Ubwo yasozaga ku mugaragara Inkiko Gacaca zari zimaze imyaka isaga ku icumi, Perezida Paul Kagame yavuze ko Inkiko Gacaca zitazanye ubutabera gusa, ko ahubwo zahinduye byinshi ku miberereho myiza y’abaturage, kuko zakoresheje amafaranga make kandi zikagera ku ntego zazo zirimo kugeza ubutabera bwunga ku Banyarwanda.
Iri sozwa ku mugaragaro ry’Inkiko Gacaca ryabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Kamena mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura.
Mukantaganzwa Domitille, Umuyobzozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Inkiko Gacaca yavuze ko mu itangira rya Gacaca hari imbogamizi nyinshi zirimo inyangamugayo nazo zagaragaweho kuba zaragize uruhare muri Jenoside, abayobozi bagize uruhare muri Jenoside bavangiraga ukuri kwa Gacaca, kwanga gutanga amakuru ku bushake byabyaye ijambo ’ceceka’, ihohoterwa ry’inyangamugayo, abatangabuhamya ndetse n’abacitse ku icumu, kwiba inyandiko zikubiyemo ubuhamya, ihungabana rikabije, ihunga ry’abatinyaga Gacaca ndetse na ruswa n’ibindi.
Minisitiri w’Ubutabera Karugarama Tharcisse nawe yishimiye ko u Rwanda rwabashije kunyuza mu butabera amadosiye ya Jenoside mu gihe imiryango mpuzamahanga yavugaga ko nta bushobozi bwo guca imanza izi Nkiko zari zifite.
Mu ijambo rye, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimiye abanyamahanga n’abandi bose bitabiriye uyu muhango wo gusoza Inkiko Gacaca, yibutsa n’inshingano zashyiriweho arizo : kwihutisha imanza, kurwanya kwihorera, gutanga imbabazi kuri bose, byose binyujijwe mu butabera bwunga aribwo Inkiko Gacaca.
Perezida Kagame yavuze ko benshi mu banyamahanga babanje kunenga imikorere y’izi Nkiko bavuga ko zizabamo akarengane kuko zakorwagamo n’abantu batazi iby’amategeko, ngo ariko kugeza ubu ntawe utakwishimira umusaruro izi Nkiko zagezeho kuko zarangije imanza zagombaga kumara imyaka myinshi.
Perezida Kagame kandi asanga Inkiko Gacaca zitaratanze ubutabera gusa ahubwo ngo zahinduye byinshi ku miberereho myiza y’abaturage, kuko zakoresheje amafaranga macye kandi zikagera ku ntego zazo zirimo kugeza ubutabera bwunga ku Banyarwanda.
Gacaca kandi yatumye hagaragara ubushobozi bw’abaturage mu kwikemurira ibibazo bibagiraho ingaruka, igaragaza ubushobozi bw’u Rwanda mu kwikemurira ibibazo ndetse iba n’urugero rw’ubutabera bukozwe n’abaturage ubwabo, nk’uko Perezida Kagame yakomeje abivuga.
Mu gusoza ijambo rye yagize ati : “N’ubwo Inkiko Gacaca zifunzwe kumugaragaro, tuzirikana ko zitakemuye ibibazo byose kuko hari ibigitegereje gukemurwa ariko (...) umuco wo kujya inama n’ibisigaye bizakemuka.”
N’ubwo Inkiko Gacaca zahuye n’inzitizi, Umukuru w’Igihugu yavuze ko zageze kubyo zari zikwiye kugeraho zifatanije na Leta, n’abaterankunga. Yashimye kandi abantu bose bateye inkunga imikorere ya Gacaca harimo abanyamakuru, imiryango mpuzamahanga ndetse by’umwihariko inyangamugayo ku bw’uruhare n’ubwitange zagize mu gukemura ibibazo by’Abanyarwanda”.
Nyuma y’imyaka icumi zari zimaze, Inkiko Gacaca zabashije guca imanza zigera kuri 1,951,388 abagera kuri 65% baciriwe imanza bahamwe n’ibyo bashinjwaga.
Kanda hano umenye inkomoko n’ibyagezweho n’Inkiko Gacaca kuva zatangira.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |