IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Muhanga : Bamwe mu bacuruzi bariyibisha kugira ngo bishyurwe n’abashinzwe umutekano


Yanditswe kuya 16-07-2012 - Saa 12:11' na Deus Ntakirutimana

Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Karere ka Muhanga barimo kwiyibisha kugira ngo bishyurwe, nk’uko bitangazwa na Koperative y’Inkeragutabara COOPEVEMU, ishinzwe kurinda umutekano w’abo bacuruzi.

Ahereye ku ngero zirenga eshatu z’abacuruzi bamaze kugerageza kwiyibisha kugira ngo bishyurwe, Umuyobozi wa COOPEVEMU Nkurikiyinka Vincent, avuga ko bagamije gushaka indonke no gutuma iyo koperative ihomba kuko imaze kwishyura amafaranga arenga miliyoni imwe y’abavuga ko bibwe.

Aha kandi ngo hari n’abavuga ko bibwe kandi atari byo, urugero ni umucuruzi wibwe akanagerekaho na miliyoni imwe y’ amafaranga yavuze ko yari yaraje mu iduka . Asabwe kwerekana banki yari yabikujemo ayo mafaranga ntiyayerekana yemera kurihwa ibyibwe ariko yo atarimo.

Si uwo wenyine kuko hari n’abasiga imfunguzo mu ngufuri zabo mu gitondo bakarihisha ariko ngo babeshyuzwa n’abo baturanye kuko usanga bavuga ko bimwe mu byo bavuga ko bibwe ntabyo bacuruzaga, urugero ni uwavuze ko yibwe umuceri n’isukari nyamara abo baturanye bavuze ko ibyo atabicuruzaga.

COOPEVEMU ivuga kandi ko kugeza ubu bafite amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 80 batishyuwe n’abacuruzi mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka.

Iyi Koperative kandi inenga bamwe mu bacuruzi batanga amafaranga make y’umutekano nk’aho usanga bishyura 1500 Frw, 2000Frw, Frw 3000 na 4000Frw. Iyi koperative ivuga ko ari make cyane kuko nta nyungu babonamo mu gihe umukozi wabo uhembwa make ahembwa ibihumbi 20 ku kwezi . COOPEVEMU yemeza ko mu gihe abo bacuruzi badashaka kuyongera ngo hari uduce tumwe na tumwe bakoreramo bashobora kuzavamo, kuko aya mafaranga batanga atabasha kwishyura abarinda umutekano.

Bamwe muri aba bacuruzi bavuga ko n’ubusanzwe umutekano wabo bawicungira nta kibazo ngo, ari nayo mpamvu bumva kongera ayo mafaranga bidashoboka kuko ngo hari n’igihe ukwezi gushira batayacuruje.

Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera mu Murenge wa Nyamabuye Nkundiye Theophile, avuga ko hariho koko abacuruzi ahagarariye bagora COOPEVEMU akaba ariyo mpamvu bayigiriye inama yo kujya yitabaza izindi nzego mu gihe iri kwishyuza.

COOPEVEMU igizwe n’inkeragutabara zo mu Karere ka Muhanga. Uyu mwaka yahawe igihembo cya mbere nka Koperative y’Inkeragutabara yakoze neza mu gihugu. Ubuyobozi mu Karere ka Muhanga buvuga ko yagaruye umutekano muri uyu Mujyi kuko yafashe ikanirukana abanywa ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga z’inkorano.

IBITEKEREZO
aliko mbabaze gato , uyu mutekano bavuga ko dufite abasilikali , tukagira police , ndetse na Local defense , iyo cooperative ilinda amaduka gusa , yaje ite ?? none se aba nibo barusha ubuhanga police ? ubundi se ninde wiba ayo maduka ? Police nilindire umutekano w'abantu nibyabo hamwe ,m kuko tuzi ko ibishoboye , kandi irabihemberwa , kandi ihembwa imisoro y'abaturage ! Ibyaya ma Cooperative byo ntago abanyarwanda babyumva kimwe !
Musubize16.07.2012 saa 08:50
kamuhanda isidole
Dore ibyiza byo gutura kumudugudu ! Uzaze uharebe, uzaze uhature, uzasanga ....!
Musubize16.07.2012 saa 07:24
Rambadina
mu rwego rwo gukemura ayo makimbirane,abifuza kwishakira abazamu nti bakagombye kubuzwa uburenganzira bwabo kuko aba yizeye 100% ko afite umuuzamu urarira iduka udashinzwe kuzenguruka . Ubwo busumbanae bwa frw nabyo n'ikibazo bizabateza akajagari nabyo bizarangira nayo make ntayo mu kibona. Cooperative ijyaho ije gukemura ikibazo abantu benshi bahuriyeho, niba abacuruzi batabyumva kimwe bakabona ko mu batekerereza biragoye kubona ibyiza bya coop.
Musubize16.07.2012 saa 06:21
gaga Solange

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!