IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

I Kanombe ijerekani y’amazi iragura amafaranga 300


Yanditswe kuya 8-06-2012 - Saa 10:40' na Abdou Nyampeta

Abaturage bo mu midugudu ya Ruyonza, Amahoro na Gasaraba ho mu Murenge wa Nyarugunga, Akarere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, bahangayikishijwe n’ibura rya hato na hato ry’amazi ya EWSA, kuburyo kugeza ubu igiciro cy’ejerikani imwe kigeze ku mafaranga 300.

Nkuko twabitangarijwe n’abaturage bo muri iyo midugudu, ubu bamaze icyumweru cyose bafite ikibazo cy’ibura ry’amazi atangwa n’ikigo gishinzwe ingufu, amazi n’isuku EWSA (Energy, Water and Sanitation Authority.)

Ibi bituma bakora urugendo rurerura bajya kuyashaka aho ari. Bamwe bagenda n’amaguru amajerekani ku mutwe cyangwa ku mugongo, abandi bitabaza amagare, amapikipiki n’imodoka berekeza ahitwa “Segiteri” cyangwa mu gikombe cya “Gashyamba”. Aho niho byibura bashobora kuvana amazi.

Bakomeza batangaza ko urwo rugendo rubagora cyane, dore ko niyo bahageze basanganirwa n’umurongo muremure nawo utaborohera. Kugirango uwasigaye mu rugo abone ijerekani imwe ayitumye, bimusaba gutanga amafaranga 300.

Iki si ikibazo cya Kagari ka Nonko gusa, kuko nabatuye aho bita mu kajagari ka Kanombe, nabo icyo bagisangiye n’abaturanyi babo.

Bongeraho ko niyo amazi ya EWSA aje, atamara umwanya kandi aza n’injoro abantu baryamye.

Iryo bura ry’amazi rishobora guteza ingaruka zitari nziza ku buzima bw’abantu.

Twashatse kumenya icyo uruhande rwa EWSA rubivugaho. Dukoresheje umurongo wa talefoni, yaba Umuyobozi ushinzwe iby’amazi ku Buyobozi Bukuru ndetse n ‘ushinzwe isaranganya ry’ayo mu ishami rya Kanombe, ntibyashoboka.

Aba ni bamwe bahuye n’umunyamakuru wa IGIHE

Iyi nkuru tukazakomeza kuyikurikirana.

