IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Guverineri Uwamariya arasaba ko abaturage bafashwa guhiga


Yanditswe kuya 28-05-2012 - Saa 19:27'

Kuri iki cyumweru mu Kigo cy’Amahoro n’Imiyoborere cya Nkumba mu Karere ka Burera, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Odette Uwamariya yatangije ku mugaragaro Itorero ry’Abanyamabanga Nshingabikorwa b’Utugari tugize Intara y’Iburasirazuba.

Imbimburiramihigo z’Intara y’Iburasirazuba zingana na 496 (abagore 105 n’abagabo 391) uyu munsi zari zifite morale n’ibyishimo ubwo zakiraga Guverineri i Nkumba aho bari mu Itorero kuva kuwa 23/5/2012 yaje gutangiza ku mugaragaro iryo torero rizasozwa kuwa 4/6/2012.

Nyuma yo gutanginza ku mugaragaro iri torero, nta wundi Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari wemerewe kuza mu itorero ry’iki cyiciro. Mu ijambo Guverineri yagejeje kuri izo ntore, yabanje kubagezaho intashyo z’Abanyaburasirazuba ndetse anabashimira ko batatezutse kubyo yabasabye kugira ikinyabupfura n’ingufu.

Guverineri yabasabye kuzatoza abayobozi b’Imidugudu no kuzafasha imidugudu n’abaturage gutegura imihigo y’umuryango ya 2012/13 bityo bakaba imbarutso n’umusingi w’iterambere bafasha gucunga umutekano, kurwanya ibiyobyabwenge ndetse no gushishikariza abaturage gahunda za Leta.

Guverineri yasezeranyije Intore ko we n’Abayobozi b’Uturere bazaza gutaramana nabo mbere yo gusoza iryo torero.

Abandi bari bitabiriye itangizwa kumugaragaro ry’iri torero ni Umuyobozi Mukuru muri MINALOC ushinzwe Imitegekere y’Igihugu, Fred Mufulukye, Umutahira w’Intore, Rucagu Boniface ndetse n’umwungiriza we Ntidendereza William n’abandi bakozi b’itorero ndetse n’intumwa za MINALOC.

JPEG - 72.6 ko
Intore zishyiraho morale
JPEG - 85.2 ko
Guverineri Uwamariya ari kumwe n’intore bacinya akadiho
JPEG - 55.8 ko
Hari n’abayobozi batandukanye
IBITEKEREZO
@umusomyi : Thanks a lot ! Noneho ndasobanukiwe !
Musubize30.05.2012 saa 08:15
Berya Hagenbarn
@Berya Hagenbarn, hashize imyaka itari myinshi habayeho itorero ry'Igihugu riyobowe na Rucagu Boniface. Iryo torero rishinzwe kwigisha abanyarwanda Umuco nyarwanda n'Indangagaciro zawo (ubunyangamugayo, gukunda Igihugu, gukunda umurimo, etc..) ndetse no kumenya kirazira izarizo mumuco wacu. Umuntu wese unyuze mungando ziba zateguriwe kwigishirizamo ibyo mvuze haruguru abayabaye Intore. Muri make nibyo, nabandi banyunganire. Intore ntiganya Ishaka ibisubizo, iyo niyo slogan yacu.
Musubize29.05.2012 saa 15:10
umusomyi
ese akazi k'intore ni akahe ? ndasobanuza ntabwo mbyumva neza. ni nka za ngando se najyaga mbona kera bakuru bacu bakoraga mbere ya kaminuza ??nabo babaga bambaye gisirikari. ni ishyaka se ? cg ni umuryango nk'uwa aba scouts ??? tell me please, sinjya mbyumva neza kuko aho mbisomye hose haba hariho comments zimwe zibivuga nabi, izindi zibivuga neza, muri make i'am confused !
Musubize29.05.2012 saa 09:01
Berya Hagenbarn
Ndumva nkumbuye kujya mungando y'intore pe !uzi ubusabane n'ibiganiro biba biriyo !Mureke abavuga bavuge bafite ibyo baba bihishe inyuma !maze kujya mungando z'intore nyishi ariko ntakibi ndigishirizwayo.Ubumwe bw'Abanyarwanda,gukunda igihugu,iterambere ry'u rwanda no kubirinda nibyo bivugirwa hariya gusa gusa.Naho ubundi abantu hano bivugira nyine ibiba biri mumitima yabo !
Musubize29.05.2012 saa 03:36
######
John muvandimwe, ntube confused, izi ntore zambaye full combatt, at a given time in a given situation ziliya ntore bazitumaho maze bakaba intore nya ntore koko !!!
Musubize29.05.2012 saa 01:58
murasandoyi@yahoo.fr
John utangajwe n'uko ubonye Abanyamabanga nshingwabikorwa b'Utugali bamabaye uniform yewe ntuba mu Rwanda kwambara inyenda nkiriya sukuvuga ngo n'umusilikare, gusa n'uniform ibafasha kwisanzura bakagaragara nkumuntu umwe.niba ntamahugwa wari wacamo ndagusaba ko wazegera abakora iriya gahunda y'intore nawe uzajyeyo uhumurirwe nibikorwa byabo ureke kwigira inzanga ube umuntu uzi gahunda ya Leta.
Musubize29.05.2012 saa 00:34
ijeke
Biraryoshye pee."lntore ntiganya ishaka ibisubizo kaci kaci"
Musubize28.05.2012 saa 22:23
Ka.
Buri wese atoragura ibyo aabonye bimugwa neza .Ibitagira gahunda i ko bigenda ..Ngo imihigo mu gucunga umutekano kuko imirwano yabazibiranyije.
Musubize28.05.2012 saa 17:21
zigaminseko
John iyo utaciye hariya ntiwabimenya.for being umoja babashakira umwambaro usa,ntabwo ari abasirikare.
Musubize28.05.2012 saa 15:37
kk
@John, uheruka mu Rda ra ? nibura se ujya usoma amakuru ? niba ubivugiye imyenda bambaye, it's just uniform, abari mungando bose barayambara, abanyeshuri, ibyiciro byose by'intore zaciye nkumba, etc...UTEXIRWA irayikora kuburyo bwihuse bakabaha bagakorana ingando, that's all.
Musubize28.05.2012 saa 15:12
umusomyi
None se bafashijwe guhiga gute ?
Musubize28.05.2012 saa 15:01
Jacky
Ariko John we, reka kunsetsa ! Hari igikorwa mu Rwanda kitarimo abasirikare ?
Musubize28.05.2012 saa 14:32
muswezi
ntore se ni abasirikare ? ko mbaye confused !
Musubize28.05.2012 saa 13:03
john

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!