IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 13 Kamena 2012


Yanditswe kuya 14-06-2012 - Saa 18:44' na Olivier MUHIRWA

Kuwa Gatatu tariki ya 13 Kamena 2012, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 25/05/2012, imaze kuyikorera ubugororangingo.

2. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho raporo y’ibimaze kugerwaho mu mushinga ukurikirana imihindagurikire y’Igihe mu Rwanda, ishyiraho ingamba zo kwihutisha uwo mushinga.

3. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho aho porogaramu y’amahugurwa y’urubyiruko ajyanye no kwihangira imirimo igeze.

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje Politiki y’Igihugu n’Ingamba zo kurwanya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano nayo mu Rwanda.

5. Inama y’Abaminisitiri yemeje ibikubiye mu gitabo kivuguruye kigena imikorere y’Inama y’Abaminisitiri, imaze kubikorera ubugororangingo.

6. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’ Amategeko ikurikira :

- Umushinga w’Itegeko Ngenga rihindura kandi ryuzuza Itegeko Ngenga rigena imyitwarire y’Abayobozi mu Nzego za Leta ; imaze kuyikorera ubugororangingo.

- Umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2012/2013

- Umushinga w’Itegeko rihindura kandi ryuzuza Itegeko rishyiraho Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe iby’Indege za Gisiviri (RCAA), rikanagena inshingano, imiterere n’imikorere byacyo ;

- Umushinga w’Itegeko rishyiraho Ikigega cy’Imari cyo Gusana Imihanda (RMF), rikanagena inshingano, imiterere n’imikorere byacyo ; imaze kubikorera ubugororangingo.

- Umushinga w’Itegeko ryemerera kwemeza burundu umugereka udahatirwa ku masezerano mpuzamahanga yerekeye uburenganzira ku bijyanye n’ubukungu, imibereho myiza n’umuco, yashyiriweho i New York ku wa 10 Ukuboza 2008 ;

- Umushinga w’Itegeko ryemerera kwemeza burundu umugereka udahatirwa ku masezerano mpuzamahanga agamije kurwanya iyicarubozo n’ibindi bikorwa cyangwa se ibihano by’ubugome, bya kinyamaswa cyangwa se bitesha umuntu agaciro, yashyiriweho i New York kuwa 18 Ukuboza 2002.

7. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira :

- Iteka rya Perezida rishyiraho Sitati yihariye y’Ingabo z’u Rwanda ;

- Iteka rya Perezida rigena imiterere n’Inshingano zihariye bya buri cyiciro mu bigize Ingabo z’u Rwanda ;

- Iteka rya Perezida rigena inshingano z’Inama z’Ingabo z’u Rwanda zifata ibyemezo, abazigize n’imikorere yazo ;

- Iteka rya Perezida rigena ibikoresho bya Gisirikare bijyanye no kurinda ubusugire bw’Igihugu n’umutekano bigirirwa ibanga ;

- Iteka rya Perezida rigena imikorere y’Inama y’Abaminisitiri, Abayigize, n’uko ifata ibyemezo ; imaze kuyikorera ubugororangingo ;

- Iteka rya Minisitiri w’Intebe rivana umutungo ugizwe n’ibibanza bikurikira mu mutungo rusange wa Leta bigashyigwa mu mutungo bwite wayo :

 Ikibanza n° 227 kiri mu Kagari ka Kabasengerezi, umurenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali cyahoze ari ibiro bya Rwanda Revenue Authority ;

 Ikibanza n° 786 kiri mu Kagari ka Kabasengerezi, umurenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali ahari ibiro by’Ikigo gishinzwe Amasoko ya Leta (RPPA) ;

 Ikibanza n° 772 kiri mu Kagari ka Kamukina, umurenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali hahoze hakorera iposita ;

 Ikibanza n° 1006 kiri mu Kagari ka Kiyovu, umurenge wa Nyarugenge, mu Karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, hakoreraga Serivisi za Minisiteri y’Ubuzima ;

 Ikibanza n° 179 kiri mu Kagari ka Kiyovu, umurenge wa Nyarugenge, mu Karere ka Nyarugenge mujyi wa Kigali hasanzwe hakorera Inama Nkuru y’Itangazamakuru ;

- Iteka rya Minisitiri rishyiraho amabwiriza y’imyitwarire myiza mu ngabo z’u Rwanda rikanagena imiterere, imikorere n’ububasha bya Komite zishinzwe kuyashyira mu bikorwa.

8. Mu bindi

a) Minisitiri w’Uburezi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 4 Kamena 2012 Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe yayoboye Inama yari igamije gusuzuma no gufata umwanzuro ku kibazo cy’inyubako igurishwa ya “Morning Star” kugira ngo igurwe ibe icumbi ry’Abanyeshuri ba Umutara Polytechnic.

b) Minisitiri w’Umutungo Kamere yamenyesheje Inama y’Aaminisitiri ibyerekeye raporo nshya ya kabiri yakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Bidukikije “REMA” yitwa Ikarita y’Imihindagurikire y’Ibidukikije mu Rwanda : Ingaruka zo Kwisubiranya kw’Imihindagurikire y’Ikirere /Atlas of Rwanda’s Changing Environment : Implications for Climate Change Resilience. Iyi raporo ni kimwe mu bigaragaza Isura Nziza y’Ibidukikije mu Rwanda.

Yanayimesheje kandi ko mu mpera za Gicurasi 2012, mu Mudugudu wa Cyintama, Akagari ka Gahurizo, Umurenge wa Kivu, Akarere ka Nyaruguru, hadutse icyorezo cy’ingonokera zirya amababi y’ibiti mu nkengero z’ishyamba rya Nyungwe. Ingamba zo guhangana n’izo ngonokera zarafashwe kandi ziri gutanga umuti.

c) Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri aho imyiteguro y’ibarura rya kane ry’abaturage n’imiturire igeze. Icyiciro cy’imyiteguro kiri kurangira. Kubishyira mu bikorwa bikazatangirana n’amahugurwa. Ibarura ryo rizaba kuva tariki 16 kugeza 30 Kanama 2012.

Inama y’Abaminisitiri yasabye Minisiteri zose bireba gushyigikira iki gikorwa mu nshingano zabo no gukora ubuvugizi.

d) Minisitiri ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri mu izina rya Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango uri mu butumwa bw’akazi mu mahanga yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 16 Kamena 2012 ari icyumweru cyahariwe kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umuryango, Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika n’Umunsi wo Kurwanya Imirimo mibi Ikoreshwa Abana mu Rwanda. Kwizihiza iki cyumweru bizabera mu Turere twose naho ku rwego rw’igihugu icyumweru kizatangirizwa mu Karere ka Muhanga gisorezwe mu Karere ka Rwamagana.

Iyo minsi itatu izizihirizwa icyarimwe ku nsanganyamatsiko igira iti : « Twubake Umuryango Nyarwanda duharanira uburenganzira bw’abana bafite ubumuga, turandura imirimo mibi ikoreshwa abana »
e) Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko Ubuyobozi Bukuru bushinzwe Abinjira n’Abasohoka bwatangije uburyo bushya bwo kugenzura abinjira mu Rwanda hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga. Ubu buryo bworohereza abagenzi kwikorera igenzura ubwabo, bityo bikihutisha kandi bikanoza serivisi bahabwa.

Yanayimenyesheje kandi ko Ubuyobozi Bukuru bw’Abinjira n’Abasohoka bwegukanye Igihembo cy’umwanya wa kabiri cyatanzwe n’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe serivisi zihabwa rubanda mu cyiciro cyo « Kunoza Imitangire ya Serivisi zihabwa Abaturage » kubera igikorwa cyo « Kwifashisha ikoranabuhanga mu kunoza serivisi zitangwa n’Ubuyobozi bushinzwe Abinjira n’Abasohoka ».

