Mu kwezi kwahariwe umuryango mu kwiteza imbere no guharanira kugira ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de sante), mu muganda rusange wabaye kuri uyu wa Gatandatu, umuryango AL-AMAL wahaye abaturage 100 batishoboye bo mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Mageragere ubwisungane mu kwivuza abandi umuryango wa Philadelphie ubaha amatara acanwa n’imirasire y’izuba.
Mukasonga Solange, Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge mu ijambo rye yavuze guteza ngo igihugu gitere imbere bihera mu muryango kandi kugira ngo bigerweho umuryango ugomba gufatanya no kuzuzanya ndetse bagakomeza gahunda ya Leta yo kuringaniza imbyaro kuko ari ingira kamaro kuri bose.
Akomeza ashishikariza abaturage bo mu karere ka Nyarugege ko bakomeza igikorwa cyo kwita ku bidukikije bazibura imirwanya suri ijyamo amazi y’imvura nk’uko babikoze mu muganda, no gushyira imireko ku mazu yo, ndetse abasaba kwibumbira mu mashyira hamwe bagakomeza kugura ubwisungane mu kwivuza kuko ari ukwizigamira.
Mukasonga yasoje ashimira umuryango mushya wa Kisilamu AL_AMAL wahaye abaturage bo mu karere ayoboye ubwisungane mu kwivuza, n’uwa Philadelphie watanze amatara uhereye ku baturage bo mu mudugudu wa Nyarufunzo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Hari byinshi Rwanda Day imaze kugezaho abanyarwanda
18.05.2013 |
|
Rulindo hagiye kubakwa icyigo cy’amahugurwa kizafasha gukora ubuvumvu bw’umwuga
18.05.2013 |
|
RBC yibutse abahoze ari abakozi b’ikigo gitanga amaraso NCBT
18.05.2013 |
|
Kicukiro : Umugabo akurikiranweho gutema umugore we
18.05.2013 |
|
Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba Leta gushyira mu bikorwa imyanzuro ya UPR
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |