Muri iyi minsi Urwunge rw’Amashuri rwa Mutagatifu Andereya ruherereye i Nyamirambo rwugarijwe n’icyorezo cy’indwara y’amaso, mu Rwanda amenyerewe ku izina ry’’Amarundi’.
Ubwo umunyamakuru wa IGIHE yaganiraga n’umuyobozi w’iri shuri Padiri Kibanguka kuri uyu wa Gatatu ; yatangaje ko babanje kubona abanyeshuri basaba impushya zo kujya kwivuza barimo kugenda baba benshi kandi bose bajya kwivuza indwara imwe, ariyo y’amaso kandi bigaragara koko ko bayarwaye ; biza kugaragara rero ko iyo ndwara yabaye icyorezo mu kigo, aribwo bahise batangira gahunda yo kuyikumira.
Nyuma yo kubona ko iyi ndwara yabaye icyorezo ; Ubuyobozi bw’ikigo bwafashe umwanzuro w’uko abanyeshuri basanzwe bacumbikirwa mu kigo, batagomba gusohoka ngo bagire aho bahurira n’abandi biga bataha, cyangwa se biga ku bindi bigo mu rwego rwo gukumira ko yakomeza kwiyongera ikagera no mu bandi banyeshuri.
Nyuma yo kugumisha abo banyeshuri mu kigo ; bitabaje Akarere ka Nyarugenge icyo kigo kibarizwamo, kugirango kabagezeho imiti yo kubavura.
Padiri yakomeje atangariza IGIHE ko Akarere gafatanyije n’inzobere mu by’indwara z’amaso, kabahaye imiti yizewe yitwa Chlorenfenicol na Tetracycline, kuburyo ubu icyo cyorezo kirimo kugabanuka bishimishije.
Uyu muyobozi kandi akomeza gukangurira abanyeshuri kugira isuku ihagije kugirango harwanywe ikwirakwizwa ry’indwara z’ibyorezo.
Ubutumwa bwa Minisiteri y’Ubuzima kuri iyi ndwara
Minisiteri y’Ubuzima iri gukurikirana iki kibazo cy’indwara y’amaso. Amabwiriza yaroherejwe ku bigo by’amashuri n’amavuriro ku buryo bwo kwirinda no kuvura iyi ndwara.
Dore muri make uko iyi ndwara bayirinda :
Indwara bayandura gute ?
Umuntu yandura iyo ahuye n’imirishyi cyangwa amarira y’umuntu urwaye. Umuntu yakwandura kandi igihe akoze ku bintu byagiyeho amarira cyangwa imirishyi y’umurwayi w’amaso (ibikoresho by’isuku, inzugi,…)
Uburyo bwo Kwirinda iyi ndwara :
Kwita kw’isuku y’umubiri ;
Ukaraba intoki kenshi
Wirinda gukoza intoki mu maso
Wirinda gusangira ibikoresho by’isuku na mugenzi wawe
Kugabanya ingendo z’uwagaragayeho uburwayi ;
Kuvurira abarwayi aho bari (aho bishoboka)
Kuguma mu rugo igihe umuntu arwaye
Kugabanya gusohoka mu bigo ku banyeshuri biga babamo (ahagaragaye uburwayi)
Gutandukanya abanyeshuri barwaye n’abandi ku biga baba mu bigo
Icyitonderwa : Iyi ndwara ntabwo ikaze, ikira hagati y’iminsi ibiri n’itatu iyo umuntu bamuvuye hakiri kare.
Ubu butumwa buzaganirwaho mu muganda w’iki cyumweru kugira ngo buri wese amenye uko yakwifata.
Amakuru dukesha Arthur Asiimwe/Umuyobozi wa RHCC
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |