Mu rwego rwo kuzamura abumenyi mu barezi, Ishuri Rikuru Nderabarezi rya KIE rifatanyije na Minisiteri y’Uburezi bateguye inama igamije gusobanura gahunda nshya ijyanye n’uburyo abanyeshuri ba KIE ndetse n’ibindi bigo by’igisha uburezi bagiye kujya bimenyereza (internship) igihe cy’umwaka ku biga icyiciro cya 2 cya kaminuza (Bachelor’s) ndetse n’amezi atandatu ku biga icyiciro cya mbere cya kaminuza (Diploma).
Atangiza iyo nama, Minisitiri w’uburezi Dr. Vincent BIRUTA yasobanuriye abari bayitabiriye ko iyi gahunda igamije gushimangira ubumenyi bw’abanyeshuri ndetse no kubasha kubakurikiranira hafi mu rwego rwo kuzamura umwuga w’uburezi muri rusange. Yakomeje avuga ko ibigo byamasuri yisumbuye bigomba kujya bifasha abimenyereza umwuga w’uburezi gutanga neza ibyo bize.
Yagize ati “ubushakashatsi bwagaragaje ko abimenyereza umwuga igihe kinini basumbya cyane ubumenyi ababikora mu buryo bumenyerewe bw’igihe gito”. Minisitiri yakanguriye abitabiriye iyi nama ko iyi gahunda izashoboka igihe habayeho umubano mwiza hagati ya KIE ndetse n’ibigo byamashuri byakira abimenyereza umwuga. Yashoje yizeza ko Leta y’u Rwanda izakomeza gutanga inkunga ishoboka yose mu rwego rwo kubungabunga uburezi bufite ireme.
Umuyobozi mukuru wa KIE prof. George Njoroge yatangaje ko kugira ngo iyi gahunda igire ingufu hagomba kubaho ishyaka ku bimenyereza, ababakurikirana ndetse cyane cyane abayobozi b’ibigo bazaba bakoreramo. Yongeyeho ko abimenyereza bazajya bagaragara mu bikorwa byose by’ikigo bimenyerezamo ndetse bakajya bagengwa n’amategeko asanzwe agenga abakozi muri rusange mu bigo bazaba bakoreramo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Dr. Mathias HAREBAMUNGU nawe wari witabiriye iyi nama, yatangaje ko kugira ngo umwarimu agire umurimo umwuga nyawo yagombye kuba uwumenyereye ndetse afite indangagaciro n’ibivumbikisho bya ngombwa kugira ngo azabashe kwigisha.
Harebamungu yakomeje amara impungenge abanyeshuri barebwa n’iyi gahunda abizeza ko ibikenerwa byose birimo n’amafaranga azabafasha mu buzima byose byateganyijwe.
Iyi nama yari yitabiriwe n’abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye mu gihugu, abashinzwe uburezi mu turere ndetse nabayobozi ba centres z’uburezi mu gihugu (TTCs).
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Byimana : Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira ikigo cy’ishuli
20.05.2013 |
|
Kigali : Hafunguwe urubuga ruzajya rufasha abantu kubona ibyangombwa byo kubaka
20.05.2013 |
|
Turkish Airlines igiye gutangira ubwikorezi bw’imizigo mu ndege izahuza Kigali n’indi mijyi
20.05.2013 |
|
Geneva : MIDIMAR yitabiriye inama mpuzamahanga yo kurwanya ibiza
20.05.2013 |
|
CHUK : Kugabanuka kw’amafaranga y’abaganga, ingaruka kuri serivise
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |