IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Miss Rwanda 2009 Bahati Grace yibarutse umuhungu


Yanditswe kuya 24-07-2012 - Saa 13:44' na Richard IRAKOZE

Nyampinga w’u Rwanda uheruka gutorwa mu myaka itatu ishize, Bahati Grace yabyaye umwana w’umuhungu ku wa Kane tariki ya 19 Nyakanga 2012, nuko anashyira hanze ifoto y’uyu mwana ari kumwe na William Muhire uzwi cyane ku izina rya K8 Kavuyo, umuraperi Nyarwanda bakundanaga kuva bakiri mu Rwanda, ari nawe se w’uyu mwana.

Uyu mwana Bahati yahise kandi amwita Muhire, rimwe mu mazina ya se K8 Kavuyo. Amazina arambuye yamwise Ethan Jedidiah Muhire.

Umwe mu nshuti za Bahati uba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, wanabanye na K8 Kavuyo, aganira na IGIHE yemeje ko koko Bahati yabyaye. Avuga ko Bahati akimara kubyara bavuganye yumva yishimiye umwana wavutse.

Iyi nshuti ya Bahati tutifuje gutangaza izina yagize iti “Yarabyaye, yabyaye ku wa Kane nijoro nko mu ma saa sita. Njyewe baranampamagaye. Bukeye bwaho banyoherereje ubutumwa (messages), baranampamagara bishimye cyane banyoherereza iriya foto b’aploadinze (Upload) maze kubabwira ngo ndashaka kureba umwana banyoherereza kariya gafoto Kavuyo amuteruye.”

Undi mu nshuti ze uba hano mu Rwanda nawe uri mu bakunda kuvugana na Bahati aganira na IGIHE yatangaje ko Bahati aheruka kumuhamagara amubwira ko ari ku bise amubwira ko amerewe nabi yenda kubyara. Iyi nshuti nayo ivuga ko Bahati aheruka kumwoherereza ubutumwa bugufi amubwira ko yaje kubyara umwana w’umuhungu kandi ko ameze neza.

K8 Kavuyo, uri mu ba mbere bashyize ahagaragara ifoto y’uyu mukobwa we na Bahati yanditse ku rukuta rwa Facebook agaragaza ko yishiye uyu mwana avuga ko ari impano y’Imana. Yagize ati ”Urakaza neza ku isi Ethan Jedidiah Muhire. Ni ukuri uri impano y’Imana iturutse mu ijuru. So na nyoko turagukunda cyane.”( Welcome to the World baby Ethan Jedidiah Muhire, you are truely God sent : Daddy Mum love you so much).

Twashatse kumenya niba hari amakuru yisumbuye Minisiteri y’Umuco na Siporo ifite kuri uku kubyara kwa Bahati (Miss Rwanda 2009) kuko ari we Nyampinga wenyine watorewe anambikwa ikamba kuri uwo mwanya mu gihe hari hagitegerejwe ko hatorwa undi umusimbura nuko Makuza Lauren, Umuyobozi ushinzwe guteza imbere no kumenyekanisha umuco muri Minisiteri y’Umuco na Siporo atubwira ko nta makuru babifiteho.

Makuza yasobanuye ariko ko Bahati adafatwa nk’uwari ukiri nyampinga w’u Rwanda kuko ikamba rye ryagombaga kugeza mu 2010 gusa, bityo avuga ko ubuzima bwite bwa Bahati yabwigengagaho.

Mu nama iherutse kuba isobanura ku itorwa rya Nyampinga 2012 kuwa 12 Nyakanga 2012, Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Mitali Protais, aheruka gutangaza ko ibivugwa kuri Bahati biramutse ari byo yaba ari uwo kunengwa.

Ibi Minisitiri yabikomojeho ubwo yashakaga gusubiza umunyamakuru wari umubajije iby’uzambika Miss Rwanda 2012 ikamba, aho Minisitiri Mitali mu kumusubiza yamusubije avuga kuri Bahati agira ati :”Usanganywe ikamba uretse ko atari no mu gihugu ariko n’igihe cyararenze, biramutse binagaragaye ko yagize n’iyo myitwarire itari myiza idakwiye miss ; ibyo nabyo byaba ari inenge…. ubu rero tuzicara abantu bazicara basesengure neza barebe ugomba kwambara ikamba aryambikwa nande ?”

Amakuru dukesha izi nshuti za Bahati avuga ko Bahati aba muri Leta ya Iowa (USA) mu gihe K8 Kavuyo we aba muri Leta ya Texas. Izi nshuti kandi zivuga ko K8 Kavuyo ubu abana na Meddy kandi ko akivugana cyane na Grace Bahati.

Imwe muri izi nshuti yabwiye IGIHE ko gutwita kwa Bahati bishobora kuba byarababaje abo mu muryango we (by’umwihariko ababa hano mu Rwanda) kandi bikamugiraho ingaruka ku buryo aho atuye atari ho yari atuye.

Iyi nshuti yagize iti “Bahati abana n’abazungu gusa, ahatu aba nta mwirabura uhaba.”

Bishoboka ko Bahati wagiye muri Amerika ajyanywe no kwiga ashobora guhindura ikigo yigaho biturutse kuri uku kwimuka kwe.

IBITEKEREZO
ntureba ahubwo. Imana irinde uyu muryango. Uwo mumalayika ni karibu
Musubize14.08.2012 saa 11:53
key
sinarinzi ko ya tangaga iboro gutyo
Musubize12.08.2012 saa 06:02
Moise Ngabu
tuguhaye impundu !niwibyarireburuta benshi cyane bagayisha Imana bakuramo inda !tuvuge se ko wowe byari kukunanira kuyikuramo !ahubwo nubutwari usanganywe bwo kudahemuka !kdi uwo muhungu amenye ko wamukunze bya nyabyo kugeza aho wemera gutwita inda yaguteye amezi9 abandi bazikuramo bakibimenya ko batwite !uri intwari mwana ukwiye kuba miss bwa 2 kdi ntucibwe intege nabavuga amagambo ntaw'ubuza inyombya kuyomba ! Imana ibahe gukomeza gukundana nako kamalayika yabahaye igahe umugisha !!!
Musubize7.08.2012 saa 05:40
alice
nguhaye impundu nyinshi mwana , naho ababuze ibyo banenga ubareke banenge ko wibarutse. ese ayo makamba bakuratira aruta ikibondo ? aruta se umukunzi ukikuri hafi mu gihe bose bashaka kukuvanaho amaboko ? uzababwire baryambike undi maze wiyambarire iryo Ethan akwambitse kuko nta kiruta kubyara mu buzima. Kandi buriya iyo uyikuramo ntibamenye uwo mwana niho bari kukwemera baribeshya bareke. Ndi kavuyo nagukunda birenze kuko wemeye gutwita amezi 9 kandi wari miss.
Musubize30.07.2012 saa 08:11
sylvie
conglaturation, niyonkwe , kandi subirayo ntamahwa
Musubize30.07.2012 saa 05:51
Euralie
ni byiza rwose ariko dukeneye kubona niyo foto umubyeyi w'umugore akikiye icyo kibondo thx
Musubize29.07.2012 saa 15:55
umuhoza
congz a vs 2 !!!!!!!!!!!!!!!! <3
Musubize29.07.2012 saa 06:29
bella minaj
Imana ishimwe ko yibarutse amahoro. Ubundi ibintu byose turabyemerewe kubikora ariko siko byose bidufitiye akamaro. Twiheshe agaciro nk'abari b'u Rwanda, kubyara ni byiza ariko hari ubundi buryo wabyaramo ntibizane comments nyinshi. Ndavuga nkubu iyo baca mu mategeko bakubaha Imana Rurema, we na Kavuyo nta kibazo baba bafite, ariko ubu bafitanye urubanza n'Imana kuko bakoze ibyangwa n'amaso yayo. Nabandi mubiteganya mwisubireho.
Musubize28.07.2012 saa 11:04
Tonto
niyonkwe,asubireyo ntamahwa !!!
Musubize27.07.2012 saa 08:07
bebe
Bahati Grace congz wowe n'akabavu kawe naho abavuga ubareke bazavuge baruhe,mujya kumenyana nta ruhare babigizemo ninayo mpamvu ntamwanya bafite namutoya wo kwibaza cyane k'urukundo cyangwa ku kubyara kwawe.courage imana ikurinde kandi urukundo ruzababere umuyoboro w'ubuzima bwanyu naho abavuga barabyibushya indimi zabo.
Musubize27.07.2012 saa 08:06
######
nibyiza cyane musubireyo ntamahwa
Musubize27.07.2012 saa 04:21
habib
ni musubireyo nta mahwaaaaa, cyane iba mubona mufite icyo mubateganyiriza
Musubize27.07.2012 saa 03:36
munyarwandarichy
yooooooooooo bahati na kavuyo ndabakunda mwese kuko mukundana karibu ikibondo cyanyu. ese mwarimuziko ubu aribwo urukundo rwanyu ruryoshye. ntagihishimisha iyo murukundo habonetse icyatuma abakundana bavugwa kand simwe bambere n'a banyima. gusa mukomere ku ntego yabagyanye tuzongere kwishima mwavuzweho ko mwageze kubyiza.
Musubize26.07.2012 saa 16:42
antoine
Congs rata kuri mwembi Babyeyi cyane kuko ntanumwe wahisemo gutererana mugenzi we kandi uwo muziranenge akaba ahumeka umwuka w'abazima.
Musubize26.07.2012 saa 14:11
######
UYUMUKOBWA NI UMUNYAMUTIMA WEMEYE KUBYARA ARI MISS MUGIHE ABANDI BAZIKURAMO NIYONKWE
Musubize26.07.2012 saa 04:22
LOLO
ARIKO UBUNDI ABANENZE CG ABANENGA BARIYA BANA, MWIBWIRA KO BAHATI, AJYA KWIYEMEZA KUBYARA, ATARAZI KO MUZAVUGA AMAGOMBO NK'AYA ? KUBA RERO YARARENZE IYO MYUMVIRE N'URWO RUVUGO, HARI IMPAMVU ZE BWITE. NIBA NIBUKA NEZA BAHATI NI UMUKOBWA UTURUKA MURI FAMILY ISOBANUTSE, SI INJIJI RERO. IBYO YAKOZE ARABISOBANUKIWE. NTI MUKINJIRE MU BUZIMA BW'UMUNTU. MENYA IBYAWE, UKEMURE IBIKUREBA, WUBAHIRIZE INSHINGANO ZAWE. GUMA MURI CERCLE YAWE WIKWINJIRA MU YAMUGENZI WAWE. MURAKOZE. BAHATI KOMEZA GAHUNDA YAWE, NTAWUGUNDA KURUTA UKO WIKUNDA. COURAGE. IMANA IGUHE UMUGISHA N'UMWANA WAWE NDETSE N'INSHUTI YAWE.
Musubize25.07.2012 saa 10:48
Muzila
CONGURATURATION, ABAVUGA BAVUGE, NONESE ABIRRWA BABAKURAMO ABE ARIBO TUJYA DUSHIMA, URIYA MWANA NI UMUNYAMUTIMA, NAWE SE KOKO UMUNTU WAREBWAGA NA BURI WESE AKAMWISHIMIRA NAHO ARIHANGANA, IMANA IGUFASHE KANDI UMWANA WAWE UKOMEZE UMUKUNDE WENDA EJO CYANGWA EJOBUTI NIWE UZABA ARI UMUCURUZI UKOMEYE CYANGWA SE UMUYOBOZI UKOMEYE. COURAGE KANDI TURAGUKUNDA
Musubize25.07.2012 saa 10:23
VAMU
ARIKO ABANYARWANDA MURAVUGA NKAHO MWATANZE IMPUNDU MURI MUBUSUTWA KOKO !!BAHATI NI MISSS 2009 SI 2010 NTA NUBWO ARI 2011 !!!!MUBABAJWE NUKO YABYAYE ?NONESE KUBA MISS BISABA KUBA URI INGUMBA ? BRAVO K8 NA BAHATI, KDI UKURUSHA ABANA ABA AKURUSHA AMABOKO, UMWANZI ARAGAPFA ATABYAYE, K8 NGO UMWNZI UKWANGA NTAGASHYUKWE NIKO BACVA UMUGANI !!!MUKUNDE UMWANA WANYU MUMURERE NEZA, AMAGHAMBO AZASHIRA !!!!iiii.
Musubize25.07.2012 saa 09:47
DUDU
Baha niwonkwe humura imana irakuzi (uyigarukire nayo izakugarukira)humura si wowe wa mbere kandi si wowe wanyuma ?humura ?
Musubize25.07.2012 saa 09:45
kabanda william
Ariko ntimugate ururimi rwanyu kandi kuvuga ngo umuntu aragaragaye bigaragaza urwango rukabije uba ufitiye umuntu. Ijambao ry'Imana riravuga ngo mukunde bagenzi banyu nkuko nanjye nabakunze kandi ngo icyo ubiba nicyo usarura ! Niba ubiba urwango nawe uzasarura urwango kandi niba ubiba urukundo uzasarura urukundo ; rero ibyamubayeho ntawe bitabaho kuko twese twambaye umubiri. Buri muntu ni urugingo rwa mugenzi we kuko niba munda harwaye umubiri wose urarwara ; rero tureke kwiyanga. Bahati ni amaraso yacu kuko ni Umunyarwandakazi natwe tukaba Abanyarwanda ; rero Bahati asebye ari Nyampinga w'Urwanda cyangwa yitwaye nabi n'igihugu kiba gisebye cyane cyane ko yatowe nk'Umukobwa ugaragaza ishusho y'abakobwa b'Urwanda. Rero bibaho mubuzima ko ushobora kugira Echec. Ariko dukomere kandi dusengere Urubyiruko rwacu kugirango rurangwe n'ishyaka no kwihesha agaciro nkuko President wacu Paul Kagame akunda kuduhugura ko nitutihesha agaciro ntawundi uzakaduha. Iheshe agaciro aho uri hose, uheshe agaciro umunyarwanda wese, uheshe agaciro ibikorwa by'Urwanda, ibyo byose bizatuma igihugu cyacu kigira agaciro hose kandi nawe aho uri hose wongere uhabwe agaciro. Niba twikunda nk'abanyarwanda kandi tugakunda igihugu cyacu reka buri munyarwanda wese akunde mugenzi we nkuko yikunda.
Musubize25.07.2012 saa 08:01
Media
1 | 2 | 3 | 4 | 5

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!