IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Gutwara abantu mu Mujyi wa Kigali byahinduye isura


Yanditswe kuya 6-07-2012 - Saa 08:27' na Kwizera Emmanuel

Ikigo cy’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA), Umujyi wa Kigali, Polisi y’igihugu, n’Abatwara abantu n’ibintu kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Nyakanga bamurikiye abanyamakuru uburyo bushya imidoka zitwara abantu mu mujyi wa Kigali zigiye kujya zikoreraho aho zahawe aho zizajya zikorera ndakuka ndetse na numero zitandukanye bitewe n’uduce zashyizwemo.

Bitewe n’uko abaturage benshi bataha mu masaha yo ku mugoroba baburaga imodoka zibacyura kuko zitahiraga mu masaha zishakiye, ngo nta modoka izongera kujya itahira igihe ishakiye. Izikorera mu Mujyi wa Kigali zose zashyizwe mu mashyirahamwe (Koperative) kuburyo zizarangwa n’imikorere imwe zikajya zinataha ari uko abagenzi bashize mu muhanda, dore ko ngo abagenzi batazanongera kurenza iminota itanu bakizitegerereje ku cyapa.

Buri sosiyete itwara abantu, yahawe agace izajya ikoreramo, buri modoka ihabwa nimero iyiranga bitewe n’agace bayihaye kuburyo nta n’imwe izongera kujya ikorera aho yishakiye. Muri “cartier commercial” kandi ngo barimo kwiga uburyo hajya hanyuzwamo imodoka zigafata ndetse zikajya zinahasiga abantu nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Ndayisaba Fidèle.

Ndayisaba yakomeje kandi atangaza ko nyuma y’uko abenshi bavuga ko bahura n’ikibazo cy’ubwinshi bw’imodoka ziri mu mujyi wa Kigali, ngo bitewe n’uko buri wese atagomba kumva ko agomba kugenda mu modoka ye harimo gutegurwa uburyo bwo guteza imbere uburyo bwo gutwara abantu muri rusange bakagenda muri bisi aho kugenda mu modoka ntoya nyinshi (ivatiri, jupe n’izindi) mu gukemura ikibazo cy’umubyigano w’imodoka kuko ngo zifunga umuhanda.

Ngo mu rwego rwo kugabanya ubwinshi bw’ibinyabiziga mu mihanda ikoreshwa cyane, hakozwe imihanda myinshi mishya ya kaburimbo itandukanye, dore ko muri uyu mwaka mu ngengo y’imari harimo n’indi myinshi izakorwa.

Ikigo cya RURA, cyatangaje ko imodoka zifite icyapa cya No 1 arizo KBS, zizajya ziva mu mujyi zikanyura Rwandex na Remera zigana Kabeza. Izifite icyapa No 2 za R.F.T.C zizajya ziva mu Mujyi zinyuze Rwandex na Remera, zikerekeza i Kanombe. Izifite icyapa No 3 za R.F.T.C zizajya zihagurukira mu mujyi, zinyure Kimihurura, kwa Lando, Kimironko hanyuma zigarukire mu Izindiro. Izifite icyapa No 4 za Royal, zizajya zihagurukira mu mujyi zinyure Rwandex na Kicukiro zihagurukire i Nyanza (ya Kicukiro).

Asaba Katabarwa Emmanuel ushinzwe ingendo muri RURA yatangaje ko mu duce tutavuzwe, hashyizwemo intoya za minibus (tagisi), dore ko zanahagaritswe gukorera mu mihanda y’imodoka zahawe nimero.

Photo : Kwizera E.

IBITEKEREZO
ikibazo cya kabeza cyo kirabaje KBS ikemure vuba naho turahagarara ku cyapa Giporoso tukamara isaha nta mudoka kandi nyakatsi zacyu ntacyo zari zidutwaye ntabwo ibyo biabazo twahuraga nabyo none akabazo k amatsiko inyungu n izacyu cg ni zanyu ? niba ari zanyu ok !ariko niba ari izacyu muhindure imikorere ! urugero : hari abanyeshuri biga haruguru ya gare ibaze kuva kw ishuri bakamanuka hepfo ku kizuba bananiwe bagaharara isaha yose imagine ! mwakoze arrangement bus ikazajya izamuka kuri gare mu ma sita bakoreheza abana kurya ari bato ibaze kwambuka umuhanda mubyibazeho. thx
Musubize11.07.2012 saa 12:31
mami
nkawe uvuga ngo nubona versement uzajya witahira, muri make icyo ukeneye ni cash ubundi service ugomba gutanga ntacyo ikubwiye.ibyo ni nko kurangiza umuhango ngo nawe wakoze, birumvika ko udakunda umurimo ukora.ariko kweli mwagiye mwihangana mugakora neza ntimushyire inyungu zanyu imbere gusa.
Musubize11.07.2012 saa 10:48
narumiwe
Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com, Akavuyo.com,
Musubize11.07.2012 saa 00:47
ivubi
ariko nubwo mwabikunze mwibuke ko hari aho umuturage yategeshaga 100 hakaba habaye 250.byaba bimariye iki umuturage ?
Musubize9.07.2012 saa 11:05
sabo
nanjye nda bikunze abashoffeyr bashaka guharanira inyungu zabo uzi uburyo twiruka ku mudoka mu gitondo mu giporoso
HaaaaaaaI Imitwe ya,abaryi gusa !!!!
Musubize9.07.2012 saa 07:50
Fifi
Mutekereze kandi ku ma ligne nka 1.ville-Sonatube-Kicukiro HC-Rubirizi-Kabeza-Giporoso-Ville et vice versa 2. Ville-Kimironko-Kibagabaga hospital et vice versa N'izindi
Musubize9.07.2012 saa 04:14
Munyarwanda
IYI NI MITWE LA POLITIQUE C'EST L'ART DE GOUVERNER (SOIT POSITIVEMENT OU NEGATIVEMENT) UBWO RERO !!! NJYEWE NINZAJYA MBONA VERISOMA NZAJYAMPITA NITAHIRA KABISA. NAHO KURARA MUMUHANDA ??!!! REKA REKA BAZAGURE IZABO !!!
Musubize9.07.2012 saa 03:21
KIKI
Igihe cyose icyemezo gifatwa abo kireba(abaturage) batabigizemo uruhare ntimutegereze umusaruro mwiza uzavamo, akenshi abo bayobozi baba batugiwe akantu naba nyiri amamodoka. kuko umuturage w'u rwanda ntarahabwa agaciro mwirirwa muririmba. Umuturage = incomparable resource
Musubize8.07.2012 saa 06:56
mpanguhe@yahoo.fr
mubyigeho neza gusa mutugezeho ibijyanye nigihe mutabangamiye rubanda ndavuga abashora mari banyirizo modoka nabagenzi ubwabo nigihugu muri rusange
Musubize8.07.2012 saa 00:00
abdu
Dukeneye imihanda yo hasi mubutaka. Kigali ni nto hangomba gucukurwa munsi. Ahubwo mfite impungenge ko abakoze igishushanyo mbonera batabyibutse.
Musubize7.07.2012 saa 17:37
Andre
kabezawe ufite ikibazo wowe igiyemo KBS
Musubize7.07.2012 saa 12:57
pendo
KIBAGABAGA IZIRA IKI KOKO ? HARI AMASHURI, IBITARO NDETSE HARANATUWE PE !
Musubize7.07.2012 saa 07:35
PRIVE
Town -Kanombe bite ? Nyabugong-Kacyiru-Remara ho ra !! Kabuga se ?
Musubize7.07.2012 saa 04:09
Ineza Fred
Erega kimwe mu bitera umubyigano w'ibinyabiziga muri Kgl si ubwinshi bwabyo ahubwo ni imihanda mike cyane nayo mito : Kubona umuntu wese werekeje city center avuye Kacyiru,Kimihurura,Remera,Kimironko n'ahandi nta yindi nzira uretse Sopetrad ni ikibazo. Imihanda irahenda turabizi ariko Leta igerageze igabanye kugura biriya bimodoka bihenze ibanze itwubakire imihanda, cyane cyane muri za quartiers zose zimaze guturwa neza, nta kwibanda hamwe nkuko bimeze ubu. Abadafite izabo nabo bahabwe agaciro mu gutunganya bihamye transport mu mujyi,cyane amasaha yo kujya no kuva ku kazi. Kwigendera muri Jeep nziza utaguze ntibivuga ko byose byakemutse !
Musubize7.07.2012 saa 04:08
citoyen
Yes,Katabarwa. You putting in practice what you studies, I read your Msc thesis at Cornell. Keep it up !
Musubize7.07.2012 saa 01:53
cornell
muce akajagari k'aba chauffeur ba ma coaster baharanira inyungu zabo cyane batitaye kuz'umugenzi aho ligne ya KANOMBE yahindutsemo ama ligne 3. ni ukuvuga bakuvana i kanombe bagera i Remera bagakuramo abantu bose, bakongera bagapakira kujya mu mujyi, bagera statistic bagashyiramo abazenguruka CHUK. Mubyigeho yongere ibe ligne imwe kuva KANOMBE-CHUK. thanks
Musubize6.07.2012 saa 16:19
UWABAHIZI
Nyamirambo baharekeye Hiace kuko ntazabayobozi zirimo,ariko mana we,twarabavumbuye.kuki se muvuze zirita zonyine ?mwitonde twarabavumbuye inda nini we ?ngo mwafashije abaturage ?mujye mwirira ikibazo nuko mudahaga.
Musubize6.07.2012 saa 15:08
mama
ngaho nimukomeze mudutobere igihugu mu minsi itari mike muzabona ko mwibeshye mujya gufata ibyemezo mutatekerejeho neza cyangwa namwe ngo mwishyire mu mwanya wa rubanda ruciye bugufi kuko akenshi nirwo ruharenganira
Musubize6.07.2012 saa 12:40
maboko
gutura Kabeza we !!! amazu yari ahendutse ari transport ahaaa !
Musubize6.07.2012 saa 12:23
zawo
1 | 2 | 3

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!