IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Muhanga : Abahatuye barinubira serivisi zaho ku munsi w’ikiruhuko


Yanditswe kuya 20-08-2012 - Saa 08:51' na Deus Ntakirutimana

Abakiriya b’amabanki n’ibigo by’imari iciriritse bikorera mu Karere ka Muhanga baravuga ko batabona uburyo babikuza ngo banabike amafaranga yabo, mu gihe hatanzwe konji ku bakozi ba leta mu Rwanda.

Mu mujyi wa Muhanga abantu bari urujya n’uruza mu bikorwa bitandukanye , inzu z’ubucuruzi zikinguye, imodoka zitwara abantu, nyamara abagana ibigo by’imari n’amabanki ku iriyi tariki ya 20 Kanama , zose zifunze.

Abo twahuye bagana kuri Banki y’Abaturage y’u Rwanda baravuga ko bitari bikwiye ko nk’abakozi ba Leta bahabwa konji , ngo usange na za banki zifunga kandi zibitse amafaranga atandukanye y’abakiriya bazo , yagombye gukoreshwa kuri uwo munsi. Abaturage bakibaza impamvu zimwe zikorer banki zikorera I Kigali zikoa nta kibazo.

Ibi ni nako byanagenze kubagana izindi banki n’ibi bigo muri aka Karere. Kuri banki ya Kigali abantu batandukanye baraza bakarunguruka abumva bitabanyuze bakabaza abashinzwe umutekano wayo babwirwa ko batakoze ariko bashobora gukora nyuma ya saa sita.

Ku rundi ruhande abafite amakarita amenyerewe ku izina rya ATM, bo bari ku byuma byabigenewe barimo kubikuza, amafaranga yabo. Nyamara ngo n’ubwo bishimiye ko bayabonye baribaza aho bashobora kuyabitsa birinda impanuka zayo. ibi bikanibazwa n’abacuruzi bo muri uyu mujyi twaganiriye.

Ikindi kibazo, ngo ntibumva ukuntu umuntu abikuza amafaranga ku wa gatandatu, akazayabitsa ku wa kabiri, abajura basigaye baba barekereje. Abacuruzi na bo usanga bibabanye ikibazo cyo kubika amafaranga menshi mu nzu.

Kabuto Michel, umuyobozi wa Banki y’Abaturage ishami rya Muhanga yavuze ko impamvu batafunguye ari umunsi w’ikiruhuko kandi ngo abakozi babo bagomba kuruhuka.

IGIHE kibajije ahava aya mabwiriza bagenderaho , uyu muyobozi avuga ko ariko bisanzwe bimeze ku munsi nk’uwo badakora. Nyamara ngo bateganya ko bazakora kuri uyu munsi ngo baba barabateganyije ku wa gatandatu ariko ngo ntibabikoze. Ku bwa kabuto avuga ko amakarita ya ATM abafasha guha serivisi abakiriya babo, nyamara abakiriya bo bavuga ko hari abatayafite, bakoresha impapuro za banki.

Banki rukumbi yakoze mbere ya saa sita ni COGEBANQUE.
Umuyobozi wayo Christian Muhoza yavuze ko bakora ku munsi wa konji bagamije gutanga serivisi nziza kuko ngo nubwo ari konji, ariko ngo abantu bararya kandi bakoresha amafaranga bavana kuri banki, urwaye nta handi yapfa kuvana amafaranga , atari aho yayabitse mu gihe batakoze bikamubera ibibazo.

Ikibazo cyo kubura serivisi mu Rwanda kimaze kugenda gikomera, aho usanga kuri za konji ababitsa muri ibi bigo n’amabanki babura aho babika banabikuza amafaranga yabo, naho abarya muri za resitora bakinubira ko babwirirwa kuko usanga ababatekera bamwe bafunga

Iyi Banki nayo yari yafunze
IBITEKEREZO
Ariko koko kuki abanyamakuru mukabya cyane ngo BANKI yakoze ni imwe rukumbi kandi hari Banki yacu tubitsamo iora buri munsi kabone niyo haba ari ku bunani" AGASEKE BANK LTD" kuko nayibikijemo kuri uwo munsi w'ikiruhuko bavuga, yafunguye sa mbiri z'igitondo ifunga saa kumi z'umugoroba kandi ayo nabikije nayabikurije i Kigali nimugoroba nka saa cyenda ngiye kurangura, AGASEKE turakemera ni akacu n'i Muhanga turimo, ahubwo ni uko mutabasuye abakozi babo baritanga kabisa.
Musubize22.08.2012 saa 05:54
Rwabugili
Jye ndumva tutakwinubira izo services kuko abazitanga nabo ni abantu conje barayikeneye nkuko n'abandi bayibona ahubwo twibaze ku bugizi bwa nabi ndengakamere buri kuhakorerwa ajho abantu batemwa boshye utema ibiti
Musubize21.08.2012 saa 07:22
ndikumama
mujye mureka guteta ariko dushake amafaranga yacu tuyabure dushake kubika tubure aho tubika ubu se sinararanye miliyoni nabuze uko mbigenza sinari kubura ubuzima nkanayabura mureke. kuki banki zidakora kuri iyi minsi ni akarere kababaujije se ni umurenge akagari ni iki mujye mutegany a2 bakore barahagije naho ubundi ntaho twaba tugana kuki iriya yakoze kandi ntizinazi gushaka amafaranga kuki ahandi se badafunga kigali wa mugani w'uyu munyamakuru ?
Musubize21.08.2012 saa 06:03
umugabo
Niba nabo ari abakozi ba reta ndumva nabo konji yabarebaga si byiza ko aka ya mvugo ngo bakozi ba reta namwe barimu igera no ku bakozi ba banki !
Bariya ba types ni ukutwirataho ; kuko sinatinya kuvuga ko baba barenzwe cg bahaze amafaranga yacu twese ! None se bo hari icyo biba bibatwaye ntibaba barayibitseho kyera ????????????
Musubize20.08.2012 saa 11:07
Sunzu

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!