IBITEKEREZO
Abanyakanombe na Rubirizi bihangane,hariho harakorwa entretien y'imashini n'ibigega bya Karenge,kuko bidakozwe mwatangira kwinuba ngo barabaha amazi mabi. Naho abavuga ngo umuti ni ugucishamo umweyo,ngo wirukana umugore uhekenya igufa ukazana urimira bunguri. Ngo uwitonze amira ibinoze.
Musubize12.06.2012 saa 04:24
Gashabana
Ko numva Abanyarwanda dufite ibibazo ? Reka nsabe EWSA ko niba amazi ataboneka ahantu runaka bajya babitangaza hakiri kare bakamenya uko babyifatamo, cyangwa nyine HE arebe uko anyuzamo umweyo nubundi ruswa zakwa nabakozi babo zitumereye nabi. Aho i Kanombe mpora mpumva, ngo numuriro ubageraho saa sita z'ijoro niba baba bamurikira abajuru ntiwamenya ! Customer care ntibazi aho ibindi bigo byayigiye. Premier Ministre azabasure rwose turebe ko twagira amahoro, naho ubundi bafite agasuzuguro kajejeta. Ariko sinumvise ko hari abantu bashaka kuzana amazi ra, leta yabihereye EWSA bakayiyobora ko twagira amahoro !!
Musubize10.06.2012 saa 08:10
mushyitsi
aho 2020 turacyayibuka ra ? niba tuzubakisha iki ya magorofa njya mbona ku bishushanyo !!!!! ntimumbaze. ni gute umuntu abura amazi kandi afite ubushobozi bwo kuyishyura ibyo kandi bikaba muri uno mwaka wa 2012 ?
Musubize9.06.2012 saa 10:33
kanuma
EWASA ifite ibisobanuro bitajya bihinduka" amazi ni make, tuyafate neza" nonese amazi atangirwa ubuntu kuburyo umuturage yirirwa ayamena nkaho atazishyura facture ? Bagiye bareka kubeshya abanyarwanda ! Ukuntu ibiciro by'amazi n'umurio biri hejuru ugereranije no mubindi bihugu, ntibyumvikana ukuntu umuturage yajya asesagura amazi nkaho atazayishyura, EWASA ireke kujya itubeshya
Musubize9.06.2012 saa 01:19
gaga
Hari akana bita Dan kanyihaye ngo buri gihe mbona ibintu negativement none se yambwira uko iki kibazo cy'amazi twagifata positivement ? EWSA na Leta utabibwiye aho bipfira kugira biminjiremo agafu waba umaze iki ? Ubu tuvuge Bravooooo murakora neza ? Abaturage bacu nibarwara indwara z'isuku nke kubera kubura amazi uziko Binagwaho azabisobanura kandi atari we waburishije amazi ! Iyo hari gahunda Leta yihutirwa ubuzima burahagarara ikabanza ugashyirwa mu bikorwa. Nishyire n'agatege mu kibazo nk'iki kiba gishobora guteza impanuka y'ubuzima mu maguru mashya
Musubize9.06.2012 saa 01:03
Rwangombwa
Nimwihangane hari utubazo tekiniki tuzatungana vuba !
Musubize8.06.2012 saa 19:31
haba
Ubuyobozi bwa EWSA bwose bwagombye guhita bwegura kuko ntacyo bose bamariye abaturage. Bahemberwa iki niba ntacyo bakorera abaturage bashinzwe ? Hagomba kunyuzwa umweyo muri kiriya kigo nyamara. Ntibyumvikana ukuntu abaturage bakomeza kwiyongera mu mugi ntihafatwe ingamba zihamye zo kongera ingufu mu gushakira abantu amazi n'amashanyarazi akwiye ! Aho bukera choléra n'izindi ndwara ziva ku mwanda zirahitana abantu mu gihe mwebwe mwinywera amazi y'Inyange ! Sinibereye aha !
Musubize8.06.2012 saa 12:42
Migambi
Si i Kanombe gusa,ahubwo RURA nigire icyo ikora.
Musubize8.06.2012 saa 12:31
Incuti
VISION 2020 IRABAMARAMO UMWUKA EREGA ! KERA NTIBYABAGAHO !
Musubize8.06.2012 saa 11:25
nn
amazi amara ibyumweru bibiri ataboneka, iyo bayarekuye nabwo biba nk'iminsi ibiri kandi nijoro, none kuki EWASA ifungura amazi nijoro abantu baryamye, kabisa nahano sonatube niko bimeze, iki kibazo muzakibazo abo bayobozi, dukeneye ibisobanuro. leta izatureke tujye twigaragambya kubibazo nk'ibi bidafite aho bihurira na politike. Murakoze
Musubize8.06.2012 saa 11:11
droit@
ababishinzwe bazakurikirane impamvu z'ibura ry'amazi rya buri kanya, na hano sonatube rwose amazi ahora abura, bayafungura icyumweru kimwe, nyuma bakayafunga tugakubita ikindi cyumweru hafi bibiri ntamazi tubona. Rimwe naje gutekereza niba bamwe mubakozi ba EWASA baba badakorana nabigize barwiyemezamirimo kubucuruzi bw'amazi ? Leta izagenzure harimo ikibazo cya ruswa, EWASA igiye itanga amazi ntabashe kubura, ba rwiyemezamirimo ubucuruzi bw'amazi bwahagarara ! aya mafaranga bashobora kuba bayasangira nabamwe mubakozi ba EWASA. Mbere yuko umuriro cg amazi bibura, EWASA yarikwiye kujya ibanza ikamenyesha abaturage binyuze mw'itangazo, keretse gusa mugihe cy'impanuka. Ariko izi mpanuka EWASA igira burikanya kandi muduce tumwe ntizisobanutse !! Kuko jye nzi uduce tutajya tubura amazi cg umuriro umwaka ugashira undi ugataha !
Musubize8.06.2012 saa 11:01
didiye
Ikibazo cy'amazi giteye inkenke kabisa. Ariko Akagari ka Rubirizi EWSA ikigirizaho nkana, hari igihe amazi amara ibyumweru 2 ataraza. None se Yves Muyange (DG Electrogaz) n'abo bakorana bakurikiza iki mu gusarananya amazi ? Mu zindi karitsiye amazi ntabura. Kuki Kanombe, Rubirizi ariyo bibasira ? Hakwiriye ibisobanura kuko ibura ry'amazi ribangamiye ubuzima bwacu. Niba abanya Rubirizi muteganya imyigaragambyo yo kwamagana iki kibazo, nzayitabira. Murakoze
Musubize8.06.2012 saa 08:01
Ndahimana
amazi nibwo buzima,njye mbona aho kwirirwa bazamura imiturirwa ngo n'iterambere,bakagombye kubanza gukemura ibibazo byibanze,aho usanga basigaye bogesha ibiti za omo,kandi abandi nta mazi,mubitekerezeho neza.murakoze
Musubize8.06.2012 saa 07:30
Gisa
Nabe namwe munyuzamo mukayabona !!Murambi ya Gatsibo niba ari mu gihugu byaratuyobeye pe,ngo amazi yo ni inzozi peee !!
Musubize8.06.2012 saa 07:23
amazi ni ubuzima
IGIHE MURI IGIHE KOKO.UZIKO NARINZI KO AYAMAKURU MUTAYAZI KUBURYO NATEKEREZAGA KUBANDIKIRA NGO MUTUBARIZE IKI KIBAZO. EWASA IBA YICECEKEYE NTANUBWO UMUTURAGE AMENYA KO HARI IKIBAZO GITUNGURANYE CYAVUTSE NDETSE HARI NIGIHE UMUNTU YIBAZA KO EWASA YABA NTACYO IZI.NAHO BURETSE NUKUGURA 300 FRW NOKUBONA AHO UYAGURA BIRAKOMEYE.UMUTURANYI WAWE ASHOBORA KUYABONA NKI IMINOTA 30 GUSA WOWE NTANIGITONYANGA WABONYE.TURAHANGAYITSE PE.IGIHE MUTUBARIZE ABAYOBOZI BABISHINZWE.NYAKUBAHWA PRIME MINISTER AZASURE EWASA ABAGIRE INAMA Y'IMITANGIRE MYIZA YA SERVICE YAKAZI BASHINZWE NIBA HARI IKIBAZO BAJYE BAKIMENYESHA ABATURAGE NIBURA BAKIMENYE.EWASA NIDUFASHE IREBE UKO IKI KIBAZO CYAKEMUKA.MURAKOZE.
Musubize8.06.2012 saa 06:43
jbizagwira
Imazi ngo yabaye macye nayo INYANJYE ikayifatira !!!
Musubize8.06.2012 saa 06:32
PETER
Nta mazi nta buzima
Musubize8.06.2012 saa 06:29
Sekidende
vision 2020 ko mbona hari abariho bagenda the other way around ! nibihangane
Musubize8.06.2012 saa 06:25
john
Abo bantu birirwana amakerekani barimo kwangiza isura nziza y'igihugu twagezeho twiyushye akuya.
Musubize8.06.2012 saa 04:44
Tirant à
Nibihangane turaza kubikemura kandi bajye banakoresha neza ayo babonye.. Gusa njye nibaza icyo EWASA yibaza iyo ibona ibindi bigo bihigura imihigo ya buri mwaka, naho yo buri gihe ngo tugiye kongera amazi mu mujyi bigahora gutyo... Kanyombya niwe wivugiye ati "Umujyi utagira amazi urutwa n'icyaro".
Musubize8.06.2012 saa 04:32
karim

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!