Imurikagurisha rya cumi na gatanu ryatangiye ku itariki ya 25 Nyakanga 2012 rirakomeje aho ribera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali. Nyuma y’imyaka cumi n’ine iryo murikagurisha riba nibwo bwa mbere hamuritswe amafarasi akoreshwa mu kwinezeza kw’abakiriya baririmo.
Mu kiganiro n’IGIHE.com, Kayitare Alphonse, uhagarariye ‘’Rugende Country Club’’ isosiyeti ikora icyo gikorwa iherereye i Rugende, mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo, Umuyji wa Kigali avuga uburyo abantu bakira igikorwa, agira ati ‘’Iki gikorwa abantu bacyakiriye neza ubu tubona abantu benshi baza bagana amafarasi yacu, turabasobanurira barayatinyuka. Mbere y’uko umuntu ayurira tubanza kumusobanurira akumva ari ibintu bisanzwe. Abantu bagira ubwoba bakiyibona kuko ari inyamaswa ndende ariko iyo bamaze kuyikoraho, barayitinyuka kuko basanga ari nk’andi matungo yose nk’inka, babona ari ibintu bisanzwe rero’’.
Kayitare Alphonse, akomeza avuga ko izo farasi zikiza bwa mbere zagize akabazo ko gutinya, ariko ubu zimaze kumenyera abantu kuburyo ubu zinjira no muri expo rwagati, ntizigitinya n’urusaku rurimo.
IGEHE.com yashatse kumenya niba ntawe ifarasi irahohotera cyane cyane ko hakunze kuvugwa ko iterana umugeri, Kayitare Alphonse agira ati ‘’Kugeza ubu nta muntu n’umwe ifarasi irahohotera, ntawe iratera umugeri, keretse uramutse uyibabaje uyibangamiye nibwo yabikora kandi ntibiraba. Naho ubundi imenyera vuba iyo uyitayeho uyeretse ko uyikunze nayo irakuyoboka’’.
Kayitare Alphonse akomeza asobanura impamvu aribwo bwa mbere bamuritse ifarasi, agira ati ‘’ Nibwo bwa mbere kuko ntazo twagiraga. Mu kwezi kwa mbere uyu mwaka nibwo twasanye amafarasi ubu ageze kuri atandatu’’.
Mbabazi Claudine, ni umwe mubitabiriye kugandera ku ifarasi. Agira ati ‘’Ibi ni ibintu byanshimishije cyane. Ni ubwa mbere mu buzima bwanjye ngendeye ku ifarasi, ubundi nabibonaga mu ma filimi. Nabanje kugira ubwoba ariko ubu n’uko amafaranga nari mfite ari make nari gukomeza’’.
Nkuko bitangazwa n’abamurika, kuzenguruka mu kibuga inshuro imwe ni amafaranga ibihumbi bibiri, wamara iminota icumi bikaba ibihumbi bitanu, byose bakagufata n’ifoto isohoka ako kanya.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
|
Umushinga w‘itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda ntuvugwaho rumwe
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |