Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Nyakanga 2012, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, aho rukorera i Kanombe, rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buregamo Lt Col. Rugigana Rugemangabo, maze rumukatira gufungwa imyaka icyenda, agatanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100, n’amagarama y’Urukiko angana n’amafaranga ibihumbi makumyabiri.
Hari mu ma saa sita, ubwo Lt Col Rugigana Rugemangabo, yagezwaga mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare, yambaye imyenda ya Gisirikare. Inteko y’Urukiko igitegerejwe umuburanyi yaganiraga n’umwunganira mu rubanza, Me Butera Geoffrey. Hafi saa sita n’igice abacamanza banjiye, batangira gusoma uko urubanza rwabereye mu muhezo rwagenze.
Urubanza ubushinjacyaha bwa gisirikare bwaregagamo Lt Col Rugigana Rugemangabo, rwageze mu rukiko bwa mbere kuwa 24 Ukwakira 2011, ruhabwa No RP 005/011/HCM, rurakirwa, iburanisha rya mbere riba kuwa 28 Ugushyingo 2011, rusubukurwa kuwa 2 Ukuboza 2011, na bwo rwarasubikwa, kuko hari hagikorwa iperereza mu rwego rwo gukusanya ibimenyetso, humvwa n’abatangabuhamya. Urubanza rwahise rutangira kuburanishwa mu muhezo.
Hasomwa imyanzuro y’urubanza rwabaye mu muhezo, ibyo Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwashinjaga Lt Col. Rugigana Rugemangabo, ndetse n’ubuhamya bwatanzwe n’abavugaga ko bazi imigambi ya Lt Col Rugigana Rugemangabo, byose ngo yarabihakanye, avuga ko ibyo aregwa ari ibihimbano kandi n’abatangabuhamya batagomba kugirirwa icyizere, batakwemerwa nk’abatangabuhamya.
Urukiko rumaze kumva impande zombi mu muhezo, kuri uyu wa Gatatu rwasomewe urubanza mu ruhame ; mu byaha aregwa Lt Col Rugigana Rugemangabo yahamwe na bibiri muri bitatu, ari byo ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi hakoreshejwe intambara ; no gukwirakwiza ibihuha agamije guteza imvururu cyangwa imidugararo yangisha abaturage ubutegetsi, ibi yabihanishijwe ibihano bisumba ibindi biteganywa n’amategeko. Icyaha kitamuhamye ni icyo gukwirakwiza intwaro no gukorana na FDLR.
Me Butera Geoffrey wunganira Lt Col Rugigana Rugemangabo, yatangaije IGIHE ko bishimiye imikirize y’urubanza ariko bajuririye igihano bahawe kuko ari kirekire.
Umuvugizi w’Igisirakare cy’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita, yatangarije IGIHE ko bashima ubutabera kuko bwakoze akazi kabwo, ariko bajuririra icyemezo cy’Urukiko kuko igihano bahaye Lt Col Rigigana Rugemangabo ari gito ukurikije ibyo aregwa.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwari bwasabiye Lt Col Rugigana Rugemangabo gufungwa burundu. Uru rubanza rwatangiye kuburanwa mu mizi muri Mutarama 2012, rusozwa kuwa 26 Kamena, rusomwa kuri uyu wa 25 Nyakanga.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |