IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Minisitiri Kalibata yegukanye igihembo mpuzamahanga cya Yara


Yanditswe kuya 6-09-2012 - Saa 02:46' na Elisée Mpirwa

Kuri uyu wa Gatatu Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Kalibata Agnes yatangajwe ko ari we watsindiye igihembo cyiswe Yara cyo mu mwaka wa 2012 kubera uruhare rwe mu guharanira kwihaza mu biribwa mu Rwanda.

Ibi byatangarijwe mu mujyi wa Oslo ho mu gihugu cya Norvege, aho Dr. Kalibata akaba yahembewe hamwe na Dr. Eleni Gabre-Madhin, umuyobozi ucyuye igihe w’Isoko ry’ibikomoka kuri Peteroli rya Etiyopiya (Ethiopian Commodity Exchange – ECX).

Itangazo rituruka muri Yara International rivuga ko aba bayobozi bombi bagaragaje ko impinduka zishoboka n’ubwo bari mu karere kagoranye.

Iryo tangazo rigira riti : “Bakoze iby’ingenzi bishoboka mu nzira zose hamwe n’abafatanyabikorwa. Ibyo bagezeho bikwiriye kubera urugero ibindi bihugu ngo byongere umusaruro kandi bigira urwego rw’ubuhinzi burambye.”

Umuyobozi wa Yara, Jørgen Ole Haslestad yashimiye abatsindiye iki gihembo ku bw’imbaraga bagaragaje mu guharanira ukwihaza mu biribwa atari gusa mu bihugu byabo ahubwo no ku mugabane wose wa Afurika.

Haslestad yagize ati “Yara ishakisha ahari ibigoranye ku isi. Mu gutanga iki gihembo, turashima abagize uruhare ku mpinduka mu buhinzi. Ndashima cyane kandi aba begukanye iki gihembo.”

“Iri ni ryo terambere nyakuri rikenewe ngo gahunda ya Grow Africa Initiative itere imbere, ku bufatanye na Yara ndetse na NEPAD n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).”

Igihembo cya Yara gihabwa ababa baratoranyijwe n’akanama k’abatanga iki gihembo hakurijwe ubushishozi buhagije.

Agaciro k’iki gihembo kabarirwa mu madorali y’America (USD) 60,000 ubu azagabanywa aba bombi bacyegukanye.

Iryo ryatangazo kandi rikomeza rigira riti “Dr. Kalibata Agnes yagenewe iki gihembo kubera uruhare rukomeye mu guhindura ukwihaza mu biribwa ndetse no guteza imbere urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda kandi mu gihe gito.”

Kugeza u Rwanda ni igihugu kihaza mu biribwa kandi Abanyarwanda barenga gato miliyoni bashoboye kwikura mu bukene hagati y’umwaka wa 2005 na 2011.

Abagize akanama ka Yara bavuga ko Kalibata yashoboye gushyiraho umurongo ngenderwaho mu bijyanye n’ubuhinzi ku bufatanye na NEPAD/CAADP aho yakanguriye cyane leta kongera ingengo y’imari ho 10%, kandi u Rwanda ni cyo gihugu cya mbere cyashyize mu bikorwa gahunda yo kwita ku iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika (Comprehensive Africa Agriculture Development Programme-CAADP).

Mu kiganiro na The New Times, Minisitiri Kalibatayavuze ko yishimiye iki gihembo agihuza na politiki ya guverinoma yashyizeho ngo hatezwe imbere ukwihaza mu biribwa.

Yagize ati “Nyuma yo gutegurira u Rwanda ejo hazaza ndetse no gutuma Abanyarwanda bihaza mu biribwa, twanageze ku rwego rw’umugabane. Uruhare rwacu muri CAADP ndetse no gutanga urugero ku bindi bihugu ku rwego rw’umugabane, kandi turacyari imbere muri Grow Africa Initiative iri guhuza aborozi n’abahinzi.

Yongeyeho ko u Rwanda ruri mu bihugu bike byongeyeho 10% ku ngengo y’imari y’igihugu ku bijyanye n’ubuhinzi nk’uko ibyemezo by’i Maputo bibigaragaza.

