IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

John Gara na Clare Akamanzi bahererekanyije ububasha ku buyobozi bwa RDB


Yanditswe kuya 15-07-2012 - Saa 19:28' na Turikumwe Noël

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 13 Nyakanga ku kicaro cy’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, habereye umuhango w’ihererekanya bubasha aho umuyobozi w’iki kigo ucyuye igihe Gara John yeguriye inshingano uwari ushinzwe imikorere muri iki kigo Akamanzi Claire.

Muri uyu muhango Umuyobozi mushya w’Agateganyo wa RDB, Akamanzi Claire yashimiye umuyobozi ucyuye igihe Gara John ku bwitange yagize ngo RDB itere imbere.

Yagize ati : ”Kubera ubuyobozi bwe, RDB yarakuze ihinduka ikigo gifite imbaraga, gifite ubushobozi bwo kwihutisha ubukungu bw’igihugu. Gara asize umusingi ukomeye tuzubakiraho nk’abantu tugikomeje gushakira inzira gukura kw’ibigo byigenga, no gukorana n’abafatanyabikorwa bacu ngo twongerere agaciro iterambere ry’u Rwanda."

Gara wayoboye RDB ubu akaba akuriye Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko, yavuze ko yashimishijwe n’umwanya yahawe ngo agire icyo akorera igihugu cye ndetse ashimira n’ikipe ibishoboye bakoranye bakabasha kugera ku ntego za RDB. Yagize ati : ”Nsabye ko mwakomereza aho ubufatanye n’umuyobozi unsimbuye nk’uko nanjye mwabinkoreye. Ubufatanye bwanyu nibwo bwatumye RDB igera kubyo igezeho”.

Mu gihe yamaze ayobora iki Kigo, Gara yazanye impinduka nyinshi muri RDB. Yashyizeho imikorere mishya mu rwego rwo kwihutisha gukura kw’igihugu mu iterambere, aho yigishize ibigo byose kubaho nk’ibigo byigenga.

RDB yashyizweho n’itegeko No 53/2008 ryo ku wa 02/09/2008. Yahawe inshingano zo kwihutisha iterambere ry’Igihugu no kubaka imibereho myiza ku Banyarawanda bose. Mu mikorere yayo yibanda cyane ku guteza imbere abikorera ku giti cyabo. Gara umuyobozi wa RDB ucyuye igihe, yayoboye guhera mu kwezi kwa 12 mu mwaka wa 2009 akaba avuye ku buyobozi amaze imyaka 3 ayiyobora.

IBITEKEREZO
John Gara numuhanga ashoboye akazi !naho RDB yo ikimenyane nibintu byabo ,gusa ntaho bihurira numuyobozi mukuru kuko exam ntazizamo !
Musubize5.03.2013 saa 03:04
peace
Uzi ko byabaye nijoro ? None se babikoze muri overtime ?
Musubize16.07.2012 saa 23:33
Overtime
Uguhererekanya ububasha byabaye mwibanga rya 2 gusa tuuuu.... amahirwe masa kuri mwese
Musubize16.07.2012 saa 07:59
kirori
Mukomereze aho,mushyiremo imbaraga, inzozi za Muzehe wacu zizaba impamo buri wese nashyiraho ake. Uwo mudamu twumva ngo arakora cyane, abantu nk'abo nibo dukeneye kuko inzira iracyari ndende ngo twivane mu bukene turimo. Courage !
Musubize16.07.2012 saa 03:59
citoyen
Arabishoboye kabisa. Ndunva RDB igiye noneho kugera kunshingano zayo bitayigoye
16.07.2012 saa 07:24
RDB kweli : mpise nibuka ibyo bankoreye. Ariko buriya abahakora bagomba kuba bujuje iki ? Gutsinda ibizamini byose no muri interview ukabemeza, ariko ukazira icyo utazi. i don't think such mindsets will take us anywhere as a nation at least in the long run cause we've seen what results from such practices. Good luck for the new boss, hope things will change for the better.
Musubize16.07.2012 saa 02:07
crazy bold heads
Buriya wazize icyo uzi ni uko utashatse kubivuga : wazize ko utabaye uwa mbere kandi umwanya wari umwe. Ubutaha uzabone amanota ari hejuru ya 70% kandi ube uwa mbere urebe ko akazi utagahabwa muri RDB. Hariya ni transparence rwose.
16.07.2012 saa 08:27
Mujyanama
Ihangane tuu.. byabaye kuri benshi ariko buriya bizacyemuka
17.07.2012 saa 05:42
Gara yazanye impinduka nyinshi cyane ariko nuko yahaye BDCs abatazishoboye, RDB ni itabare hakiri kare !
Musubize15.07.2012 saa 15:00
hg

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!