Kaminuza Nkuru y’u Rwanda yigiye imbere ku rutonde rwa za Kaminuza zigaragara neza ku isi, urutonde rutangazwa na Webometrics lab, itsinda ry’abashakashatsi ba Espagne.
Kaminuza zishyirwa ku rutonde hakurikijwe uburyo zigaragaza ibikorwa byazo ku mbuga zazo za interineti.
Nk’uko inkuru dukesha Newtimes ibitangaza, Kaminuza Nkuru y’u Rwanda(NUR) yigiye imbere ku rutonde rwa kaminuza zo ku isi, yaje ari iya 4 158 ku isi, isimbutse imyanya 249 ku isi n’imyanya 25 yari yari yajeho mu gihe gishize.
Umuyobozi mukuru wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, Prof Silas Lwakabamba aganira na Newtimes, yagaragaje ko icyateye kuza imbere mu myanya kwa kaminuza ayobora byatewe n’umuhate washyizwemo n’abanyeshuri n’abakozi ba NUR mu kugaragaza isura yayo.
Lwakabamba yagaragaza ko hari Ikibazo cy’ amashuri makuru atagaragaza ibyo akora, bikayaviramo kubona umwanya mubi.
Ibishingirwaho nk’uko Lwakabamba abigaragaza, ni umubare w’ubushakashatsi bwakozwe bugatangazwa, ibikoresho Kaminuza ifite, imbara zishyirwa mu kuzamura ireme ry’uburezi. Lwakabamba yatangaje ko kaminuza ayoboye babyubahirije.
Muri kaminuza 20,745 Webometrics yashyize ku rutonde, Kaminuza yigenga ya Kigali, ULK yaje ku mwanya wa 15,366, Ishuri Rikuru Nderabarezi rya Kigali(KIE) riza ku mwanya wa 14, 685, naho KIST iza 10,563, KHI iza ari iya 15,479.
Kaminuza iza imbere ku isi ni kaminuza ya Havard yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Muri Afurika iza imbere ni kaminuza ya Cape Town muri Afurika y’Epfo, iza ku mwanya wa 334.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Londres : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |