IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

BK : Ushobora guhahisha amafaranga ari kuri konti yawe ukoresheje telefoni


Yanditswe kuya 29-10-2012 - Saa 08:20' na Deus Ntakirutimana

‘BK MP’ (BK Mobile Payment), ni uburyo bwa Banki ya Kigali bufasha umuntu kwishyura ku mafaranga afite kuri konti ye ya BK akoresheje telefoni. Ubu buryo bugamije gufasha abakiriya ba Banki ya Kigali kwirinda gutakaza igihe bamaraga bafata amafaranga kuri banki baza gukoresha mu guhaha no kugura serivisi zitandukanye.

Mobile Payment, ikoreshwa n’umukiriya wa Banki ya Kigali yishyura amafaranga mu mahahiro, mu tubari n’ahandi hose hamusaba amafaranga.

Uwihoreye Emile, umukozi w’iyi banki ushinzwe iyi gahunda, avuga ko bayishyizeho nk’uburyo bwo korohereza abakiriya babo kutagendana amafaranga harindwa umutekano wayo.

Ibi kandi ngo bituma umuntu adata umwanya we agana kuri banki mu kubikuza amafaranga yo kwishyura, mu gihe ashobora no kuhagera ugasanga aranasabwa gutora umurongo bityo akazi ke kagapfa.

Umukiriya asabwa kuba yariyandikishije muri iyi gahunda ubundi akishyura akanishyurwa nta nkomyi mu gihe kiri hagati y’amasegonda atanu na 15.

Kirenga Sarah ushinzwe itumanaho muri iyi banki, yemeza ko ari uburyo buzazamura Abanyarwanda mu bukungu no kwiteza imbere, dore ko ngo bukorerwa kuri telefoni kandi Abanyarwanda benshi bakaba bazifite, bityo bakazajya bishyurana mu gihe icyo ari cyo cyose n’aho waba uri hose, utanafite impungenge ku mafaranga yawe.

Mu ntangiro iyi gahunda yatangiranye n’ibigo 125 byo mu Mujyi wa Kigali harimo amahahiro, utubati, farumasi n’amahoteri ; mu minsi mike ikazagera mu bigo bitanu byo mu ntara.

Hari gahunda yo kuzayigeza no mu duce tw’icyaro mu minsi iri mbere bitewe n’uko abantu bazajya bayitabira.

Iyi gahunda ikorwa n’abakiriya bashaka kwishyurana amafaranga atarenga ibihumbi 100, kuko ushaka kuyarenza mu kwishyurana abisabira uburenganzira Banki ya Kigali.

Ku biciro byo kwishyurana, kuva ku ifaranga rimwe kugeza ku mafaranga ibihumbi bitanu ikiguzi ni amafaranga mirongo itanu (50) ; hejuru yayo kugeza ku bihumbi 10 ukoresheje ubu buryo atanga amafaranga ijana (100) naho ku wishyura kugeza ku bihumbi 100 atanga ikiguzi cy ;iyi serivisi kiba 200.

Uko kwishyura nyirizina bikorwa

Gukoresha ubu buryo bisaba kuba warafunguje iyi gahunda muri BK. Uwishyura akanda akanyenyeri (*) muri telefoni ye, agakurikizaho umubare 334 agakurikizaho urwego ubundi akemeza.

Hakurikiraho kwakandika umubare w’amafaranga yishyura nanone akemeza.

Nyuma uwishyura asabwa gukoresha umubare w’ibanga aba yohererejwe agiye kwishyura, uwishyuwe na we akabona umubare w’ibanga agomba kwemeza kugira ngo abone amafaranga yishyuwe.

IBITEKEREZO
Iriya code dukoreshya tureba balance kuri konti zacyu niyo tuzajya dukoreshya no kwishyura mu masoko ?
Musubize30.10.2012 saa 02:42
rita
wow ! this is what we ar waiting for !! VIVE BK
Musubize29.10.2012 saa 12:55
Omel
Ubu buryo ni bwiza cyane njye nibyo nsigaye nkoresha gusa kuko bunyorohereza nkikomereza gahunda zanjye ntahuye na stress yo kujya kuri bank. iyo nishyura nkanda *334*0*paycode (mpawe n' umucuruzi)# then Yes. Bravo BK dukunda tuzakugwa inyuma.
Musubize29.10.2012 saa 10:40
Mugara
Ndabemeye peeee !! Muri abambere rwose, mwadukijije karabaye !!
Musubize29.10.2012 saa 10:39
heza

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!