Nyuma y’inkuru yasohotse mu kinyamakuru Izuba Rirashe ku byavuzwe na Ngarambe Francois, umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi aho mu kiganiro n’Abanyamakuru yavuze ku bijyanye n’ishyirwaho ry’Ikigega cy’indishyi ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, IGIHE yegereye inzobere zigira icyo zivugaho.
Eric David, umwarimu muri kaminuza yigenga ya ULB (Université Libre de Bruxelles) ufite impamyabushobozi y’ikirenga mu mategeko mpuzamahanga, muri politiki no mu mibanire myiza n’Amahanga yemeza ko habayeho Jenoside yakozwe na Leta yariho icyo gihe ireberwa n’ibindi bihugu byose by’isi.
Yagize ati « Ni ngombwa ko Leta y’u Rwanda n’ubwo ikora ibishoboka byose ngo ibintu bijye mu buryo ariko ntiyagatinze kwaka indishyi ibihugu bindi byayitereranye bikarebera ikorwa rya Jenoside aho kuyiburizamo cyangwa kuyihagarika nk’uko byabigize isezerano mu mwaka w’i 1945 rigomba kubahirizwa nk’icyemezo cya LONI. »
Ashimangira cyane kandi ko by’umwihariko abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo bahabwa indishyi zabo mu rwego rwo guha agaciro ababo bishwe.
Yagize ati « Ibi byumvikane neza, ntabwo izaba ari indishyi isanzwe kuko ni uburenganzira bwabo busesuye. Ni ukwishyurwa n’ubwo bidashobora gusimbura ubuzima bw’ababo. »
Pierre Galand, umushakashatsi mu by’ubukungu akaba n’umwarimu muri kaminuza ya ULB mu bijyanye n’iterambere mu bumenyi mu by’ubukungu, we yerekana ko habayeho guhimba inyandiko no kwitirira imari y’izindi minisiteri igakoreshwa mu kugura ibikoresho bya gisirikare n’ibindi byari bigenewe gukoreshwa mu gushyira mu bikorwa Jenoside hagati y’i 1990 n’i 1994 (détournement de fonds en faveur du Ministère de la Défense en 1990-1994).
Akomeza yerekana uko amabanki n’ibindi bigo (les bailleurs de fonds, Banque mondiale…) byafashije Leta yakoze Jenoside, agatanga n’ingero z’uko byakorwaga yifashishije ubushakashatsi yabikozeho mu Rwanda no hanze yarwo.
Pierre Galand asaba ko akurikije ibimenyetso bifatika biri mu mpapuro zirenga 100 y’ubushakashatsi yakoze bwimbitse, habaho indishyi zahabwa Leta y’u Rwanda iriho ubu, yishyura ibyo Leta yasimbuye kandi yakoze jenoside yasize yangije haba mu bukungu cyangwa mu bwicanyi yakoze.
Agira inama amashyirahamwe arengera abacitse ku icumu kwaka indishyi bicishijwe mu bucamanza kuko ari uburenganzira bwabo busesuye.
Aba bashakashatsi bombi bahamya ko indishyi ari uburenganzira busesuye bw’abacitse ku icumu nyamara Ngarambe Francois yaravuze ko iyo gahunda idahari.
Yagize ati “Icyo kigega ntikizajyaho ; ntibishoboka.”
Ngarambe avuga ko nta ngurane ibaho y’ubuzima bw’umuntu kandi ko icyo kigega kigiyeho byasaba ko n’abacitse ku icumu bakwa amafaranga yo kugishyiramo.
Avuga ko ahubwo igikwiye ari ugushyira ingufu mu kubongerera ubushobozi ngo biteze imbere.
Ngarambe yongeyeho ko hari ikibazo cy’uko abayobozi batabyerura ngo bavuge ko izo ndishyi zitazigera zitangwa ; bagatuma abacitse ku icumu bahera mu gihirahiro.
Zimwe mu ngero zindi zizwi ku Isi ku kibazo nk’iki, ni indishyi zahawe Abayahudi n’igihugu cyabo cya Isiraheli kubera Jenoside yabakorewe (Shoah).
Nyuma ya Shoah, binyuze mu masezerano mpuzamahanga yagizwemo uruhare rukomeye n’igihugu cya Isiraheli, imiryango y’Abayahudi hirya hino ku isi n’ibihugu by’u Burayi nk’ u Bufaransa, u Budage, u Bubiligi, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’ibindi, ni bwo hemejwe ko hashyirwaho indishyi ku bacitse ku icumu.
Abayahudi kandi indishyi bazihabwa byitwa guhabwa, gusubizwa, gusanirwa ibyabo bavukijwe na Jenoside yabakorewe ko kandi biza byunganira ubutabera busanzwe bwo guhana ababiciye ababo, ko biza byunganira inkunga n’infashanyo zinyuranye zahawe igihugu cyabo n’abaturage bacyo mu kwisana no kwiyubaka.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |