IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Iby’uburezi ku karubanda mu kinyamakuru kizajya cyandikirwa muri KIE


Yanditswe kuya 15-09-2012 - Saa 05:11' na Turikumwe Noël

Ishuri Rikuru Nderabarezi rya Kigali (KIE) ryatangije ku mugaragaro ikinyamakuru gishyira hamwe amakuru avuga ku burezi bwo mu Rwanda ( Rwanda Journal of Education), Kuwa Gatanu ku itariki ya 14 Nzeri, mu rwego rwo gutanga ishusho nyayo y’uburezi bwo mu Rwanda.

Nk’uko umwanditsi mukuru w’iki kinyamakuru, Karangwa Evariste yabitangarije abanyamakuru, ngo iki gitabo kigamije guha umurongo, imyandikire no gushyira ahagaragara ibijyanye n’uburezi, ibigezweho mu mashuri n’ibibazo biri mu burezi bw’u Rwanda.

Abajijwe ku kijyanye n’ururimi rukoreshwa mu burezi mu Rwanda rwagiye rukunda guhinduka, bigatuma abanyarwanda batagira ururimi rugaragara bazi neza, Karangwa yavuze ko iki kibazo cyagarutsweho mu nyandiko ziri muri nimero ya mbere y’iki gitabo. Ngo ariko ntacyo babikoraho kuko bazajya bagaragaza ibibazo ababishinzwe bakagira icyo babikoraho.

Ariko avuga ko atemera ko nta rurimi abanyarwanda bazi. Yemeza ko n’ubwo ntarwo bazi cyane, ngo ahubwo bazi indimi nyinshi kuko abize bashobora kuvuga Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza.
Iki gitabo kizajya cyandikwamo n’abarimu n’abanyeshuri ariko bandike ibifite aho bihuriye n’uburezi. Harimo ibigezweho mu burezi ubushakashatsi bushya, ibibazo mu mashuri, imyigishirize n’ibindi.

Ariko n’undi munyamakuru wese ushaka kugira icyo anyuza muri iki kinyamakuru yakwandikamo, gipfa kuba kivuga ku burezi, ariko agakurikiza amategeko agendanye n’imyandikire yo mu bumenyi n’amabwiriza akigenga, bakanibanda ku mwimerere w’inyandiko idafite ahandi yatambutse cyangwa afite uruhushya rumwemerera kuyitambutsa.

Abanditse muri nimero yacyo ya mbere, batangaza ko iki kinyamakuru kizatuma abantu batekereza ku burezi mu Rwanda, hamenyekane ibigenda neza n’ibyakosoka.

Iki kinyamakuru kizajya gisohoka kabiri mu mwaka. Kizajya cyandikwa mu rurimi rw’icyongereza kugira ngo ibirimo bigere kuri benshi. Kubafite ibyo bandika badakoresha icyongereza ngo hari uburyo inyandiko zabo zajya zihindurwa mu cyongereza.

IBITEKEREZO
nizereko icyo kinyamakuru kizajya kinyura no kuri internet
Musubize17.09.2012 saa 04:42
steven
Ngo "Ariko n’undi munyamakuru wese ushaka kugira icyo anyuza muri iki kinyamakuru yakwandikamo, gipfa kuba kivuga ku burezi, ariko agakurikiza amategeko agendanye n’imyandikire yo mu bumenyi n’amabwiriza akigenga, bakanibanda ku mwimerere w’inyandiko idafite ahandi yatambutse cyangwa afite uruhushya rumwemerera kuyitambutsa." Gute se ? None se iki kije ari Newspaper cg ni " Scientific Journal" ? Njye nsanga cyagombye kunyuramo ibijyanye n`ibyagezweho nyuma y`ubushakashatsi kuri theme ijyanye nyine n`uburezi nk`uko bigaragara ko ari umwihariko wacyo. Ntabwo rero gikwiye kuba icy`abanayamakuru bamwe bafata inyandiko ya one page ishingiye kuri barambwiye, ahubwo niba hagamijwe kugaragaza ibigenda neza n`ibitagenda mu burezi ngo bikosorwe ibishingiye ku bushakashatsi ni byo byagombye kwimirirzwa imbere, apana kuvuga ngo n`umunyamakuru wese ushaka kugira icyomanyuzamo ! Kereste wenda yaba yashatse kuvuga abandi bashakashatsi from outside KIE community, ariko umunyamakuru ushatse ntibivugitse neza kabisa !!
Musubize15.09.2012 saa 05:26
Mugenzi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!