Umusaruro w’ubuki mu Rwanda ngo ubangamiwe n’imiti yica udukoko kuko iyo inzuki zigiye guhova ku ndabo z’imyaka yetewemo iyo miti usanga zipfa maze umusaruro w’ubuki nawo ukaba muke.
Nk’uko bizwi inzuki zijya guhova uburabo bw’imyaka mu gihe imyaka yatangiye kuyanga urugero ni nko ku birayi, ibishyimbo na kawa nyamara na none kubera indwara zikunze kwibasira iyi myaka usanga abahinzi nabo bahagurukira ikibazo cyo guteramo imiti yica utwo dukoko.
Abavumvu bo barasaba ko abo bahinzi kujya batera imyaka yabo iyi miti mbere yuko iyanga kugirango za nzuki nizijya guhova zizasange umuti warashizemo, cyangwa nyuma yo kuyanga kuko imiti myinshi iterwa muri iyi myaka igira ingaruka mbi ku nzuki nyamara kandi ngo ntibabuza umuhinzi kwihingira imyaka ye no kuyitera umuti ayirinda kurwara urugero nk’ikawa.
Ikindi ni uko no kugirango imyaka yere hagomba izi nzuki ngo zikore igikorwa cy’ibangurira ku myaka.
Mu gihe cy’impeshyi kuko aribwo inzuki ziba zihova cyane ngo byaba ngombwa abahinzi birinze gutera iyi miti ku bihingwa byabo.
Tumusifu Jean Bosco, umukozi w’umushinga ARDI uharanira iterambere rikomatanyije ari nawo ufite kurengera abavumvu mu nshingano zawo, avuga ko nta mpungenge aba bavumvu bagombye kugira kuko Leta y’u Rwanda yabashije guhuza abahinzi n’abavumvu hagamijwe kuganira ku kuntu buri wese yabona umusaruro we ariko hatabaye ikimeze nko kubangamirana.
Tumusifu avuga ko kugeza ubu bitari ikibazo kuko babyumvikanye ko abahinzi bashobora gutera imiti mbere yuko ibihingwa byabo biyanga, cyangwa nyuma yo kuyanga hagamijwe kutabangamira za nzuki.
Nyamara nubwo habaye ubu bwumvikane abahanga mu by’ubuhinzi bavuga ko bakibibonamo imbogamizi.
Umwe mu bakurikirana ubuhinzi mu Karere ka Ruhango yavuze ko hari imiti biba ngombwa ko iterwa mu gihe imyaka iyanze kuko iba ije guhangana n’indwara ifata indabyo byumvikana ko iyo miti itewe mbere igihe cyo kuyanga cyazagera nta kamaro iyo miti igifite, mu gihe kandi yaterwa nyuma nabwo ntacyo yaba ije kumara kuko akamaro kayo kaba kararangiye.
Ibi bibazo biravugwa mu gihe Leta y’u Rwanda ishaka kunganira abavumvu ngo bagire umusaruro ushimishije urenga imbibi z’u Rwanda ukaruzanira amadovize, nyamara n’igikorwa cy’ubuhinzi nacyo gifatiye runini Abanyarwanda kuko butunze abarenga 90%.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |