IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Kubera amakimbirane, umugore we yamennye ibanga ry’uko akora impapuro mbimbano


Yanditswe kuya 13-09-2012 - Saa 00:51' na Teddy Kamanzi

Nahimana Emmanuel w’imyaka 32 yatawe muri yombi akekwaho icyaha cyo gukora impapuro mpimbano na permis, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Nyamirambo, ibi byaturutse ku mugore we wamennye ibanga, kubera amakimbirane bari bafitanye.

Nahimana usanzwe akora umwuga wo gucuruza inkweto, yigeze kwigisha amategeko y’umuhanda i Kamembe muri Auto-ecole ibyo bituma abantu bamugirira icyizere, nibwo yatangiye kujya abeshya abantu bafite provisoire ko azabafasha kubona permi badakoze ikizamini nabo bakamwishyura.

Uyu mugabo yatangaje ko yakaga abaturage ibihumbi 10,000 byo kwiyandikisha akaba yari amaze kwakira amafaranga angana n’ibihumbi 350,000 y’abantu batandukanye, afatwa yari afite impushya zo gutwara ibinyabiziga by’agateganyo (provisoires) z’abaturage icumi, lisiti mpimbano 2 z’abatsinze ibizamini bya permis, kashe (cachet) mpimbano ya Traffic Police na resi za Rwanda Revenue z’abakeneye gukora ibizamini bya provoire na definitif, ibi byamenyekanye biciye ku mugore we bari bamaze iminsi batumvikana, kubera ibibazo bwite maze ahitamo kurega umugabo we.

Nahimana yavuze ko uyu murimo w’ubwambuzi bushukana bwo kubeshya abantu ko azabaha permis yawutangiye hashize umwaka n’amezi, ariko akaba nta muntu n’umwe yari yarahaye permis bose yababwiraga ko zitarashoboka, ndetse yanumvaga ko azakomeza kubikora amaherezo akazacika akajya mu kindi gihugu kuko ntiyabikoraga muri Kigali gusa.

Umuvugizi wa Polisi Spt Theos Badege yavuze ko abaturage bagomba kwirinda abantu nk’aba, kuko uramutse ufashwe ufatwa nk’umufatanyacyaha, yongera gushishikariza abantu kujya bagana amashuri ya Auto-ecole n’inzego za Polisi zikabibafashamo.

Bimwe mu byafashwe

Akomeza avuga ko icyaha nk’iki cyo kwigana impapuro za Leta kiba gikomeye, kuko gihanishwa igifungo cy’imyaka 7 n’amande ashobora kugera kuri miliyoni eshanu.

IBITEKEREZO
Imwe mu mpamvu abantu ubu basigaye bifashisha abantu nka Emmanuel Nahimana nuko impapuro kugira ngozigerweho ngo usanga bihenda cyane . Inzego zibishinzwe zigomba kwiga kuri iki kibazo kugira ngozice intege abantu nkaba babyihisha inyuma kugira ngo baorere amafaranga. Ikindi impapuro nka z'ibinyabiziga, ibizamini mu mashuli , impamyabumenyi, bifatwa nk'inkingi z'imibereho abantu bavuga ko zihenda cyane akaba ariyo mpamvu usanga amategeko yirengagizwa kandi imvune zabyo zikaba ari zo zivunana cyane kurusha gushakisha ayo mafaranga nokwihangana ugategereza. Ntarugera François
Musubize15.09.2012 saa 01:21
Ntarugera François
Ziriya quittance za RRA se na zo yarazicuze cyangwa yibye agatabo kabo ? na byo bikwiye gukurikiranwa ahubwo !
Musubize13.09.2012 saa 07:39
Ineza Lili
Ndagaya uyu mugore pe !! None se umugabo ntiyahahaga bagasangira ?? Umugore w'umupfayongo pe !! Nawe ni umufatanya cyaha nizere ko ari mumaboko ya police.Uriya mugabo ni umunyamafuti ariko birareba police kumushaka ,kumuvumvura,...
Musubize13.09.2012 saa 07:22
rwibutso
Nubwo bwose amuvuyemo, barasangiye kandi abizi neza ko biba rubanda. Nibasangire rero n'ibihano.
Musubize13.09.2012 saa 05:56
Dodri
Uyu uvuze ngo abashakanye baba biyemeje gukundana sinemeranya nawe.No mu byaha se ?Niyica umuntu azamuhishire,niyiba azamureke ?Iyo basezerana baravuga ngo :"Ngusezeraniye kutazaguhemukira haba mu mahoro cyangwa mu makuba"Iyo ayo makuba ari we uyikururiye kubera ibyaha ?
Musubize13.09.2012 saa 05:39
Sekidende
ndasubiza Selidende. Ariko n'ubundi uyu mugore wimurengera kuberako ubirebye neza nawe n'umufanyacyaha. Umugabo yaramaz'igihe abikora babana, abizi akamuhishira. None amutanze kuberako bafitany'ibibazo hagati yabo. Iyo bitab'ibyo barikugumya bagasangira ayo maronko yabikuragamo. Yaba umwere ar'uko ikibazo bafitanye cyaba gishingiye kukumubuza gukora ubwo bujura yakoraga.
13.09.2012 saa 07:09
kalisa
nonese amakuba n'iki ? nonese tuvuge ko azamugemurira ariwe wamufungishije, ese icyo bapfa n' iki ? cyangwa ntiyamuhaga kuri ayo mafaranga, ubwo rero nawe n'umunyacyaha nawe akwiye gufungwa
14.09.2012 saa 12:29
eee@ahoo.fr
PERMIS z'impimbano ???? Ni ukureba niba atarakoze na DIPLOME dore ko bishoboka, hakaba hari n'abaherako bajya kwiyandikisha muri za KAMINUZA biyishyurira....
Musubize13.09.2012 saa 05:33
.....................
La 2eme tresse signifie : Aime ta famme mais ne lui jamais confie le secret d'Etat ! (Les 4 tresses symboliques) Car.......Le voila !
Musubize13.09.2012 saa 05:26
Rambadina
Déjà , SOCRATE (470 -399 av. J. - C) disait que « la femme est un mal nécessaire  ». Quelques versets bibliques n’échappent pas à cette vision négative de la femme : L’histoire d’Adam et d’Eve dans le jardin d’Eden est perçue comme une réalité divine selon laquelle la femme est à l’origine du péché. De ce fait, la morale biblique et l’éthique rwandaise semblent conseiller l’homme de ne jamais confier ses secrets à une femme quels que soient les sentiments qu’il nourrit à son endroit : « Utâazî umugambaanyi yiiriingira umugorê  » (Qui ne connaît pas le traître fait confiance à sa femme). Nous lisons encore dans Michée (Mika) 7 : 5 : « Ne croyez pas à un ami, ne vous fiez pas à un intime ; devant celle qui repose sur ton sein garde les portes de ta bouche  ».(La sainte Bible, « Ntimukizigire inshuti ; ntimukiringire inshuti y’amagara ; ndetse n’umugore wawe mupfumbatana ntumubumburire umunwa wawe, ngo ugire icyo umubwira. »)
Musubize13.09.2012 saa 05:19
Pendo
Déjà , SOCRATE (470 -399 av. J. - C) disait que « la femme est un mal nécessaire  ». Quelques versets bibliques n’échappent pas à cette vision négative de la femme : L’histoire d’Adam et d’Eve dans le jardin d’Eden est perçue comme une réalité divine selon laquelle la femme est à l’origine du péché. De ce fait, la morale biblique et l’éthique rwandaise semblent conseiller l’homme de ne jamais confier ses secrets à une femme quels que soient les sentiments qu’il nourrit à son endroit : « Utâazî umugambaanyi yiiriingira umugorê  » (Qui ne connaît pas le traître fait confiance à sa femme). Nous lisons encore dans Michée (Mika) 7 : 5 : « Ne croyez pas à un ami, ne vous fiez pas à un intime ; devant celle qui repose sur ton sein garde les portes de ta bouche  ». (La sainte Bible, « Ntimukizigire inshuti ; ntimukiringire inshuti y’amagara ; ndetse n’umugore wawe mupfumbatana ntumubumburire umunwa wawe, ngo ugire icyo umubwira. »)
Musubize13.09.2012 saa 05:02
Pendo
birababaje
Musubize13.09.2012 saa 04:52
odeta
IMINSI Y'UMUJURA NI MIRONGO INE , WARAKOZE WAMUGOREWE
Musubize13.09.2012 saa 04:01
geny
Iyi business nibashaka bayireke kuko ntiramba iminsi 40 iragera bagafatwa.Uyu mugore nawe nuwo gushimirwa kuko yatanze amakuru n'ubwo yabikoze agira ngo amwikize kubera ibibazo bafitanye.Ubundi iyo baza kuba babanye neza yari kuryumaho.
Musubize13.09.2012 saa 03:08
Sekidende
nizere ko uwo mugore nawe azahanwa nk'umufatanyacyaha, kuko yamuhishiriye igihe kinini.. Barihima ba....
Musubize13.09.2012 saa 02:52
mahoro
Umugabo ni umunyabyaha akwiye guhanwa, ariko uriya mugore ndamugaye cyaneeee ubanza atari umunyarwandakazi. Ariko nanone yafashije police gutahura ucyekwaho gukora ibyaha.
Musubize13.09.2012 saa 02:17
t
Police izakurikirane na hariya kuri tapi i Nyamirambo hari abatekamutwe birirwa barya amafaranga y'abaturage bababeshya ngo baziranye n'abapolisi cyane umushoferi uhakorera witwa MISAGO, abantu yabamazeho udufaranga twabo.
Musubize13.09.2012 saa 01:22
jhon
We jhon. Kirazira kuvuga amazina y'umuntu publiquement kuko wasanga mufite ikindi kintu mupfa ugashaka kumuharabika gusa. sinkuzi kandi nawe simuzi gusa uwo muco ndawukugayaho byumwihariko. uri feke sana. ntuzabyongere !! naguhanaga sinkwanga kuko ntanakuzi
13.09.2012 saa 07:23
Emmy
Ahaa. ubwo nyene we yagira ngo afite umunyabanga we naho yikwegeye ishyano. none se uwo mugore ko umugabo we agiye gufongwa imyaka irindwi, azunguka iki ? Sindiko nshigikira abakora impauro mpimbano, ariko nagira ngo mbwire abashakanye ko baba biyemeje gukundana, mu mahirwe no mu magorwa. ntawakwishimira rero ko abashakanye bagiriranira nabi. Polisi ni akazi kayo ko kubivumbura.
Musubize13.09.2012 saa 01:09
Alice
Guhana simbyanze ariko nabatangarizako kugeza ubu mu Rwanda ari twe dusigaranye ibihano binini kdi bidafite icyo byigisha uwakoze icyaha. Imyaka 7(irindwi) !!!??? Tujye duhana ariko tunibukeko nuhanwa ari umuntu kdi akeneye kugira icyo yigira kugihano yahawe.Ibyo bishoboka iyo igihano gicishirije hanyuma nyiruguhanwa akagaruka mu bandi kubaho mu buryo bukosoye.Simpamyako iriya myaka yose hari icyo izamumarira ahubwo azavayo yarize ibindi birenze ibyo yakoraga.
13.09.2012 saa 07:34
Koraneza

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!