Mu ngamba Leta yafashe mu guteza imbere abaturage, harimo guteza imbere inganda nto n’iziciriritse. Muri izo nganda harimo izikora iby’ubugeni harimo n’imitako. Ibi byose leta ibishyiramo imbaraga kubera uruhare bigira mu guteza imbere abaturage kuko bitanga akazi kuri benshi. Nyamara bamwe mu Banyarwanda ngo baracyafata imitako nk’ibikoresho by’abafite amikoro ahanitse.
Nk’uko byatangajwe na Tesi, umukozi mu nzu yitwa “Ikaze roomshow” ishinzwe gucuruza ibikorwa byabaye indashikirwa mu marushanwa yo guhanga imirimo (HEAP), ngo Abanyarwanda n’abanyamahanga bose bitabira guhaha imitako.
Ariko yavuze ko usanga byitabirwa n’abantu bafite amikoro ahanitse, ngo ntabwo ari buri wese ushobora kugura imitako. Yanongeyeho ko benshi mu bakunze kuyigura baba bavuga ko bagiye kuyoherereza bene wabo bari hanze y’igihugu.
Tesi ngo abona abantu bakwiye kumvishwa akamaro k’imitako ngo ikundwe n’abayikora batere imbere. Ngo imitako ni myiza ishobora kuba ikintu kirangaza umuntu akaruhukiramo. Yanongeyeho ko umutako cyangwa igishushanyo runaka bishobora gutuma imitekerereze y’umuntu yunguka iyindi mishinga (inspiration).
Umugore utarashatse ko izina rye ritangazwa, ucuruza amakarita ya MTN hafi na Radio Rwanda, yavuze ko akunda imitako. Ariko yavuze ko ubushobozi afite budashobora gutuma asagura ayo kugura imitako.
Mugeni nawe atuye ku gitega hafi n’umurenge. Yavuze ko imitako ari myiza ariko avuga ko ari iy’abakire bafite inzu nziza. Yagize ati “Sinagura imitako ntarabona inzu yanjye bwite”.
Imitako yahozeho no mu Rwanda rwa kera. Yafatwaga nk’igikorwa cy’abari n’abategarugori kuko aribo barebwaga ahanini ngo gutaka. Abakobwa mu mirimo yabo ndetse no mu bikari bitaga mu rubohero babohaga uduseke, bakaboha inyegamo n’ibindi. Muri iyi minsi bimwe muri bi biracyakorwa ndetse binakundwa n’abanyamahanga bikinjiza amadovise.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
|
Umushinga w‘itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda ntuvugwaho rumwe
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |