IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Haje impinduka nshya mu gutanga buruse muri kaminuza


Yanditswe kuya 13-03-2013 - Saa 15:34' na Emmanuel Kanamugire

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko mu mitangire y’inguzanyo ifasha abanyeshuri biga mu mashuri makuru na za kaminuza “ buruse” hagiye kubamo impinduka uhereye mu mwaka w’amashuri 2013-2014 hagabanywa umubare w’abirengerwaga gufashwa na Leta.

Muri izo mpinduka, MINEDUC yabwiye itangazamakuru ko abanyeshuri bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe ari bo bazajya bahabwa amafaranga abafasha kwitunga mu gihe yatangwaga kuva ku cyiciro cya mbere kugeza ku cya kane.

Ibi bigiye gukorwa mu gihe umunyeshuri wese wabaga yabonye amanota menshi yahabwaga inguzanyo y’ikiguzi cy’uburezi azishyura ku nyungu iri hagati ya 5 na 7% arangije kwiga, hatitawe ku kureba ko yifite cyangwa akennye, kandi abari mu byiciro by’ubudehe kuva ku cya mbere kugeza ku cya kane bagahabwa amafaranga yo kubafasha kwitunga.

Fred Mugisha, Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’uburezi REB ushinzwe iby’inguzanyo ya buruse, yabwiye abanyamakuru kuri wa 13 Werurwe 2013 ko gushyiraho uburyo bushya byemejwe n’Inama y’umushyikirano ya cyenda, kuko ubusanzwe byari umutwaro kuri Leta.

Yagize ati “Uburyo busanzwe bwahendaga Leta kuko uko abanyeshuri biyongeraga n’ingengo y’imari na yo ni uko, kandi uko iyi nguzanyo yagaruzwaga byari bikiri ku rwego rwo hasi.”

Muri iyi gahunda nshya bitaganyijwe ko abanyeshuri bo mu cyiciro cya gatatu n’icya kane cy’ubudehe bazajya bahabwa inguzanyo ya 50% y’ikiguzi cy’uburezi, urundi ruhare rukaba urwabo naho icya gatanu n’icya 6 bakirihira byose.

Ikindi ni uko ku banyeshuri bajyaga boherezwa kwiga mu mahanga bizajya bikorwa habanje kureba ubushobozi bw’umubyeyi yaba yifite na we akabigiramo uruhare.

Mu gihe ababyeyi bashishikarizwa kugira uruhare mu myigire y’abana babo mu mashuri makuru na za kaminuza, igiciro cy’ikiguzi cy’uburezi cyaragabanyijwe kugeza ku bihumbi 830 mu mashami yose ya Leta mu gihe cyari 1 ,250, 000 ku biga ibijyanye n’ubuvuzi n’ibihumbi 950 ku bandi basigaye.

Mu rwego rwo kugabanya ikiguzi cy’uburezi mu Rwanda, Minisitiri w’Uburezi, Dr Vincent Biruta, yatangaje ko hakorwa inyigo y’uburyo imyaka umuntu amara mu ishuri yagabanywa, ikaba yava kuri ine ikaba itatu no kugabanya ikiruhuko usanga n’abarimu bakomeza guhembwa kandi badakora.

Biruta avuga ko n’ubusanzwe hari benshi biga biyishyurira mu mashuri makuru na kaminuza byigenga, usanga bari hafi kuruta abiga mu mashuri ya Leta, .ati “Leta yirengera uburezi bw’ibanze bw’umunyeshuri ntiyakomeza kwirengera ubwo mu mashuri makuru.”

MINEDUC itangaza ko mu gihe iyi gahunda nshya izaba yashyizwe mu bikorwa amafaranga Leta yajyaga itanga azagabanuka ashyirwe mu bikorwa remezo byafasha kuvugurura ireme ry’uburezi nk’inyubako ibitabo, za mudasobwa n’ibindi.

Kugabanya umubare w’abahabwa amafaranga ya buruse muri za kaminuza byari byateje impagarara mu mwaka w’2011.

Minisitiri w’uburezi, Dr. Vincent Biruta
IBITEKEREZO
BIRUTA yikwirengagiza yuko abana benshi bize secondary barihirirwa n'imishinga.ese Rucagu na Biruta babanje kubyigaho cq bur'umwe afat'imyanzuro uko abyumva ? ntakuntu Rucagu yabwira abana ngo bitabire urugerero ,Biruta nawe ngo buruse kwaheri.sorry
Musubize6.04.2013 saa 03:01
MORGAN
Mutabarize abatuye mu cyaro kuko ibyo gushira mu byicyiro babikoze nta bu menyi babifiteho,mbesi bakabikora basa nabikinira.Urugero aho ntuye hari umugabo urya ari uko avuye guhingira abandi. Bamushize mu cyiciro cya 1 arabyanga ngo ashaka icya 3.
Musubize25.03.2013 saa 13:37
Desire HABIYAMBERE
tureke kwirirwa dutanga imibare myinshi yabarangiza amashuri turebe icyo bakora barangije birababaza gusanga umuntu engineer ahagaze kudusaro de coiffure reta NIREBE UBURYO YAJYA IFATA ABASHOBOYE BIGE NEZA NAHO GUSOHORA BENSHI BANTAKAMARO DORE KUSANGA ARIBO BABONA AKAZI NAHO BASINYA SERVICE ARUKUHABERKA MUSHISHOZE
Musubize17.03.2013 saa 16:43
BITANA
ubu burezi bwacu buradandabirana peee ! ariko se ubundi nigute umuntu ushaka ireme ry'uburezi,yatanga amahirwe yo kwiga agendeye kubukire,ubukene cg igitsina njye mbona yakagendeye kumitsindire y'umunyeshuri .
Musubize17.03.2013 saa 12:02
######
no gucikisha amashuri muri kaminuza bigiye kubaho iyo myanzuro nifatwa hatitawe kumibereho yo mumuryango umuntu avukamo,hari uwarangije secondaire yibera hanze y'ikigo cyangwa ataha iwabo,none uwo azabaho ate avuka i rusizi akiga muri isae-busogo(example).ndumva niba hakwiye ireme ry'uburezi ministeri yareka uwatangi akarangiza ibyo bikareba abagiye gutangira,nubundi uwatangiwe amafaranga narekeraho kwiga azaba ahombye ndetse na leta bibe uko.murakoze ibi bitekerezo mubitugereje kuri minister byaba byiza.
Musubize17.03.2013 saa 06:15
serberino
aaaaaaaaaaahhh ? ubwo tuzareba umusaruro w' ibyo byemezo kuko ntacyo twahinduraho.
Musubize16.03.2013 saa 04:27
intore 224
Ahaa ibibazo byose ni president uzajya ubicemura ahaa rubanda rugufi ntakwiga pee
Musubize15.03.2013 saa 15:26
Higiro
jye ndabona hari ikibazo gikomeye muzzehhe wacccu ujya atugoboka ahakomeye muzamutubarize iyi myanzuro itarategujwe abajyenerwabikorwa ni ba ariyo .iyo batirirwa batwohereza muri za kaminuza umuntu agaturiza home tutarata igihe muri za kaminuza tutiteze kurangiza kandi baradutanze ho menshi atazanagaruka
Musubize15.03.2013 saa 14:01
ndayisaba viateur
jye ndabona hari ikibazo gikomeye muzzehhe wacccu ujya atugoboka ahakomeye muzamutubarize iyi myanzuro itarategujwe abajyenerwabikorwa ni ba ariyo .iyo batirirwa batwohereza muri za kaminuza umuntu agaturiza home tutarata igihe muri za kaminuza tutiteze kurangiza kandi baradutanze ho menshi atazanagaruka
Musubize15.03.2013 saa 14:01
ndayisaba viateur
Iyi mpinduka Biruta azanye ije kiutesha agaciro guverinoma y'u Rwanda mubaturage no murwaruka rw'abanyarwanda ariko narwo Rwanda dushingiraho ubumwe, amajyambere, n'iterambere bihamye ni akaga mugomba kwamagana. Ibi nibyo ababanenga bazaheraho nako bije gushimangira ko mukandamiza abaturage. Muhembwa atagira ingano abaturage izara ibica none muti haziga abafite base gagira icyo batanga. Ibi nibyerekana uko mwikubira byose rubanda rugufi rukahagwa n'abana babo mukabaobuza amhirwe yogutera imbere no kwiteganiriza ejo hazaza heza. Mugombe mubisubiremo ritaranga kuko ibi ntituzabyemere.
Musubize15.03.2013 saa 13:11
ndababaye
iyo bamaze guhaga umushahara wikirenga bigenera ntibifuza ko mwene ngofero nawe yaterimbere baba bumvako ayo mafaranga yazajya afatwa nabana babo muri future ,baturense natwe tukiga nubundi bakazasimburwa nabana babo nibura tukazaba abakozi babo bo murugo ariko natwe dufite A0
Musubize15.03.2013 saa 11:54
kevin
MUBAREKE BAKORE IBYO BASHAKA, MBABAJWE NUKUNTU UMUKENE AZAHORA ARUMUKENE. GUSA IMANA ITAJYA IBURA UKO IGIRA MWIHANAGNE IZATABARAA. KANDI YUMVA ABABABAYEEE, NKATWE ABANA BABAKENE. KANDI IZADUSUBIZA.NIZO BURUSE BAZISUBIZEHO
Musubize15.03.2013 saa 09:08
MUGABO
buriya uziko abantu aribo batera abandi umutima mubi ndikureba iyifoto nkumva amarira agiye kugwa
15.03.2013 saa 14:10
kevin
njye mbona ataribyo kwihutira kuko bisaba igihe kirekire cyo kubitegura kubera ko mbona ko ingaruka zabyo zazaba ingorabahizi ntibabashe guhangana nazo
Musubize15.03.2013 saa 08:05
kadhafi
njye ndabonaho kuzanudshya muri mineduc barikuzanutubi,nawese ako gashahara kariko kadutunze nabwobaranakambura, iyobakozagashya kazagatinze,rumva rubanda rugufi rutagiye kuburizwamo ?, ariko buriya ntakibyihishinyuma ?
Musubize15.03.2013 saa 07:18
munoza doreen
Ibi njye ndabimenyereye, baba bagirango bumve icyo mvuga./ aho bahereye se bakuraho buruse kandi ntanicyakurikijwe muby'ukuri murakeka ko bagiye gucharginga n'amafrw ya minerval hanyuma bigashoboka ? nibareke kuturisha umutima iocyo nzicyo ntibabikora. ikindi kandi nuko babivuga hanyuma muri kwa kubigerageza kubikoraa ugasaanga hari ababigwamo. njye mbona baba bamezer nkabibereye muri research.
Musubize15.03.2013 saa 05:03
dj mario
1.ibyiciro by'ubudehe bisubirwemo byiganywe ubushishozi 2.salaire z'abadepite,sena n'abaministiri byigweho basagurire abanyarwanda babaye 3.ibigo bya Leta bya Baringa bisuzumwe biveho 4.hashyirweho ingamba zihamye mu kwishyuza abigiye kuri buruse
Musubize15.03.2013 saa 04:40
NDIMUBYAGO
yewe ni akumiro gusa . ariko se mbona n'ubuyobozi bugeraho bugahubuka , ibaze ejo bundi 2011 bakuraho burse ukuntu ibibazo byari byavutse abanyeshuri bamwe bajya kwiyahura , none ngo kwirihira minerval....! abo bafata ibyo byemezo nibabanze bagabanye akayabo k'umushahara bahembwa n'amamodoka ahenze bari guhabwa bareke kutwica nabi ngo baratubuza kwiga dore ko n'abana babo bo barikwiga mu mashuri yo hanze . principle ya ntamukene ukwiye kwiga turayamaganye......!!!!!!!
Musubize15.03.2013 saa 03:18
igitekerezo
REKA IBYO ABAYOBOZIBAKORA BIRATURENZE NEZA, NIBAGABANYE KWICA ABANA BO KWA NGOFERO
Musubize15.03.2013 saa 02:58
######
Bazajye bivugira ibyo bashaka, sibarangije kwigase, hari ingaruka zabazaho. Nawe urangije kwambuka ikiraro uziko utazakigarukaho unashaka wagihirika !
Musubize15.03.2013 saa 00:35

Ndashaka kuvugutira umuti iki kibazo kiri mu burezi cyagezaho kikaba agatereranzamba. Ipfundo ry'ikibazo mu by'ukuri riri mu ngengo y'imari ya leta. Dore aho amafaranga yava kugirango uburezi tubusubize agaciro kabwo. Umuti ngiye kuvuguta urarura ariko watuvurira uburezi muri rusange. Dore aho amafaranga n'ingufu byo gushyira mu burezi byava. 1. Sena iveho n'umutwe w'abadepite usigarane abadepite 60 gusa. Abo badepite mirongo 60 bajye bahembwa umwe umwe ibihumbi 500,000 RFW ku kwezi. Maze bemererwe kugira ibindi bakora bibazanira amafaranga nk'uko mu busuwisi bimeze. 2. Leta igabanye umubare w'abaministiri na za ministeri hasigare ministeri 10 gusa. 3. URwanda rufite ingabo zirenga 50,000. Bazigabanye hasigare 15,000 abavuyemo bajye mu nkeragutabara. Nkekako bitahungabanya umutekano w'igihugu ngo habe hari uwaruvogera mu gihe tuzaba dufite inkeragutabara cyangwa se abavuye ku rugerero barenga 200,000 mu gihugu wongeyeho n'abasore n'inkumi bajya mu rugerero buri mwaka. 4. Umuco w'amajipe ahenze ku bayobozi ucike 5. Hari amakomisiyo n'ibindi bigo bya leta bitagira umusaruro nabyo yavanaho cyangwa se akabivanga Ibyo bikozwe mwarimu yabona umushahara umutunze. Abarimu bagahemberwa niveau y'amashuli bafite. Umwarimu wese ufite diplome ya secondaire ( A2) agahembwa minimum 100,000 RFw ku kwezi. Ufite license wese cyangwa se BA agahembwa minimum 200,000 RFW ku kwezi. Babandi bari mu ngabo bafite A2 cyangwa BA zabo nababandi bakoreraga ibigo byavuyeho bahita bajya mu burezi kandi bakabyishimira kubera umushahara mwiza. Ahasigaye leta ikishyurira kaminuza nibura abanyeshuli 3,000 baje mbere mu manota mu kizamini cya leta. Maze noneho ukareba ngo vision 2020 ihise igera mu Rwanda muri 2014.
Musubize14.03.2013 saa 21:27
muyogoro
ku cya gatatu aho uracyakije ahandi hose uruwa 1 be blessed
15.03.2013 saa 02:20
claude
ibyo uvuga urumva aribyo ? cyakora ntawihuta nk'uwayobye banza ushyire ubwenge ku igihe.com
15.03.2013 saa 10:57
1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!