IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Gakenke : Abagore b’i Ruli biyemeje gucuruza nubwo hari ikibazo bahuye nabyo


Yanditswe kuya 7-08-2012 - Saa 09:55' na Abdou Nyampeta

’’Ubu twiyemeje guhaguruka turekana ibihangano byacu haba hano mu Rwanda ndetse no mu mahanga, tugacuruza tukabona amafaranga kandi tugakomeza kwihesha agaciro’’

Ibyo ni bimwe mu bitangazwa na Mukankuranga Beata, Umunyamuryango wa Koperative y’Ubukoririkori yo mu Murenge wa Ruri (COVARU) utuye mu Kagari ka Busoro, Umurenge wa Ruli, Akarere ka Gakenke, Intara y’Amajyaruguru, mu kiganiro yagiranye na IGIHE kuwa mbere, tariki ya 6 Kanama 2012 i Gikondo ahabera imurikagurisha mpuzamahanga rya 15.

Iyi Koperative igizwe n’abagore, biyemeje kwivana mu bukene bakora imitako, uduseke, inkangara, ibyibo, n’ibindi bikoresho bitandukanye byose bikorwa mu birere n’imigwegwe, baterwamo inkunga n’Inama nkuru y’Abagore.

Mukankuranga Beata, avuga ko aribwo bwa mbere Koperative yabo ije mu imurikagurisha mu rwego mpuzamahanga. Agira ati ’’ Twaje hano tuje kumurika ibihangano byacu kugirango bimenyekane kandi tugurishe tubone amafaranga. Icya kabiri twaje no gushaka kumenya uko abandi bakora kugirango tubigireho cyangwa se nabo batwigireho’’.

Mu bibazo bahuye nabyo hari nko gutaha batinze bakabura imodoka ibacyura ndetse n’icika ry’umuriro w’amashanyarizi rya hato na hato aho bamurikira.

IBITEKEREZO
ariko ntamuntu uzi ahantu ababantu bari ngo ya madorari ngo atahe murwanda
Musubize8.08.2012 saa 09:02
theophile

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!