Kalibata avuga ko gahunda za Leta ari ukongera umusaruro w’ibikomoka ku bihingwa, kunoza amaterasi y’indinganire, gahunda yo korora inka kuri buri muryango ndetse no gushyiraho isoko rihuza abahinzi n’aborozi ; byose byatumye habaho impinduka ikomeye mu kwihaza mu biribwa.

Aba batsindiye iki gihembo cya Yara bazagishyikirizwa tariki 27 Nzeri mu mujyi wa Arusha muri Tanzania.

IBITEKEREZO
Imana yahaye umugisha urugo rwabo. Mujye mwibuka ko Ikigo umugabo we ayobora (Migration) aricyo gihora ku isonga mu Rwanda no mu mahanga mu mitangire myiza ya Service. Ni urugo rw' abakozi b'abahanga bari serious pe ! Mutekereze rero uburyo urugo rwabo rumeze (very organized), rugomba gutera imbere cyane nta kabuza. Naho mwebwe mwiyise Kontaro na EDF mupinga uyu mubyeyi muvuga ko adakwiye igihembo mukwiye guhumuka ku mutima mukareba ibikorwa aho guheranwa n'urwango mwanga Igihugu cyanyu mutifuza ko ibyo kigeraho bishimwa !
Musubize7.09.2012 saa 02:02
Bobori Jean Claude
Ariko wowe witwa kontaro nizina lyawe ntirisobanutse ugaya ibyabandi bagezeho namahanga akaba abibona wowe wakozi iki muriki gihungu twakumenyeraho. abantu nkamwe mwahozeho kandi muzagumaho.ntimulya mwishima mutuzwe nishyari gusa.
Musubize7.09.2012 saa 00:51
joy
Jye ndabona iki gihembo yabonye tugikesha Guverinoma yacu yashyizeho programe yo guteza imbere ubuhinzi. kuba ari we wagihawe ni uko cyatanzwe muri domaine y'ubuhinzi nta nuwundi wari kugihabwa usibye ko ariwe uyobora iyi domaine. Niyo bwari bucye bashizeho undi mu Minisitiri niwe wari kugihabwa. bivuze ko rero ari politike y'u Rwanda nziza. Ibi byose jye mbikesha HE washyizeho Imihigo, hanyuma nkanashimira Mayors bahiga babishyiramo imbaraga kubera signature ya HE, aba Ministre bagashyiramo imbaraga yo kubikurikirana kugeza bishizwe mu bikorwa cyane abayobora gahunda mpinduramatwara mu bukungu IDP. rero ba Mayors b'Uturere namwe kiriya Gihembo muragikwiye peeeeee. Minister Kalibata azajya kubahagararira kugifata kubera ko mwubashe ibyo muba mwasinyanye na HE rero mukomerezaho.
Musubize7.09.2012 saa 00:39
baby
Congratulations kuri uyu mutegarugori,Leta y'Urwanda isigaye ifite abategarugori bateje ishema n'isheja,baminuje mu mashuri kandi babahanga,bakora ibintu ukabona ni ibyubwenge koko,muribo twavuga Minister Mushikiwabo,Dr.Kalibata Agnes,Dr. Kanyandekwe Christine ,Dr. Mujawamariya,n'abandi
Musubize6.09.2012 saa 17:54
kalinda
congratuiations our minister. igikombe uragikwiye,ababishidikanya bazabaze abagronome uburyo ukorera kuri terrain. n'ibindi bikombe bizaza.
Musubize6.09.2012 saa 16:10
J.D
congs mme ! subirayo ntamahwa,rwose ndifuza ko namuligande wamubwira uko wabigenje kuko nawe ndamwemera.murakabaho
Musubize6.09.2012 saa 14:36
zazo
Congs our lovely Minister, congs for the great miracles that our God almighty did, was real very happy for the great news of having got Angels, Yesu at (nzabahera umugisha murubyaro rwanyu) and congs again for being hard working lady. God bless u alwayz and your lovely Angels, wish i could see them.
Musubize6.09.2012 saa 09:11
jackie
nkunda ukuntu ali tres elegante
Musubize6.09.2012 saa 08:31
alice
ibi byose bituruka kuri Politique nziza y'igihugu cyacu,gusa abayobozi b'utugali nibabshyiremwo imbaraga kuko nibo bari aho imirimo ikorerwa kandi umunsi abayobozi bose bazashyira imbaraga mubyo bashinzwe ntakabuza Urwanda ruzatera imbere
Musubize6.09.2012 saa 08:05
Rafiki
Ariko rero njye hari icyo nanze kugenderamo kimeze nk'ikigare ! Ni gute Ministri umaze hafi umwaka urenga atari mu kazi(yari arwaye ari mu mahanga) byavugwa ko yahawe igihembo cyo gukora ibintu runaka ?! Njye nsanga ari igihembo gisa n'igihatiwe cyangwa cyatekinitswe ! Mubijyeho impaka. Niko mbibona kuko nk'umunyarwanda uri mu Rwanda nta kintu mbonye iyi ministeri yakoze kidasanzwe ! Ahubwo abaturage bakomeje kurenganywa barandurirwa imyaka, batemerwa intoki, bategekwa guhinga igihingwa kimwe kandi bagategekwa n'igiciro bakigurishaho ! Sinemera rero icyo gihembo. Nizere ko ntabitererwa imijugujugu, ngo nuko ntabibonye kimwe na benshi mbonye kuri uru rubuga !
Musubize6.09.2012 saa 07:17
Kontaro
Aho ho uvuze uko ubibona ntiwagombye kubizizwa ! Ikibazo ni ukumenya niba koko abanyarwanda natwe tubona uyu Ministri akwiye kiriya gihembo koko ! Njye ku bwanjye, nta marangamutima, navuga ko icyo gihembo ntacyo akwiye rwose.
6.09.2012 saa 09:46
EDF
ureba ubicuritse niba ariko ubibona ! nonese wari gushimishwa n'uko umuturage akomeza gufata akarima ke agahingamo imvange z'imyumbati ,ibishyimbo,amateke n'ibijumba arya gusa ? ntibigire ikindi bimumarira ? ngaho mbwira icyo unenga kuri gahunda yo guhuza ubutaka ,umbwire ubaye Ministri ukamusimbura gahunda nziza wageza ku baturage ? ngo amaze iminsi adahari ? none se iyo adahari akazi karahagarara ? yakibonye nk'uhagarariye Minagri ntabwo yakibonye nka Agnes,mujye mutandukanya ibintu,ngo ntacyo Miniseteri yakoze kidasanzwe ???? kweri ???? ubu uko twari muri 84 niko tukiri ? wigeze ubona imachini zihinga mu Rwanda muri iyo myaka ?wigeze ubona inganda z'imyumbati ? umuceri wahingwaga hangahe mu gihugu ? ese utuye mu kahe karere ngo numve impamvu ugaya cyane ? njye mbona harabaye impinduka nyinshi mu buhinzi kandi nziko bikijije abanyarwanda batari bake. Gusa ntacike intege ku bwa msg yawe kuko abantu nkawe muri societe bahoraho,naho ubundi iyi Minisiteri irakora
7.09.2012 saa 02:15
kbt
N'uwanga urukwavu ntiyabura kuvuga ko tuzi kwiruka. Iyi Minisiteri yrahindutse cyane kuva Kalibata yaba Minisitiri. Sinakirirwa ngusaba gusura ibyagezweho n'iyi Minisiteri kuko n'iyo wabibona utashima. Development iragora ntabwo mu mwaka umwe cg itanu abaturage bose baba bavuye mu bukene ariko ibyakozwe biragaragara : Ibishanga byinshio cyane byaratunganyijwe bihingwamo umuceri, hatangijwe gahunda zo kuhira imyaka ku buryo bugezweho (Nasho, Nyagatare). Inzara yaracitse mu Rwanda. umusaruro w'ibiribwa warazamutse ku buryo bugaragara n'ibindi. Haracyari ibyo gukora nibyo ariko nzi ko hari byinshi ntavuze.
1er.10.2012 saa 03:20
Albert Bernard Bongo
Congs minister we love u so much komeze uteze imbere urwakubyaye ukorera abanyarwanda.
Musubize6.09.2012 saa 07:13
jane
congs mama !!we love youuuuuuuuu !!
Musubize6.09.2012 saa 05:36
nyagasani
Ku bakunzi b'Igihe.com n'abanyarwanda muri rusange, mfite ibyishimo byinshi ko Minisiteri y'Ubuhinzi n'ibikomoka ku matungo igaragaje impinduka mu rwego mpuzamahanga. Ubukene muri ibi bihugu byacu bukunze gushingira ku buhinzi nk'uko n'ubukungu bwashingira ku buhinzi cyane cyane ko umubare munini w'abaturage akenshi baba mu cyaro (Rwanda) utunzwe n'umurimo w'ubuhinzi. Kongera ingengo y'imari mu buhinzi kandi igakoreshwa neza murabona ko bifite akamaro ntasubirwaho ! Komerezaho Dada Agnes ! Asante sana.
Musubize6.09.2012 saa 05:30
Bosco
Niyo waba wanga urakwavu ntiwahakana ko ruzi kwiruka. Mme Agnes Kalibata arakora bikagaragarira buri wese. Komeza turagushyigikiye.
Musubize6.09.2012 saa 05:11
Lambert
ibi ni ibya gaciro gakomeye uyu minisitiri njye namuvuze kera kuko bigaragarira buri wese ko akunda gukora cyane naho kubakanga nashaka azabakange ko abakanga akabagaburira murashaka ikindi ki ko dukangwa na ba mayors bakanatwambura nibyo twari dufite. karibata god bless you. tuzagukunda iteka nukomeza utyo
Musubize6.09.2012 saa 05:00
nzaramba
Congratulation our Minister ! Rwose uwaguhaye MINAGRI yarabibonaga, uzateza imbere ubuhinzi kugeza abahinzi bose bahindutse abakire. Turasaba ko muzitabira cyane gufasha abagore nabo babukora. Congs.
Musubize6.09.2012 saa 04:58
abagore mu buhinzi
SHE IS A KIND OF LEADER THAT OUR COUNTRY NEED !! TURAGUKUNDA CYANE WOWE NA PS WAWE MURABAHANGA,MURABAKOZI, MUKUNDA ABAKOZI, NTIMUGIRA AMATIKU,NTIMUGIRA ITONESHA, NTIMURANGWA NICYENEWABO, MUKUNDA UMURIMO. IYI MINISITERI MWIBUKE KO YANABAYE IYAMBERE MU MICUNGIRE YUMUTUNGO WA LETA KANDI IRI MURI MINISITERI ZIKORESHA AMAFARANGA MENSHI. IMANA IKOMEZE IKURINDE NABAWE KANDI YARAKOZE KUMIGISHA YOSE YAGUHAYE NIYO IKOMEJE KUGUHA. IKOMEZE UKUNDE ABAKOZI NUMURIMO.
Musubize6.09.2012 saa 04:52
Vubi
Yes, it is good for our country mate and all Rwandans ! But what is our next contribution to reach up level and sustain our economy dominated by primary sector.
Musubize6.09.2012 saa 04:42
o
yooooooooooooooo,yarabyaye Imana Ishimwe cyane.Imana ijye iduhera urubyaro abayobozi,Icyampa ikarumpera na Murigande kuko ndamusengera.no kuri zero irakora.Rwanda oyeeeeeeeeeeeeee !
Musubize6.09.2012 saa 04:21
Rwanda
Congratulations Minister turagukunda cyane kandi wonkwe twarabishimiye nkunda ukuntu ukunda abahanga ukanagaraga ubushake mu byo ukora Imana ikongerere umugisha
Musubize6.09.2012 saa 04:07
oliva
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!