Kuwa 04 Kanama , ibyishimo byari byose mu Itorero rya ADEPR Paruwasi ya Kinyinya ubwo batahaga inyubako y’urusengero ku mugaragaro.
Nk’uko Umushumba w’Itorero rya Kinyinya Pasiteri Bagira Dana yatangarije IGIHE, uru rusengero batashye rwatangiye kubakwa mu mwaka wa 2002.
Umushumba w’itorero yavuze ko mu mbogamizi zatumye rutuzura vuba harimo kwimurwa kw’abaturage benshi bo muri iri torero mu rwego rw’imiturire ibereye Umujyi.
Uru rusengero rwuzuye rutwaye akayabo ka miliyoni 66 zakusanyijwe n’Abakirisitu b’iryo torero banakora imirimo y’amaboko nko gutwara amatafari n’ibindi. Ibi bikorwa byose ngo byiyongereye ho inkunga ziturutse hirya no hino. Rufite ubushobozi bwo kwakira abantu bari hagati ya 700 na 800.
Mu mirimo yo kwitegura gutaha uru rusengero Itorero rya Kinyinya ryubatse yorudani (urubatirizo) ya kijyambere nayo bakaba barayitashye ku mugaragaro banayibatirizamo abatari bake.
Tubabwira kandi ko habaye n’umuhango wo gutanga inshingano ku mupasitori mushya ari we Ayabateranya Yohani Petero ugiye gukorera umurimo w’Imana muri iri torero.
Mu butumwa Umuvugizi w’amatorero ya Pentekoti mu Rwanda Pasitori Usabwimana Samuel yagejeje ku bari bateraniye aho, yakanguriye by’umwihariko abanyetorero gutera intambwe idasubira inyuma mu kwamamaza ubutumwa bwiza kugira ngo bugere ku bantu bose.
Yahamagariye imbaga y’abari aho bose kurushaho gukaza ingamba zo kurwanya ubukene bitabira umurimo ndetse bakagira uruhare mu kuwihangira, anasaba ko buri wese ahagurukira kwirinda indwara cyane cyane izituruka ku mwanda bifatanije no kurwanya ubujiji.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |