Umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 yarohowe mu rugomero rwacukuriwe kuvomerera imirima y’abaturage mu gishanga cya Rugeramigozi kuri uyu wa 23 Nyakanga 2012.
Ahagana mu ma saa tanu z’amanywa nibwo abantu bahagarikiwe na Polisi n’abayobozi b’inzego z’ibanze barohoraga uyu murambo wari waratangiye kunuka muri uru rugomero.
Umwana witwa Niyonshimiye Florent w’imyaka 15 yavuze ko hari mu gitondo ubwo yari aje gutwara amatafari mu kirombe giherereye mu Kagali ka Kinini, abanyururu bahaciye bakababwira ko babanye ikimeze nk’umuntu muri urwo rugomero nyuma yaho nibwo yagiye akoga amushyira ku nkombe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Kinini uru rugomero ruherereyemo , Kamatari Jean Damascène yavuze ko batari bazi ko uyu muntu yaguyemo ngo babimenye babibwiwe. Ku bijyanye no kumenya inkomoko y’uyu muntu ngo nti babashije kuyimenya, kuko babajije abari aho bose bakamuyoberwa yemwe nta n’ibyangombwa yari afite.
Kamatari yavuze ko nyuma y’uko babonye uru rugomero rushobora kwica abantu harimo impanuka n’abashobora kurwiyahuramo ngo bagerageje kubimenyesha Akarere gashyiraho umuzamu wa ku manywa ariko ngo ntiyarinda abantu ngo abikore na nijoro. Mu byo uyu muzamu akora abuza abana koga muri uru rugomero ndetse n’abashaka kurwiyahuramo kuko mu mezi ashize yavanyemo umugore wari uje kurwiyahuramo.
Uyu musore wari wambabye ipantaro y’ikigina n’umupira ukomeye ufite ingofero uriho imifuka nta n’igikomere yari afite ku mubiri we, yajyanywe na polisi ku bitaro bya Kabgayi.
Si ubwa mbere uru rugomero rugwamo abantu, kuko uyu ari uwa kabiri umaze kurugwamo nyuma y’umwana waruguyemo yagiye kogeramo agafatwa n’isayo, rukaba rumaze umwaka umwe rucukuwe.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |