Uwahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Perezida Bill Clinton yatuye avuga ko iyo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ziba zarohereje ingabo zo gutabara Jenoside yakorewe abatutsi igitangira mu mwaka wa 1994, nibura abantu barenga “300,000” muri miliyoni irenga yishwe bari kubasha kurokorwa.
Mu kiganiro CNBC Meets’ yagiranye n’umunyamakuru Tania Bryer, Clinton yasobanuye ko kunanirwa gutabara u Rwanda mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi, igahitana abantu barenga miliyoni imwe, ari imwe mu mpamvu yatumye atekereza ishingwa rya Clinton Foundation.
Clinton ukunze kugaragaza ko yashegeshwe n’uburyo Leta yari ayoboye yitwaye kubyarimo birabera mu Rwanda mu 1994 yagize ati “Iyo tuba twaragiye mu Rwanda hakiri kare, nizera ko twari kubasha kurokora nibura kimwe cya gatatu cy’abishwe…byangizeho ingaruka zikomeye.”
Nubwo Clinton yemera ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zititaga kuri Afurika mu 1994 nk’uko bimeze kuri ubu, yavuze ko iyo afata icyemezo cyo kohereza umutwe w’ingabo zigizwe n’abasirikare 10,000 mu Rwanda, ibihumbi by’abantu yizera neza ko batari kwicwa.
Mu myaka 19 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, benshi mu mpuguke z’abanyamateka ndetse n’izindi nzobere bakomeje gutunga agatoki umuryango mpuzamahanga, cyane ibihugu by’ibikomerezwa, ku kuba bitarateye ingabo mu bitugu umutwe w’ingabo za Loni wari mu Rwanda muri icyo gihe.
Inyandiko zari zaragizwe ibanga zashyizwe ahagaragara mu mwaka wa 1994 zagaragaje ko Leta yari iyobowe na Clinton yari ifite amakuru nyayo “ku mugambi wariho wo gutsemba Abatutsi bose” mbere y’uko Jenoside itangira.
Mu mwaka w’ 1998, Perezida Bill Cinton wari ukiri ku butegetsi yagiriye uruzinduko mu Rwanda. Nubwo yagarukiye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe, mu ijambo yahavugiye yasabye imbabazi ku myitwarire y’igihugu cye n’umuryango mpuzamahanga mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Muri urwo ruzinduko yakoze mu mezi ya mbere y’umwaka w’1998, Clinton yagize ati “Umuryango mpuzamahanga, kimwe n’ibihugu byo muri Afurika, bikwiye kwemera uruhare rwabyo muri aya marorerwa… Ntitwatabaye vuba bishoboka nyuma y’uko ubwicanyi butangira. Ntituba twaremeye ko inkambi z’impunzi zihinduka indiri y’abicanyi. Ntitwahise twita buriya bwicanyi izina nyabwo bwari bukwiye : ‘jenoside’.”
Kuri ubu Clinton abinyujije mu muryango “Clinton Global Initiative” akora iyo bwabaga mu gushakira inkunga zitandukanye zo gufasha u Rwanda, by’umwihariko mu rwego rw’ubuzima n’ubuvuzi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |