IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Miss KIE arasaba Abanyarwanda kumushyigikira mu marushanwa ya Miss East Africa 2012 azitabira


Yanditswe kuya 24-11-2012 - Saa 09:18' na Richard Irakoze

Saa saba n’igice z’ijoro ryo kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2012, Umwari Neema, Miss KIE 2012 yitabiriye amarushanwa yo gutora nyampinga wa Afurika y’Iburasirazuba, akazaba ku ya karindwi Ukuboza 2012.

Miss Umwari arizeza Abanyarwanda ko azitwara neza muri aya marushanwa, akabasaba ariko ko kurushaho kumushyigikira.

Aganira na IGIHE yavuze ko imyiteguro yayirangije, kandi ko kuri we icyizere ari cyose.

Umwari Neema w’imyaka 22 azaba ahanganye muri aya marushanwa na Ayisha Nagudi wo muri Uganda w’imyaka 23, Jocelyne Diana Maro wo muri Tanzania w’imyaka 22, Joan Wambui Ndicho wo muri Kenya w’imyaka 18, Rahwa Afeworki wo muri Erythrée w’imyaka 22, Lula Teklehaimanot wo muri Ethiopia w’imyaka 19, Annabelle Marvel Pointe wo muri Seychelles w’imyaka 19, Akuot Philip Suzan wo muri Sudani y’Amajyepfo, w’imyaka 20 na Halifa Ayan Yusuph wo muri Somalia akaba afite w’imyaka 21.

