Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere RDB, cyagiranye inama n’abanyeshuri biga muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda ishami ry’itangazamakuru mu rwego rwo gushikariza abarangije kaminuza batarabona akazi kwitabira iki kigo cyatangiye gutanga amahirwe yo kubafasha kwimenyereza akazi.
Apollo Munanura, umukozi muri RDB, yatangaje ko Leta y’u Rwanda yafashe umwanzuro wo gushyiraho iki gikorwa cyo gufasha abarangije Kaminuza batarabona akazi kwimenyereza umwuga mu rwego rwo kubongerera ubumenyi kugira ngo bageze ku isoko ry’umurimo.
Munanura yakomeje agira ati “Kurangiza Kaminuza gusa ntabwo bihagije, kubona amanota yo hejuru ntabwo bihagije, ahubwo umusanzu ugaragaza ku murimo ni byo bizaguha agaciro.”
Ikibazo cyagarutsweho ni ubuke bw’amafaranga ibihumbi 50 ahabwa uzitabira uku kwimenyereza, ariko basubizwa ko aya mafaranga atagenwe ari nk’umushahara ko ahubwo ari uburyo bwo kubafasha mu rwego rwo kubona itike ariko batangarizwa ko RDB iganira n’ibigo aba banyeshuri bajya kwimenyerezamo kugira ngo bagire icyo bongeraho n’ubwo abenshi ngo usanga batabikozwa.
Aba banyeshuri basabwe kudatinda kuri aya mafaranga, ahubwo bakihatira kongera ubumenyi bwabo bityo aho gushaka akazi mu Rwanda bigacika ahubwo bagashakira no hanze, dore ko ngo usanga inkuru nyinshi zandikwa ku Rwanda zikorwa n’abanyamahanga nyamara bari hanze yarwo.
Emmanuel Mugisha uyobora inama nkuru y’itangazamakuru we yagarutse ku kibazo cy’ibigo bimwe byifashisha ko abanyamakuru nta bumenyi bafite bityo ugasanga bakora nta cyo bahabwa.
Kwimenyereza ku barangije Kaminuza batarabona akazi bizajya bimara amezi atandatu, kandi ngo RDB izajya ikurikiranira bugufi aya mahugurwa dore ko ngo izajya ishyiraho n’uburyo bwo kureba ko aya mahugurwa atangwa neza kugira ngo uhugurwa azavanemo ubumenyi buzamufasha igihe abonye akazi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
|
Umushinga w‘itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda ntuvugwaho rumwe
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |