Imibare yashyizwe ahagaragara yatangajwe na Minisiteri Ishinzwe Impunzi n’Ibiza, irerekana ko ku butaka bw’u Rwanda hari impunzi zisaga ibihumbi 57, dore ko umubare nyawo ari 57,641, muri izi izisanga 90% ni iz’Abanyekongo.
aho yagaragaje ibihugu izo mpunzi zaturutsemo n’ibyo zahunze, nk’uko byemejwe kuri iyi tariki ya 28 Kanama 2012.
Uyu mubare w’impunzi ziba mu Rwanda wemejwe na Minisiteri Ishinzwe Impunzi n’Ibiza, Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka, Ishami rya Loni rishinzwe ibiribwa ku Isi, ndetse n’agashami ka Loni gashinzwe impunzi, kuko ubwo bushakashatsi bafatanyije kubukora, bukaba bwarashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Kanama 2012.
Nk’uko babitangaje, impunzi zatangiye kwandikwa kandi zifatwa igikumwe cya buri wese guhera mu kwezi kwa Nyakanga 2011, kuko kuva nyuma ya 1994 umubare w’impunzi ziba mu Rwanda utari uzwi neza.
Nk’uko imibare ibyerekana, impunzi zingana na 57,216 zaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi 57% ni abigitsina gore.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri Ishinzwe Impunzi n’ibiza Ruvebana Antoine, yavuze ko kumenya umubare w’impunzi bizabafasha kubitaho, kandi ko hashize ibyumweru bibiri nta zindi mpunzi zinjira mu Rwanda.
Uhagarariye Ishami rya Loni ryita ku biribwa Abdoulaye Balle, yavuze ko kumenya umubare w’impunzi bizatuma bamenya urugero bagabanya ku mafunguro bahabwaga, kuko ibiribwa byabaye bike kandi ntibifuza ko inzara yazabica byabashiriyeho.
Gusa, Balle yavuze ko atazi urugero rw’ibyo kurya bizagabanukaho, kuko bazabanza gusuzumana ubwitonzi umubare wazo n’ibiribwa bihari.
Ibindi bihugu bifite impunzi mu Rwanda ni Angola, Burundi, Chad, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Eritrea, Ethiopia, Kenya, Abanyarwanda babana n’impunzi kuko bashakanye, Somalia, na Uganda.
Usibye impunzi ziba mu nkambi zateganyijwe, kuri uyu mubare w’impunzi harimo n’iziba mu Mujyi wa Kigali zitunze, kandi zishaka imibereho.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |