IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Kaminuza 34 zo muri Uganda ziri I Kigali mu imurikabikorwa


Yanditswe kuya 6-07-2012 - Saa 08:49' na Ntirenganya Jotham

Minisitiri w’Uburezi w’Igihugu cya Uganda yafunguye ku mugaragaro imurika bikorwa I Kigali muri Serena Hotel rigamije kwereka Abanyarwanda inzira umuntu anyuramo kugirango yemererwe kwiga muri Kaminuza zo muri Uganda, akaba yashyize ahagaragara igitabo kibisobanura kuri iyi tariki ya 5 Nyakanga 2012.

Minisitiri w’Uburezi muri Uganda Jessica Alupo yaje ayoboye itsinda ry’abarimu n’abanyeshuri bo muri za kaminuza zo muri Uganda, mu rwego rwo kwereka Abanyarwanda amasomo atangirwa muri ayo makaminuza.

Nkuko akomeza abivuga kandi, hari abanyeshuri benshi baturuka mu Rwanda bajya kwiga muri Uganda, ariko bamwe ntibaba bazi neza Kaminuza zigisha amasomo bifuza gukomezamo, bityo iri murikabikorwa rikaba rigamije gushyira ahagaragara Kaminuza zo muri Uganda binyuze mu gitabo cyasohotse, inyigisho zitangirwamo, amafaranga umunyamahanga uje kwigamo asabwa, ndetse bagasobanura ubuzima buranga ayo makaminuza kugirango bage basobanukirwe.

Iri murika bikorwa kandi rigamije no kwereka u Rwanda ko uburezi bushobora gukoreshwa bukinjiza amafaranga, aho batanze ingero z’ibihugu byinjiza amafaranga menshi aturuka mu burezi ku banyeshuri b’anyamahanga, ari nayo mpamvu, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda wa Uganda ari kumwe n’umunyamabanga uhoraho muri MINICOM bitabiriye uyu muhango.

Jeofrey Rugege waje ahagarariye Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda, yavuze ko iri murikabikorwa kuri Kaminuza zo muri Uganda, rigamije guha Abanyarwanda amahirwe yo kwiga hafi, kandi ku giciro kidahenze. Nyamara n’ubwo kandi Abagande bavuga ko Kaminuza zabo zigendera ku ireme mpuzamahanga, muri Kaminuza 34 bafite harimo imwe itaremerwa ku rwego mpuzamahanga, kandi hari Abanyarwanda bajya kuyigamo.

Gusa Rugege yavuze ko basabye Uganda ko ko iyo Kaminuza ya Kabale yabanza kwemerwa ikabona gutwara abanyeshuri bo mu Rwanda, ariko yongeraho ati : “Iyo umunyeshuri avuye kwiga hanze, Minisiteri y’Uburezi imuha akazi imaze kureba ko Kaminuza yizemo yemewe”.

Nyamara yahise atangariza IGIHE ko ”Hari abajya muri Kaminuza zitemewe kuko zihendutse kandi ntitwababuza”. Yongeraho ko kuba u Rwanda rutarabasha guhamagara abanyamahanga ngo bige mu Rwanda, ahubwo rukohereza abanyeshuri hanze biterwa n’amashuri akiri make. Ariko yahise avuga ati : “Twizera ko tuzabigeraho, kuko intambwe twateye niyo ndende, mbere ya jenoside hariho Kaminuza ebyiri gusa ariko ubu dufite Kaminuza 32”.

Iri murikabikorwa ryatangiye kuri iyi tariki ya 5 Nyakanga, rizasoza ku itariki ya 7, kandi bazaba berekana inzira zose Abanyarwanda bashobora kunyuramo kugirango bige muri Uganda.

Kugeza ubu hari umubare munini w’Abanyarwanda biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye muri Uganda nubwo umubare utazwi neza, icyakora haracyariho inzitizi zo kutagira igiciro cy’amafaranga y’ishuri muri aka karere, ariko Ushinzwe uburezi muri Uganda yavuzeko hari urwego rubishinzwe ruri kubyigaho mu rwego rwa EAC.

Nyuma y’iri murikabikorwa biteganijwe ko Uganda izakora irindi mu mpera z’uyu mwaka kandi bifuza ko u Rwanda rwaryitabira kuko rizerekana umumaro wa buri somo ryo muri ziriya Kaminuza, kandi mu rwego rw’ubufatanye Kaminuza yo muri Uganda St Laurence yemeye kwakira abanyeshuri b’Abanyarwanda basaga 30 bazigira ubuntu.

Hejuru ku ifoto : Minisitiri w’Uburezi muri Uganda Jessica Alupo yaje ayoboye itsinda ry’abarimu n’abanyeshuri bo muri za kaminuza zo muri Uganda

IBITEKEREZO
Kabale University ntiremerwa. Ahubwo Uganda yishyuza menshi AbanyaRda gahunda ya EAC ntibarayitugezamo. Nka Uganda Christian University bongeraho 1/3, naho KIU yo irenzaho nka 2/3 yo iranagoye isabako International students bishyura mu madolari.
Musubize6.07.2012 saa 13:10
Prosper
ndizerako bizatuma kaminuza zacu zimenya gukora bisiness muri education,nje narahageze ndumirwa pe,gushaka abanyeshuri muri buriya buryo ni iterambere bafite,bahita bakwandika iyo ubishaka.iri kubera muri serena hotel kwinjira ni ubuntu izarangira samedi 7/6.
Musubize6.07.2012 saa 07:39
tom
HARI UWARIGIYEMO NGO AMBWIRE KAMINUZA YA UGANDA UMUNTU YAKORERAMO MASTERS YA DROIT DE L'ENVIRONNEMENT ?
Musubize6.07.2012 saa 04:36
KAGABO
Tugomba gukomeza guhanga amaso ku burezi butangwa n'abanyamahanga kuko tudateza imbere iby'iwacu ! Mbese ubu iyo tudaca igifaransa abo muri EAC bagikeneye ntibaba baza kucyiga iwacu cyangwa abalimu bacu bakajya kukibigisha nk'uko natwe tuzana abanyakenya n'abagande baza kwigisha icyongereza. Sinzi niba ari ukutareba kure cyangwa ari uguhemukira bamwe mu banyagihugu bigambiriwe
Musubize6.07.2012 saa 04:35
Narumiwe
Ikibazo dufite mu Rwanda cya mbere ibintu byose birahenze, amashuri arakosha. Icya kabiri twihuteye cyane kwiga mu cyongereza kandi abarimu nabo batakizi bityo abafite uburyo bagahita bohereza abana babo mu Buganda nahandi bamaze igihe muri iyo System. Icya gatatu mbona icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master) na Doctorat ntabyo dufife bihagije muri za kaminuza zacu. N'ababishyizeho bishyuza inshuro ibyiri igiciro cy'i Bugande. Turizerako ibyo bibazo wenda bizagenda bikemuka.
Musubize6.07.2012 saa 04:19
Emmy
NSHINGIYE KU MAKURU YATANZWE HARUGURU, RIMWE NA RIMWE BISABA KUBANZA KUMENYA NEZA MBERE YUKO UMUNTU YANDIKA INKURU. NI MURI URWO RWEGO NSHAKA KUMENYESHA ABASOMYI KO KABALE UNIVERSITY YEMEWE, KANDI NA LETA YA UGANDA NIYO YABAHAYE UBURENGANZIRA BWO GUKORA. IBI BIGARAGAZWA NUKO IFITE NA LICENCE NUMBER YATANZWE MURI 2005 IYIHAWE NA LETA YA UGANDA. UBWO RERO IBYO IKORA BIREMEWE BYOSE KUVA MURI 2005. IYO LICENCE NUMBER YATANZWE NA UGANDA NATIONAL COUNCIL FOR HIGHER EDUCATION. LICENCE NUMBER NI UI.PL.003. KANDI BOSE ABAHIZE BABONA AKAZI MURI UGANDA, RWANDA, AFRICA NO HANZE HOSE KANDI BIGA HOSE HISUMBUYE BASHATSE KUGERA. ESE YAKWEMERERWA KUZA MU IMURIKAGURISHA IHAGARARIYE UGANDA ITEMEWE NIYO LETA ? MURAKOZE
Musubize6.07.2012 saa 04:18
RUTARE
Ntawandusha niba kugeza ubu Kabale University yemewe ? cg turimo kuriha ubusa ? Uwaba abizi neza yamara impungenge akabwira uko byifashe.
Musubize6.07.2012 saa 04:14
Umunyeshuri
Murakoze ku bw'iyi nkuru, ariko nibaza niba u Rwanda rutabona ko ari igihombo kinini kuba abanyarwanda bajya gushaka ubumenyi hanze kubera ibiciro biri hejuru muri kaminuza za hano. Ministere ibishinzwe yarebye uko amafranga yagabanywa mu ma kaminuza ya hano, ndetse na Defences za memoires ku barangiza licence zigakurwaho muri kaminuza zose( Private na public). Kuko twibaza niba universities zose zitagendera ku mategeko amwe
Musubize6.07.2012 saa 03:54
munyarwanda
Hari uwandusha kumenya niba izi kaminuza dufite (32) zose zemewe ku rwego mpuzamahanga ?
Musubize6.07.2012 saa 03:02
k
Ni byiza kutugezaho iyi nkuru. ariko ikintu gitangaje uyu mwanditsi ntatubwiye aho iyi Expo yabereye. cg nawe ntahazi !
Musubize6.07.2012 saa 02:52
Edgard
Karibu Basajjya ! Wenda mwakwigisha kaminuza zacu uburyo bakora business in education. Urabona ko bo baje kudushaka ibi rero byari bikwiye guha isomo amakaminuza yacu akavugurura quality y'ibyo bigisha kugira ngo nibajya muri Uganda cyangwa Tanzania or even Burundi gushakishayo abanyeshuri bazabe bafite ibikorwa bivuga. Njye ubu ndi kwiga muri Uganda Christian University. Ni private ariko ikurikira Makerere muri quality ndetse kandi barigisha ndetse bakanashyiraho disipuline peeee ! Courage, gusa mu Rwanda tubanze tunakemure ikibazo cya infrastuctures za kaminuza kuko nigikemuka bizafasha no kuzana abanyamahanga bakwiga iwacu.
Musubize6.07.2012 saa 02:48
######

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!