IBITEKEREZO
Imyaka ishize twibohoye ni myinshi ni ngombwa ko tubohoka mu mutwe, mu myumvire no mu bitekerezo. Mbega burya turacyafite abantu bafite imyumvire itari myiza nako mike nk'iyo ?, mzee afite task nini ariko tugomba kumufasha. "Neema , u'll never walk alone !
Musubize14.04.2013 saa 18:03
Murava
Mumuco wumunyarwanda cyangwa umunyarwandakazi ntawita undi agakobwa cyangwa akagabo cyangwa agahungu,agcyecuru mwiyubahe niburi Nya Rwanda koko ntiwavuze agakobwa, ndibazako wagenze imisozi ikagutesha umuco,taha wige
Musubize4.12.2012 saa 06:11
Cyubahiro
bonne chance mukobwa mwiza uzabahige maze ubarahire iwacu maze ikamba ritahe ikigari. kdi uri na mwiza pe.. we are proud of uu ; kdi ndagushigikiyeee bne chance
Musubize26.11.2012 saa 07:09
comfort
Ariko aka gakobwa kitwa Gloria n'aka hehe koko ?? karacyari Mu nkambi y'i mugunga muri congo kamara iki koko ????? Gloria we uracyarindagirira mu nkambi koko watashye mu rwatubyaye tugafatanya ku rwubaka ko ndeba utazi naho urwanda rugeze ??? ubu abanyarwanda turahagarariwe mu nzego zose ndetse no mu marushanwa yo yo kw'isi hose .....haguruka ubwire bagenzi bawe ko u rwanda uko mwarusize atari uko rukimeze ubu ??? abana bato bahatanira mu kurushanwa mu rwego rwo guserukira urwababyaye namwe mukirirwa muta ibitabaphu.......Imana Ibafashe ibahambureho ingiyi ya satani....muaracyahambiriye.
Musubize26.11.2012 saa 03:10
Pasteur Martin
@Pasteur, ubanza naganyiraga abansonga, niba uri Pasteur koko cyangwa niba ari iritazirano umbabarire, nibwiraga ko ibyo mvuga byumvikana ariko ubanza ari jye wibeshye. Iyaba wazirikanaga akaga dufite, wari kumenya ko ntaho navana ibinonko byo gutera ngo ndaca amarenga umunsi wose, rekera iyo ! Icyakora ndemeza ko ibibazo bihari muri aka karere bitazarangizwa no gushengerera uburanga bw'abegakazi ! Nanjye iyo aba atari uru ndiho nterwa n'abo bene wacu maze nkabona agasabune n'utuvuta two kwisiga, ndakubwiza ukuri ko n'ubwo ntakeneye kwitandika nk'uko aba babigenza byonyine nakwishimira ko atari benshi bandenza intambwe. Ngaho nimwikomereze nyabuna ntabwo nari ngamije kwica ubukwe, ibyo ntitwabipfa.
26.11.2012 saa 16:14
Gloria
uyu mwana aramye kabisa .
Musubize26.11.2012 saa 02:54
######
uyu mwana aramye kabisa .
Musubize26.11.2012 saa 02:54
######
wowe wiyise gloria ndacyeka ufite ni ishyari tu,,,,uzabaze no muri bibiliya berekanaga abakobwa kandi mu buryo busa nk`ubwo muri iyi minsi ?niba ujya usoma igitabo cya estelle byagenze bite ngo umwami amauhitemo kumubera umugabekazi ?sibari bateguye amarushanwa nka aya......gutukana ni mico mibi.nabyo si umuco w`umwali w`i Rwanda
Musubize26.11.2012 saa 00:36
toto
Umwari Neema arahebuje pe, turamushigikiye kandi twizeye ko azatahana itsinzi. turanamusengera kuko tuzi neza ko nawe asenga Imana. komera tukuri inyuma.
26.11.2012 saa 02:53
Mugeneka dismas
dcddddd
Musubize25.11.2012 saa 12:11
ddd
Nta kundi nyine uzitware neza gusa ujye wibuka unansuhurize Shillen,ni umwe mubari bagize classe y`imbwa anakina basket na Julius wambaraga 7 akina kuri pivot
Musubize25.11.2012 saa 09:52
Noel
Ndagushyigikiye kandi nzakomeza ngushyigikire. Ndanahamagarira Abanyarwanda bose ndetse n'inshuti zacu zose kugushyigikira, hanyuma igihugu cyacu kigahorana ijambo muri aka karere mu nzego zose. Gusa nawe ntuzadutenguhe, ngirango urumva ibyo nshaka kuvuga !
Musubize25.11.2012 saa 05:10
Kayitare
Wowe wasanga uzaca agahigo uzihangane utware inda umaze kuvanamo ikamba byibura !
Musubize25.11.2012 saa 01:18
abatarakebwe
nukuri turagushyigikiye kdi tukuragije Imana izabigufashemo
Musubize24.11.2012 saa 18:21
erick
uyu mwana Neema araryoshye cyaneeeeeeeeeeee
Musubize24.11.2012 saa 14:30
papi4
Nshimishijwe no kubona NEMA MAGAMBO yigiriye ikizere ku umwanya nk'uyu.Abanyarwanda tukuri inyuma kandi hamwe no gusenga byose birashoboka. GOD IS ALMIGTH
Musubize24.11.2012 saa 10:59
BABY
aracyeye ntabanga,tukurinyuma mama kandi courage !!
Musubize24.11.2012 saa 10:44
dede
birakwiye kumushyigikira.Tukuri inyuma
Musubize24.11.2012 saa 10:02
nvf
Uyumwana arasobanutse pe !!!!!!!!!!!!!!!!!
Musubize24.11.2012 saa 09:53
s
NEEMA NI UMWARI UBEREYE URWANDA KANDI KU BWANJYE NDUMVA NTAKIBAZO KIRIMO GUHAGARARIRA IGIHUGU CYACU MU MARUSHANWA YA BANYAMPINGA, ARABIKWIRIYE KANDI TURAMUSHYIGIKIYE MURI BYOSE, TURAMUSENGERA NGWAZAHESHE IGIHUGU CYACU ISHEMA, NSHOBORA KUBA ARI GAKE MBONYE NYAMPINGA UBIKWIRIYE. NKWIFURIJE AMAHIRWE NO GUTAHUKANA INTSINZI KUKO NIWO MUCO WACU
Musubize24.11.2012 saa 05:58
philippe
iyo match se ngo ikazaberahe ? italiki zingahe ? kukihe kibuga ? mwatubwira se nimba neema uwo akiri isugi ?
Musubize24.11.2012 saa 04:41
rukumbi
Ntimukajye mukinisha abantu. Abanyarwanda twifitiye ibibazo bidashobora gukemurwa no kureba uburanga bw'umugore. Uyu mwana niyicare yige kuko ni umunyeshuri, naho niba ahisemo ibyo kujya kwicuruza iyongiyo, nabage yifashe kandi mureke kudusakuriza. Ibi nabyo aba ari ikinyabupfura gike, sinzi ubu bushizi bw'isoni aho izi njijuke ziba zarabwigiye. Nizere ko adahabwa bourse na Leta kuko byaba ari agasuzuguro kageretse ku kandi !
Musubize24.11.2012 saa 03:43
Lisa
BIRAGARAGARA KO ISHYARI RYAKURENZE RIKANAGUSAGA, URUWO GUFASHWA NO GUSENGERWA KABISA. UYU MUKOBWA YARANGIJE KWIGA KANDI KURI BOURSE YA LETA NIBA KA NDI UBABAYE WISHIRE AKAGOZI MWIJOSI N'UBUNDI NDABONA UTARI KURI RITHME IMWE N'ABANDI
27.11.2012 saa 00:04
M.M
Ariko ko munanizwa nitwaro mutikoreye,ninde wababwiyeko baba bagiye kwicuruza.yarangije kwiga kadi azi ibyo arimo,ntimukihutire guca imanza,nawe ufite ibyo wahawe wakoresha kdi bikaguteza imbere.nugihe ubwizabwe yabuhawe bugomba kumufasha.ariko ntibivuzeko agiye kwicuruza
27.11.2012 saa 15:12
joyce
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!