Ababumbyi bibumbiye muri Koperative “Abakomezamwuga” Gasabo baratangaza bimwe mu bibazo bafite babiterwa n’uko ubuyobozi bw’Umurenge wa Kacyiru butaborohereza kubona ibikoresho by’ibanze.
Mu kiganiro IGIHE twagiranye na bamwe mu bakora uyu mwuga, Ayirwanga Muhamad yatangaje ko Ubuyobozi bw’umurenge wa Kacyiru bwabambuye igishanga bajyaga bacukuramo ibumba, nyamara ngo iki gishanga baragisorera.
Ikibazo cyo kubona ibikoresho bibagoye cyiyongeraho kubura abaguzi b’ibyo baba bakoze byiganjemo ibyo abantu bakunze kwifashisha mu guteguramo indabyo n’imitako itandukanye.
Abandi bakora umwuga w’ububumbyi twasanze aho bakorera mu kagari ka Gacuriro, Umurenge wa Kinyinya, bavuga ko hari ingaruka byabazaniye, harimo kubura uko bishyura amashuri y’abana babo ndetse kugeza ubu ntibarabasha kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Ku murongo wa telefoni twaganiriye na Nsabimana Vedaste Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kacyiru atangaza ko ikibazo cy’aba baturage basanzwe bakizi, ariko uburyo bo bagisobanura buhabanye n’ukuri.
Nsdabimana avuga ko abagize iyi Koperative Abakomezamwuga biyomoye ku yindi koperative ari na yo ihakorera ubu, bapfuye imitungo, bityo ngo ntibigeze bamburwa igishanga, cyane ko ubuyobozi bw’Umurenge nta burenganzira bwari bufite bwo kubambura aho hantu.
Mu gukemura ikibazo aba baturage bafite, Nsabimana atangaza ko ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’umurenge wa Kinyinya bazahuza aya makoperative yombi bakabumvikanisha.
Aba babumbyi ubusanzwe batuye mu murenge wa Kacyiru ariko bagacururiza ibikoresho byabo mu murenge Kinyinya.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |