IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Miliyoni zisaga 33 zakusanyijwe n’urubyiruko rw’u Rwanda mu gutabara Abanyasomaliya zoherejwe


Yanditswe kuya 26-10-2012 - Saa 02:45' na Mathias Hitimana

Ku bw’imbaraga z’urubuga nkoranyambaga rwa Facebook, Urubyiruko rw’u Rwanda rwakusanyije inkunga ingana na miliyoni 33,611,576 z’amafaranga y’u Rwanda mu gutabara abaturage batabarizwaga mu gihugu cya Somaliya kubera inzara n’amapfa byahavugwaga, iyo nkunga ikaba yamaze gushyikirizwa Ambasade ya Somaliya ikorera mu Rwanda.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Rwanda,Jean Philbert Nsengimana, ayoboye itsinda ry’urubyiruko (Rwanda Youth Campain for Somalia) bashyikirije ku wa Kane tariki ya 25 Ukwakira Ambasaderi wa Somaliya mu Rwanda, Cabdullani Sheikh Maxamed, sheki y’amafaranga yakusanyijwe mu gutabara Abanyasomaliya bari bugarijwe n’amapfa n’inzara.

Ambasaderi Cabdullani Sheikh Maxamed, n’ ibyishimo byinshi yatewe n’ubwitange bwagizwe n‘urubyiruko rw’u Rwanda yagize ati ”ndishimye simbara umubare w’amafaranga njye ndita cyane ku mutima w’impuhwe w’abayatanze.”

Ambasaderi Cabdullani Sheikh Maxamed ashimira Minisitiri w'Urubyiruko n'Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana ubwitange urubyiruko rw'u Rwanda rwagize

Igitekerezo cyo gukusanya inkunga yo gufasha abanyasomaliya, cyaturutse ku musore witwa Emmanuel Hitimana, ubu ukora umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, wanditse ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook ati “Rwanda fasha Somaliya”, nyuma yo kumva batabariza Abanyasomaliya ko bahuye n’ibiza by’amapfa n’inzara.

Nyuma y’aho yandikiye ibyo, nk’uko bigaragazwa na Rwanda Youth Campain for Somalia, mu masaha 24, ubwo butumwa bwahise bukurikirwa kuri Facebook n’abantu bagera kuri 300, bakomezaga kwiyongera umunsi ku munsi, kugeza ubu hakaba hamaze kugeraho abantu bagera 2887.

Hitimana Emmanuel wagize igitecyerezo bwa mbere, ni uwicaye wambaye ishati ijya gusa n'umweru utambaye karavate

Abantu bamaze kugaragaza ko igitekerezo cyo gufasha Somalia cyashyigikiwe, hatumijwe inama binyuze n’ubundi kuri Facebook, inama yitabirwa n’abantu bane, baje gushyikiriza igitekerezo cyabo Inama Nkuru y’Urubyiruko, nayo ibishyikiriza Minisiteri y’Urubyiruko , biza no kugezwa mu nama y’Abaminisitiri, bishyirwa mu myanzuro ku itariki ya 2 Nzeri ko hakorwa ibikorwa byo gukusanya inkunga yo gufasha Somaliya.

Abahanzi nyarwanda babinyujije mu ndirimbo bahamagariye Abanyarwanda kwitabira igikorwa cyo gufasha abari mu kaga, ndetse no mu mikino kuri stade Amahoro i Remera ubwo butumwa bwagiye butambuka.

Umuhuzabikorwa wa Rwanda Youth Campain for Somalia, yatangaje ko bishimiye ukuntu abantu bitabiriye gufasha, bamwe bakanashyira amafaranga mu ibanga kuri konti. Ati ”hari n’uwashyizeho amafaranga agera kuri miliyoni ebyiri kugeza na n’ubu tutigeze tumenya.”

Ambasaderi Cabdullani Sheikh Maxamed ashima indangagaciro zitozwa abanyarwanda, cyane cyane guhora bibutswa ko bagomba kwiha agaciro, binagaragarira no kugira umutima ufasha.

Minisitiri Jean Philbert yasabye urubyiruko ko rwakomeza kujya rumenya gukoresha ikoranabuhanga neza, ku buryo ritanga umusaruro, anasaba kwishimira ko byose bishoboka kubera ubuyobozi bwiza. Ati “nta buyobozi bwiza buri mu Rwanda, nta bikorwa by’ubwitange nk’ ibi byari gushoboka….mukomeze kurangwa n’urukundo, kwitanga no gufasha ”.

Somaliya ni iigihugu kiri ku nyanja y’Abahinde , gituwe n’abaturage bagera ku 10,085,638. Gifite ubuso bwa….Bavuga Igisomali, Icyarabu nk’indimi za mbere, hakiyongeraho Icyongereza n’Igitaliyani nk’indimi za kabiri.

Somaliya usibye kuvugwamo inzara n’amapfa , n’igihugu cyaranzwe n’intambara z’urudaca , hakunze kuvugwa cyane umutwe wa Al Shabab, washyizwe ku rutonde rw’imitwe ifashwa n’umutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda. Hashize igihe gito Somalia ivuye mu nzibacyuho , ishyizeho ubuyobozi.

IBITEKEREZO
nibyiza koko abanyarwanda tugomba kugira umutima utabara tunihesha agaciro nindangagaciro y'umunyarwanda
Musubize26.10.2012 saa 08:14
mobine
Birasekeje gusa , ese uru rubyiruko rwabanje rugatabara barumuna barwo hano murwanda barwaye bwaki ??? Somalia abanyamerika ko baliyo bazarangiza ikibazo cyabo !!! kandi ko somalia ishobora guta ideni ikazaryishyura , batangiye gucukura ILANIUM !!!!
Musubize26.10.2012 saa 05:28
dudu
Wowe Dudu umbabarire singusuzuguye ariko biragaragara ko ugifite imyumvire yuko abazungu aribo bashobora gukemura ibibazo muri Afrika. Aba bakoze iki gikorwa jyewe ndabashima kuko nubwo ntabukire bafite ariko bafite umutima wo gusangira duke bafite n'abandi bafite ibibazo nk'ibyacu. Ngaho nawe tangira ubuvugizi kubana b'abanyarwanda barwaye bwaki. Ariko nziko na Leta icyo kibazo ikizi kandi hari ingamba zo kugikemura.
26.10.2012 saa 06:11
Juru
Ni ukuri iyi nkuru iranshimishije cyane, kandi uyu Minisitiri w'Urubyiruko mushimiye vision afite yo gukoresha imbaraga abona mu rubyiruko mu kugira uruhare mu mirimo myiza. Bravo Rwanda Youth, may God guide your focused vision with passion, keep it up.!
Musubize26.10.2012 saa 03:16
Safina

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!