREZO

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!