Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi mu Burengerazuba bw’u Rwanda ni umwe mu mirenge yo muri ako karere ikigaragaramo ubuharike bukabije, ibi ndetse akaba ari byo nyirabayazana w’amakimbirane akunze kugaragara mu ngo zimwe na zimwe zigize uyu murenge.
Nubwo bimeze gutya ariko ubuyobozi bwo burasaba abatuye uyu murenge kutihererana ibibazo baba bafite, kuko inzego z’ibishinzwe zihora ziteguye kubikemura, ibirenze ubushobozi bw’inzego z’ibanze icyo abaturage bafashwa ni ukubakorera ubuvugizi mu zindi nzego.
Abatuye uyu mugenge kandi barasabwa kubahiriza amategeko n’amabwiriza, yashyizweho n’ubuyobozi, birinda inzira z’amahugu atera amakimbirane.
Ni muri urwo rwego ngo Ubuyobozi bw’Umurenge wa bugarama bwihaye gahunda yo kwegera abaturage, ngo hajye hamenyekana kare ibibazo bahura na byo bityo bivugutirwe umuti hakiri kare.
Abaturage twaganiriye batangaza ko ibibazo bahura na byo cyane bituma berekeza iy’inzego z’ibanze buri munsi, biba bishingiye ku masambu n’iby’imibanire yo mu ngo.
Uyu murenge wa Bugarama ni umwe mu mirenge ikigaragaramo ubuharike bukabije, bitwe n’abahazanwa no kuhashaka imibereho n’ibindi byangombwa bikenerwa mu mubuzima bwa buri munsi nk’uko abaturage ubwabo babitangaza.
Ariko hari n’ababa badashaka kuva ku izima, bahora bacunga ko hari ubuyobozi bushya bwajyaho ngo bongere babyutse ibibazo biba byarakemuwe kera.
Ibi bituma haboneka ibibazo biba agatereranzamba ku buryo bibasaba ko buri muyobozi wese ugiyeho aba yiteze guhangana nabyo ; ariko Umuyobozi w’Umurenge wa Bugarama Gatera Egide yatangaje ko ingamba zihari kuri ibi byose, ari ugufatanya n’izindi nzego bikavugutirwa umuti kugira ngo bitazajya bibuza abaturage gukora ngo biteze imbere.
Jean Pierre Niyibizi ushinzwe Itangazamakuru mu Karere ka Rusizi
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |