Imodoka 3 zagonganye na moto mu mpanuka yabereye mu muhanda uva Gikondo werekeza mu mujyi wa Kigali, impande ya sitasiyo ya Job Petroleum kuri uyu wa 1 Ukwakira 2012.
Iyi mpanuka yabaye ku isaha ya saa tatu n’igice (9:30) za mu gitondo ubwo imodoka 2 zari zishoreranye zituruka i Gikondo, zihita zigongana n’imodoka yari imbere yazo yashakaga gukata.
Muri iyi mpanuka umumotari yakomeretse ku buryo yahise ajyanwa kwa muganga kandi moto na yo yangiritse ariko umugenzi yari atwaye ntacyo yabaye.
Sindayigaya Jean D’amour wari mu modoka imwe muri zo zakoze impanuka, yavuze ko yari avuye kwa muganga kuvuza umwana we urwaye waje no gusubizwa kwa muganga nyuma y’impanuka.
Sindayigaya na we yavuze ko ababara mu gatuza no mu ivi n’ubwo nta gikomere afite.
Yongeyeho ati “Twari dupfuye habuze ato.”
Umushoferi umwe mu bakoze impanuka yavuze ko yari atwaye imodoka yo mu bwoko bwa Dina, ikamyo yari imuri inyuma yari itwawe n’umuntu witabaga telefoni yaje yiruka cyane afashe feri mu buryo butunguranye bituma abandi bagongana.
Umwe mu babonye imodoka zigongana, umukanishi bita Manzi Patrick yavuze ko imodoka yo mu bwoko bwa Beni yaje ikurikiranye na Dina, Beni ikubise Dina zose zikubita ku modoka yashakaga gukata.
Uwimana Bonaventure wari utwaye imodoka ikangirikira muri iyi mpanuka, yavuze ati “Impanuka ikimara kuba sinamenyaga ibyaberaga hano.”
Gusa inzego z’umutekano zahageze mbere, zavuze ko ikamyo yagendaga nabi ariko ikaba nta ruhare yagize mu mpanuka nk’uko bamwe babivugaga.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Byimana : Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira ikigo cy’ishuli
20.05.2013 |
|
Kigali : Hafunguwe urubuga ruzajya rufasha abantu kubona ibyangombwa byo kubaka
20.05.2013 |
|
Turkish Airlines igiye gutangira ubwikorezi bw’imizigo mu ndege izahuza Kigali n’indi mijyi
20.05.2013 |
|
Geneva : MIDIMAR yitabiriye inama mpuzamahanga yo kurwanya ibiza
20.05.2013 |
|
CHUK : Kugabanuka kw’amafaranga y’abaganga, ingaruka kuri serivise
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |