Itorero Bethesda Holy Church risengera ku Muhima rikomeje gutumira buri wese mu materaniro yo gushima Imana kubw’imirimo y’aho kubaka inyubako nshya y’urusengero igeze, no gushaka uburyo ibisigaye byakorwa. Iri torero ryemeza ko iyi nyubako nshya bari barayihanuriwe n’Imana
Mu nsanganyamatsiko yabo igira iti : "Nuko ashinga izo nkingi ku ibaraza ry’urusengero, iy’iburyo ayita Yakini (risobanurwa ngo azabikomeza), iy’ibumoso ayita Bowazi (risobanura ngo hariho imbaraga) nk’uko muri 1 Abami 7:21 habivuga, aya materaniro azaba kuwa 26 Kanama 2012 guhera I saa tatu za mu gitondo, azaba agamije gushima Imana kubera imirimo yakoze aho mu mwaka ushize aribwo batangiye kubaka urusengero rwagutse ruzajya rwakira abantu barenga ibihumbi bitanu dore ko kugeza ubu urwo bari bafite ruherereye ku Muhima rwakiraga abagera ku bihumbi bitatu.
Umukirisitu muri Bethesda Holy Church ariwe Habimana Fidele, agira ati : “Ku Muhima hamaze kugera Abakirisito barenga ibihumbi bitatu ariko kuko aho dusengera ari hato niyo mpamvu twifuje kubaka urwagutse turimo kubaka ku Gisozi. Turararika abantu bose ko bazaza kureba ibyo bikorwa by’ibitangaza Imana yadukoreye”.
Habimana akomeza avuga ko uretse uru rusengero ruzabatwara arenga miliyoni 350 z’amafaranga y’u Rwanda, muri iki kibanza banateganya kuzahashyira amashuri, ibiro by’urusengero n’ibindi bikorwa by’iterambere bijyanye n’icyitegererezo cy’Umujyi wa Kigali.
Kuri uwo munsi, bazaba bari kumwe na Pastor Rugamba, Amakorari yo kuri uru rusengero atandukanye, Worship Team, abahanzi batandukanye batumiwe n’abandi. Amateraniro azabera mu Murenge wa Kinyinya, Akagali ka Kagugu, ahakunze kwitwa mu Gakinjiro dore ko ari naho iyo nyubako iherereye.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |