Urubanza rwa Uwinkindi Jean rwagombaga gutangira kuburanishwa mu mizi ku wa 14 Mutarama 2013, ntirwatangiye umwe mu bamwunganira, Me Gatera Gashabana asaba ko urubanza rwasubikwa kuko hari ikirego batanze (Uwinkindi) mu Rukiko rw’Ikirenga.
Uwinkindi Jean woherejwe mu Rwanda n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda akurikiranyweho ibyaha birimo gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside no gutsemba imbaga nk’icyaha kibasiye inyoko muntu.
Me Gatera Gashabana asaba ko urubanza rw’umukiriya we rwasubikwa yagaragarije yagize ati “Twatanze ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga gishingiye ku kwica Itegeko Nshinga ariyo mpamvu dusaba ko urubanza rusubikwa kugeza ubwo Urukiko rw’Ikirenga rufata umwanzuro.”
Ubushinjacyaha buhagarariwe n’Umushinjacyaha mukuru, Martin Ngoga, bwasabye Urukiko kwanga impamvu itangwa n’uruhande ruregwa.
Martin Ngoga yagize ati “Gutanga ikirego mu rukiko ntibibuza urundi rubanza gukomeza keretse hari amabwiriza yihariye y’Urukiko rw’ikirenga abuza gukomeza kw’izindi manza, muri uru rubanza nta mabwiriza nk’ayo ahari, niyo mpamvu dusaba ko urubanza rutangira kuburanishwa mu mizi.”
Uruhande rw’ubwunganizi bwavuze ko hari itegeko riteganya gusubikwa kw’izindi manza zifitanye isano n’urubanza ruburanwa ku ihutazwa ry’itegeko nshinga ; ariko ntibashoboye kwereka urukiko itegeko n’ingingo zibiteganya.
Ibi byatumye inteko y’abacamanza ikuriwe na Rulisa Alice yibaza kw’itegurwa ry’imyanzuro y’uregwa.
Umucamanza mukuru Alice Rulisa yagize ati, “Muzi ko amategeko ateganya ko ababuranyi bahana imyanzuro kandi iteguwe neza hanyuma urukiko rukagenerwa kopi. Urubanza ruzakomeza ejo [ku wa 14 Mutarama 2013]”.
Ku wa 03 Ugushyingo 2012, Uwinkindi yari yatanze ikirego mu Rukiko rw’ikirenga yerekana uburyo itegeko rirebana n’iyimurwa ry’imanza mpuzamahanga rivuguruzanya n’itegeko nshinga.
Urukiko rw’Ikirenga rwagombaga gusuzuma iki kirego ku wa 14 Mutarama 2013 ariko rwimurira uru rubanza ku wa 21 Mutarama 2013 kubera ko intumwa ya leta muri uru rubanza yari itarahererekanya imyanzuro n’abunganira Uwinkindi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
RBC yibutse abahoze ari abakozi b’ikigo gitanga amaraso NCBT
18.05.2013 |
|
Kicukiro : Umugabo akurikiranweho gutema umugore we
18.05.2013 |
|
Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba Leta gushyira mu bikorwa imyanzuro ya UPR
17.05.2013 |
|
Haracyabura miliyoni 800 ngo inyubako ya “One dollar compaign” yuzure
17.05.2013 |
|
RISD yatanze ibikoresho ku Bunzi bo mu mirenge 50
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |