IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Kongera igihe cyo kuburana cya Mugesera byateshejwe agaciro


Yanditswe kuya 21-07-2012 - Saa 08:00' na Habimana James

Nyuma yahoo Dr Léon Mugesera, ajuririye asaba ko yahabwa igihe cyo kwitegura urubanza rwe aregwa mo n’Ubuhsinjacyaha ibyaha birimo gushishikariza abantu gukora Jenoside, Urukiko Rukuru rwanze ubujurire bwe bwo kongerwa igihe kingana n’amezi atatu n’iminsi 24 cyo kwiga dosiye ye ikubiyemo ibyo aregwa, kuko ngo icyo yahawe gihagije.

Urukiko rwavuze ko nyuma yo kwiga ubu bujurire bwa Mugesera, Urukiko Rukuru rwari ruyobowe na Bakuzakunda Jean Augustin, kuri uyu wa 20 Nyakanga rwemeje ko iki kirego nta shingiro gifite bityo rugitesha agaciro.

Urukiko Rukuru ngo rwasanze Mugesera yarahawe igihe gihagije cyo kwiga idosiye ikubiyemo ibyo aregwa, nyuma rufata umwanzuro ko ahabwa igihe gihwanye n’iminsi itatu gusa ngo abe yagarutse imbere y’Urukiko.

Ku kirego Mugesera yavugaga ko haba hari uburenganzira bwe yaba atarahawe, Urukiko rwemeje ko ibi avuga nta shingiro bifite kuko ngo inyandiko mvugo yahabwaga z’imanza ariwe wazisinyaga ku giti cye, kandi ngo nta gahato ashyizweho, bityo ngo ibyo avuga bikaba nta shingiro bifite.

Ku kindi kibazo Mugesera yari yagaragaje ni uko Urukiko mgo rwaba rwaramwimye ijambo ryo kwisobanura, aha ariko Urukiko Rukuru rwavuze ko nta mwanya yimwe kuko urubanza rwari rutaratangira mu mizi yarwo, aho uregwa ahabwa umwanya wo kwisobanura ibyo ashinjwa nyuma yo gusomerwa ibyo arengwa nk’uko itegeko rigenga iburanisha ry’imanza ribivuga.

Léon Mugesera w’imyaka 59 y’amavuko, yagejejwe mu Rwanda akuwe muri Canada tariki ya 24 Mutarama umwaka wa 2012, ashinjwa ibyaha byo gushishikariza Abahutu b’intagondwa kwica Abatutsi muri Jenoside yo muri mata 1994,mw’ijambo yavugiye ku Kabaya mu mwaka w’1992.

IBITEKEREZO
None se aho namubwiriye ngo asabe Abanyarwanda imbabazi ntiyumva ? Ariko mumbwire niba yemererwa gusurwa kuri gereza tuzamwoherereze delegation imufashe hanoubundi,urubanza rwe ni urucabana pe !
Musubize23.07.2012 saa 00:46
Betty
ariko rwose mugenzi mwababariye mugenzi ko ibyo yavuze yagirango arihakirwa kuri Habyara hanyuma akamwamagana akamuhiga ngo ashyikirijwe ubucamanza ariko se nkumuntu wivugiye ati abo twagombaga cica twarabishe abagomba gucyurwa turabacyura twarabikoze ati ariko ikijya kimbabaza ibihe byarihuse ntitwakora ibyo twagombaga gukora twajyaga kubamariramo umujinya bakagira icyo bajyana ariko noneho twariteguye kandi twaguze nisyo zo kubasya ngo kacikaci ayiwe
Musubize22.07.2012 saa 12:51
matama
arikosekonangwanabandi bavugakobababeshyera uyuweyakwemeye kwaburananibyoyavuzekoko ?
Musubize22.07.2012 saa 04:25
byiringiro
Ku muntu wese waba yaragerageje gukurikira ijambo Mugesera yavuze, yahita abona ko urubanza rwarangije kwica. Nuko ari ugukurikiza amategeko naho ubundi urubanza ntirwari na ngombwa. Ahubwo niyemere ace bugufi asabe imbabazi abo yahemukiye ndetse n'abanyarwanda bose muri rusange,bityo n'Imana izaboneraho kumubabarira. N'abandi bantu bavuga ama discours ajya gusa niyo Mugesera yavuze babonereho ko umunsi wabo uzagera nabo bakajya nkaho ari kuko burya Imana ntirenganya.
Musubize22.07.2012 saa 03:56
Uwase
saba imbabazi ubabarirwe nabo wahemukiye baruhuke
Musubize21.07.2012 saa 15:07
cyomoro
Léon Mugesera w’imyaka 59 y’amavuko, yagejejwe mu Rwanda akuwe muri Canada tariki ya 24 Mutarama umwaka wa 2012, ashinjwa ibyaha byo gushishikariza Abahutu b’intagondwa kwica Abatutsi muri Jenoside yo muri mata 1994,mw’ijambo yavugiye ku Kabaya mu mwaka w’1992.
Musubize21.07.2012 saa 13:01
kakak@
kabwana aho turemeranya kabisa
Musubize21.07.2012 saa 11:24
bahoyi
wowe witwa Rulinda urandangije cyane. Rwose uyu mugabo afungiye mu Rwibutso byaba ari hatari uretse ko atatera kabiri kuko yajya areba imbaga yabantu yoretse mba nkuroga yahita yiyahura pe. Na none avuze abo bafatanyije nawe watungurwa kuko abenshi nabo mwirirwana. murakoze
Musubize21.07.2012 saa 08:55
john
Twirinde imvugo zisenya kuko nubu hariho abitwara nka Mugesera bakoresha imvugo zidahumuriza !Ijambo ryiza ni mugenzi w'Imana.
Musubize21.07.2012 saa 06:55
kabwana
Igitekerezo utanze kirigisha cyane. Kwemera ko wakosheje ugaca bugufi ugasaba imbabazi numuco mwiza,kandi nabandi bakora amakosa nkayo Mugesera yakoze bari bakwiye kuhakura isomo amazi atararenga inkombe.
22.07.2012 saa 03:58
Uwase
Amacenga y'agasaza ari gushira,buretse ko no kukabonera igihano ukurikije ibyo kakoze ubyibaza bikagushobera keretse nibamwubakira Prison ye mu rwibutso, abaje kuhasura nawe bakajya bamusura, akababwira amateka ya genocide,nuko yayitekereje. cg se agasaba koroshya ibihano mu gihe yareka kugora inkiko,agasobanurira abanyarwanda kuva mu mizi ,uko genocide yateguwe, n'abo bafatanyaga, uruhare rwa buri wese mu kuyitegura,uko gahunda zari ziteguwe, n'uko zagombaga gushyirwa mu bikorwa, n'impamvu nyamukuru yabibateraga, icyatumye ahunga mbere,uwabimugiriyemo inama n'abamufashije guhunga, agasaba n'abanyarwanda imbabazi.
Musubize21.07.2012 saa 05:55
Rulinda
ariko mugesera rwose ubwo ntiwapfukama ngo usabeimabazi abanyarwanda ndetse ni imana akakubabarira ukazibonera ijuru ??koko igihano ukwiye nawe urakibona uzasazira 1930.
Musubize21.07.2012 saa 03:14
betty
Ntiyatinyuka kuko nta mutima nama yigeze yibikamo. Nawe se Dr muzima aha nzaba mbarirwa.
22.07.2012 saa 05:43
Mugabo

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!