Umuhango wo gushyikirizwa icyo gihembo uzaba tariki ya 25 Kamena 2012 mu nama izabera i New York ku Munsi wa Serivisi Zihabwa Abaturage.

e) Minisitiri ushinzwe Gucunga Ibiza no Gucyura Impunzi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko tariki ya 20 Kamena u Rwanda ruzifatanya n’Umuryango w’Abibumbye n’indi miryango hirya no hino ku Isi mu Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Impunzi. Insangamatsiko y’uyu mwaka igira iti : « Umuryango umwe wahunze utagira aho wikinga nawo ni mwinshi » Kwizihiza uwo munsi bizabera mu nkambi z’impunzi mu Rwanda.

f) Minisitiri ushinzwe Gucunga Ibiza no Gucyura Impunzi yayimenyesheje kandi ko imirimo yo kwimura impunzi ziri mu Nkambi ya Nkamira zimurirwa mu Nkambi ya Kigeme ikomeje kandi ugenda neza mu Nkambi ya Nkamira ku itariki ya 11-06-2012 bamaze kugera kuri 12042.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na MUSONI Protais Minisitiri ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

IBITEKEREZO
Mukosore kuko Akagari ka KAMUKINA kaba mu murenge wa Kimihurura ntabwo ari uwa Kacyiru.
Musubize18.06.2012 saa 07:01
MUKOSORE
umutungo rusange w'abaturage ko mbona bagiye kuwumara bawikwiza ? Ejo bundi ibi bibanza nibigurishwa amafranga ntazaboneka mu isanduku ya leta...
Musubize17.06.2012 saa 07:00
turabazi
ariko iyi nama ko ntabantu bashizwe mu myanya wmugani ni uko imyanya yarangiye cg,ordre du jour yari nyinshi ? ntaco turategereza mu nama itaha inzi neza ko tuzagerwaho ,buriya umusaza aba akibitekerezahoooo courage umubyeyi
Musubize16.06.2012 saa 21:24
rusubugu
Abantuko bashaka kwinjira mubyagisirikare cyane bitabareba nibabanze bacyinjire maze barebe ibyobikoresho akamaro kabyo
Musubize15.06.2012 saa 12:10
Canisius
hanyuma ibi bizatangira gushirwa mu bikorwa ryari ?
Musubize15.06.2012 saa 09:51
kits
ntaho ibanga ritaba,no muri cya gihugu giherutse guhindura ubuyobozi narumvise ngo :"Pres.Sarkozi agiye guha umusimbuye umubare w'ibanga(code)y'ububiko bw'itwaro zikomeye."
Musubize15.06.2012 saa 07:05
jean pole
nababwira iki.
Musubize15.06.2012 saa 05:58
muzigo
Mabanga ntugakabye kugaragaza ubujiji ahubwo ujye usobanuza ! Ibanga rivugwa muri ibi bikorwa nicyo bita ''classified'' mu cyongereza. Bituma nka tenders/appels d'offre mu kugura ibikoresho nk'ibyo bitajya mu binyamakuru ku mpamvu zumvikana kandi. IBI NI IBINTU BIBA MU BIHUGU BYOSE BYO KW'ISI, byaba ibikennye, ibikize, ibyiyita ko bigendera kuri demokarasi, ibyitwa ko bitayigenderaho, ibito, ibinini,etc....
Musubize15.06.2012 saa 03:03
Danny
@mabanga kugurwa bigira impapuro ariko iyo byiswe ibanga ntago bigomba kumenywa naburi wese. naho carine jya ubanza ubaze haribyo bita confidential nuyamenye arafungwa nizo zamerica uvuga ahubwo ntuzizi kuko nizo zayagira
Musubize15.06.2012 saa 02:53
gapysi
NA MISSILE ZAJE MU IBANGA
Musubize15.06.2012 saa 02:31
ggdddh
@mabanga, ibyo uvuga ntabwo ubisobanukiwe cg urajijisha. Ntabwo ndi umusirikare ariko nziko hari ibyitwa "classified items" bitagurwa ahariho hose kandi mu buryo ubwo aribwo bwose ! Ni amabanga y'ubusugire bw'Igihugu. Uzasome amategeko, urugere : Itegeko rigenga amasoko ya Leta, Umutwe wa mbere, uzabisangamo. Si ibyo mu Rwanda, gusa kuko na USA n'ibindi bihugu ayo mabanga arasanzwe. Ahubwo u Rwanda rwatinze gusohora iyo liste. Mujye mubaza ibyo mudasobanukiwe mbere yo gutanga umwanzuro.
Musubize15.06.2012 saa 02:15
umuco
Conguratulation for Rwanda Migration Office ku gihembo gihesha agaciro igihugu cyacu. Courage basore namwe nkumi namwe bagabo mukomereze aho. Turabasengera kandi Service zanyu ziratunyura cyane. Imana ibahe gutera imbere.
Musubize15.06.2012 saa 02:03
Kabera wallen
wowe mabanga waba iwawe ntamabanga akibayo ubwo nukuvugako ibyawe ari BIRIHANZE ntaho biba aho igihungu kitagira amabanga kimwe numuntu kugiticye agira ibanga kuburyo aribika akribwira inkoramutima. nonese kuki abaturage bose badahabwa itwaro ngo birinde ? nonese umutekano wigihugu utekerezako ushinzwe nde mbarenambere ? hari abantu rero ibyo byose babishinzwe ndetse harimo nabitwa abatekinisiye babahanga babyigiye babikurikirana umunsi kuwundi. naho kuri internet ngirango barabyamamaza ariko sinziko wari wunva ababihaguze kimwe nuko banakora deception ibyaguzwe akaba ataribyo byandikwa.ntukabe umwana sha ngo ugere aho ukinisha umutekano wigihugu gutyo uba ukinisha abanyarwanda twese.
Musubize15.06.2012 saa 01:26
cyuba
nuko bagura naza misile hanyuma zakwivugana abantu abaturage tukabigwamo, ntabyamabanga bikwiye kubaho, kuko no muri Amerika intwaro ziba zizwi ko zifitwe
Musubize15.06.2012 saa 01:15
carine
Ko ntabayobozi bashyizwe mu myanya se, yaba yararangiye tutagezweho ? wapi natwe mudushakire wana.
Musubize14.06.2012 saa 23:43
K.E
Reka mbabwire ubu nibwo mwamenya ko igisirikare kigomba kugira amategeko akigenga ? Imyaka ishize ari 18 tugendera ku mategeko y'inyeshyamba koko !!! Niba mbeshya iyo basobanura ingengo y'imari mwari mwumva bavuga ayo bageneye MINADEF ? Ko bahora batangaza amasoko anyuranye mwari mwumva ko batangaza isoko ryo kugura intwaro ? Na za Benz za gisirikare ntawuzi iyo zaguriwe kandi dufite ikigo gishinzwe amasoko ya Leta. Agahugu mu kandi
Musubize14.06.2012 saa 18:08
Rwangombwa
Kuki iyi nama yavuze ku basirikare ntivuge ku ba polisi noneho bo ntacyo bamaze , kuki ivugurura sitati y'ingabo ntivugurure iya polisi kandi nayo irimo akajagari ? Ibi nabyo mugomba kubyigaho akarengane muri polisi ,itangwa ry''amaranka ridasobanutse ,munyangire umuntu agafungwa atagira umurenganura Prison idasobanutse , ya gisivile itubahiriza amategeko na hato.............uburengazira bw''ikiremwa muntu burihe ?
Musubize14.06.2012 saa 16:52
#############
Ibi byabasilikali ngo byamabanga nibyo bituma abasilikali bamwe babyina kubandi , cg ugasanga umutungo wanyerejwe ngo nibanga !!! ibi ntaho bikiba !!! none se ayo mafranga azajya asohoka ntapapuro ? Ese iryo banga mukugura ibikoresho bibaho ? aho babigura se ko ali munganda , biba ndetse byamamazwa no kuli za internet no mubinyamakuru , abategetsi babigira ibanga gute ? maze iyo bijya gucika ngo nibanga !!
Musubize14.06.2012 saa 15:05
mabanga
iyi nama mwayitindanye
Musubize14.06.2012 saa 11:56
######

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!