IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Gisenyi : Utubari na Resitora byugarijwe n’umwanda byafunzwe


Yanditswe kuya 16-08-2012 - Saa 01:45' na IGIHE

Kudasuzumisha abakozi indwara zanduza, kutagira amasezerano na koperative zitwara imyanda, kutagira igikoni kiboneye no kutagira ibyobo bifata amazi y’umwanda, ni bimwe mu byatumye resitora n’utubari icumi two mu Kagari ka Bugoyi mu Murenge wa Gisenyi zifungwa, kuko zitujuje ibisabwa n’amabwiriza agenga isuku.

Habiyambere Eliya umukozi w’Umurenge wa Gisenyi wari mu itsinda rigenzura isuku yasobanuye ko abakozi b’Umurenge wa Gisenyi kuwa Gatatu biriwe mu gikorwa cyo kugenzura isuku, mu Kagari ka Bugoyi mu midugudu ya Nyakabungo n’Isangano, bahereye ku tubari, resitora, inzu zicumbikira abagenzi, alimentation n’inzu zicururizwamo amata, basuye ahantu cumi n’umunani. Icumi muri zo zikaba zafunzwe kubera kutuzuza ibiteganijwe mu mabwiriza agenga isuku.

Amakuru dukesha urubuga rwa ORINFOR avuga ko bamwe mu bafungiwe bimwe mu bikorwa byabo, batangaje ko inama bagiriwe bagiye kuzubahiriza mu buryo bwihuse, dore ko abenshi bivugiraga ko bifuza gukorera ahantu hari isuku.

Muri uku kugenzura isuku byakozwe n’abakozi b’umurenge wa Gisenyi, bizakomereza no mu tundi tugari n’imidugudu yose. Abafungiwe kandi bagomba kumenya ko bafungurirwa bamaze kwishyura amande kuri konti y’Akarere. Akaba ari muri urwo rwego buri muntu wese asabwa kugira isuku aho ari hose n’igihe cyose.

IBITEKEREZO
Nibyo rwose kujya muri restora cyangwa bar ukahakura indwara kandi ukishyura ntabwo aribyo. Ikindi ucururiza ahatameze neza aba abangamiye abakiriya kuko abaha serivisi mbi akabangamira nabo bacuruzanya bubahiriza ibyo basaba kuko bagabana abakiriya kandi we atujuje ibyangombwa gigatuma rimwe narimwe agabanya n'ibiciro kuko nta mafaranga agenda ku isuku ku bikoresho n'ibindi ahubwo muzabakorere lisiti y'ibyo bagomba kuba bafite bakajya bayihabwa mbere yo kwemererwa guhungura. Mperutse kurara ahantu bati hari amazi ashyushye bakishyuza menshi kandi ntayo ukareba gutonga ku munsi umwe ukabireka
Musubize16.08.2012 saa 04:58
kamanzi A

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!