Imbuto foundation ibinyujije mu nsanganyamatsiko igira iti : “Today a Reader…Tomorrow a Leader” bivuze ngo “ Uyu munsi urasoma ariko ejo uzaba umuyobozi”, irakangurira abana n’abantu bakuze kugira umuco wo gukunda gusoma kuko ari ingirakamaro mu kongera ubumenyi bwabo muri rusange.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Nzeri 2012, umuryango Imbuto Foundation ukaba wakomereje ibikorwa mu turere twa Nyanza na Gicumbi aho imbuto Foundation ikomeje gukangurira abana n’abakuze kugira umuco mwiza wo gusoma kuko ari inking y’amajyambere.
Hamwe na gahunda y’igihugu yo gukangurira abantu gusoma, Imbuto foundation irahamagarira abarimu n’ababyeyi kugira uruhare mu gukomeza gukangurira no gukundisha abakiri abato gusoma kuko iki gikorwa gisaba ubufatanye mu nzego zose guturuka mu rugo kugeza ku ishuri aho umwana aba agiye gushaka ubumenyi bwa mwarimu.
Iki gikorwa, Imbuto foundation igifatanyije na Minisiteri y’Uburezi ndetse n’imiryango itandukanye irimo ikorera imbere mu gihugu ndetse n’indi mpuzamahanga.
Ubuyobozi bw’Imbuto Foundation butangaza ko muri iyi gahunda hazamo n’ibikorwa byo gukwirakwiza ibitabo byo gusoma hirya no hino mu mashuri.
Mu ntego zihariye z’iki gikorwa harimo gukangurira abana kugira umuco wo gusoma igihe bari mu rugo cyangwa ku mashuri, kugaragariza abarimu, ababyeyi ndetse n’abana akamaro ko gusomera mu ruhame, ibinyamakuru cyangwa se binyujijwe ahandi hantu hashobora gutangirwa ubutumwa ndetse no gukangurira abantu gushyiraho ingengabihe zo gusoma n’ibikorwa bindi bishyigikira gusoma.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Turkish Airlines igiye gutangira ubwikorezi bw’imizigo mu ndege izahuza Kigali n’indi mijyi
20.05.2013 |
|
Geneva : MIDIMAR yitabiriye inama mpuzamahanga yo kurwanya ibiza
20.05.2013 |
|
CHUK : Kugabanuka kw’amafaranga y’abaganga, ingaruka kuri serivise
20.05.2013 |
|
Kigali : Inkongi yibasiye akabari
20.05.2013 |
|
Abanyarwanda barasabwa gusura Inzu ndangamurage ya Rwesero
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |