Kuri uyu wa kane tariki ya 31 Gicurasi 2012, i Kigali, hatangijwe ku mugaragaro imirimo y’ikigo mpuzamahanga cy’ubucyemurampaka cya Kigali.
Ikigo cyiswe KIAC (Kigali International Arbitration Centre) ni ikigo mpuzamahanga kigamije gucyemura impaka zavuka hagati y’abagiranye amasezerano mu rwego rw’ubucuruzi.
Iki kigo kikaba kibayeho bishingiye ku bitekerezo by’ikigo cy’abikorera FSP/PSF ( Federation du Sesteur Prive/Private Sector Federation) ku bufatanye na Leta y’u Rwanda.
Minisitiri w’Ubutabera Tharcisse Karugarama, atangaza ko kubaho kw’iki kigo ari igikorwa gikomeye cyane kiri no muri gahunda y’igihe kirekire ya Guverinoma y’u Rwanda mu gucyemura ibibazo ku buryo bw’ubwumvikane.
Mu nkingi ubutabera bw’u Rwanda bushingiyeho hari gukemura impaka hatabayeho buri gihe kwitabaza inkiko.
Minisitiri Tharcisse Karugarama atangaza ko Leta yateye inkunga itangizwa ry’ikigo. Yibukije kandi ko kuba cyitwa Ikigo Mpuzamahanga ari uko cyaguye amarembo, dore ko barindwi bagize inama y’ubuyobozi bukuru bwacyo, bane ari Abanyarwanda, batatu bakaba abanyamahanga.
Akomeza asobanura ko kuba iki kigo kigiyeho ari inyungu z’Abanyarwanda kuko batazongera gusiragira bajya kuburanira hirya no hino ku isi, kuko ibibazo byabo bizajya bikemukira iwabo bikaba mu bwumvikane kandi vuba.
Umunyamabamga Mukuru w’ Ikigo Mpuzamahanga cy’ubucyemurampaka cya Kigali, Bernadete Uwicyeza, atangaza ko bishimiye uburyo inzego zinyuranye zaba iza Leta cyangwa iz’abikorera, zagize uruhare rugaragara mu inshingwa ry’iki kigo. Avuga ko Abanyarwanda bazabona ubutabera bwiza kandi bwihuse.
Yakomeje asobanura ko icyemezo cy’ubukemurampaka kitajuririrwa, kandi ko abakemurampaka bitwa “abahuza” aho kuba “abunzi” kuko aba bo ibo byananiranye bitabaza inkiko zisanzwe.
Iki Kigo kikaba kigamije kandi kugenzura niba ubutabera buhabwa abafite amakimbirane bukorwa mu mucyo kandi bwihutushwa, gushyikiriza ibyemezo by’urukiko abafite amakimbirane, ndetse no gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe n’urukiko rw’inteko yabakemurampaka.
Minisitiri w’Intebe Pierre Damien Habumuremyi watangije ku mugaragaro imirimo ya KIAC akanamurika ku mugaragaro ikirango cyawo, yasabye abashoramari kwitabira icyo kigo, nacyo agisaba kuba indakemwa no kugaragaza isura nziza haba mu Rwanda cyangwa mu mahanga.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |