IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Musanze : Umutegarugori yibarutse abana bane icyarimwe


Yanditswe kuya 15-10-2012 - Saa 15:43' na IGIHE

-Uyu mutegarugori ufite imyaka 35 y’amavuko, umugabo we afite imyaka 75

Nyuma y’igihe kigera ku kwezi n’igice akurikiranirwa hafi n’abaganga bo mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri, umutegarugori wo mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru yabashije kubyara abana bagera kuri bane nta nkomyi.

Mu ma saa sita z’ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere, Nyirakanyana Francoise w’imyaka 35 y’amavuko yabyaye abana bane barimo abahungu babiri n’abakobwa babiri.

Mu kiganiro yagiranye na Orinfor dukesha iyi nkuru, Nyirakamana yatangaje ko akimara kumva ko atwite aba bana yabyakiriye neza kuko ngo “byose bituruka ku bushake bw’Imana”, gusa avuga ko kuri ubu ahangayikishijwe n’ikizabatunga kuko amikoro ye atabimubashisha, ndetse ibi bikaba byemezwa na Mujawamariya Shadiya, Umujyanama w’Ubuzima mu Kagari ka Kigombe wakurikiranaga ubuzima bw’uyu mugore umunsi ku munsi.

Nyirakanyana Francoise ni umugore wa Kabiri wa Ntawuruhunga Mathias, Umusaza umurusha imyaka 40 kuko afite imyaka 75 y’amavuko, bakaba barabanye nyuma y’aho uyu musaza apfushirije umugore we wa mbere.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Dr Zanre Yacouba, muganga ukurikiranira hafi ubuzima bw’uyu mutegarugori yavuze ko muri rusange akomeje kwitabwaho akurikiranwa ku buryo bwihariye kugira ngo ubuzima bwe bukomeze kumererwa neza.

Yagize ati « Tumupima twahise tubona ko atwite abana bane, ubusanzwe ntabwo biba bimenyerewe, ariyo mpamvu iyo tubonye iki kintu kidasanzwe twihutira gukurikirana umubyeyi ku buryo bwihariye”.

Dr Yacouba yakomeje avuga ko kubyara abana bane bitoroshye na mba, bityo uyu mutegarugori akaba yari afite umunaniro, kandi abaganga bagomba kumurinda n’ibindi bibazo bishobora kuvuka nyuma yo kubyara. Gusa uyu muganga yavuze ko ubuzima bwe bumeze neza, ariko kandi yongeraho ko bakomeje kumuba hafi mu buryo bwo kumuvura kugira ngo ubuzima bwe bukomeze kumera neza.

Kugeza ubu aba bana uko ari bane bari kwitabwaho n’abaganga aho banashyizwe mu byuma byabugewe mu rwego rwo gukomeza kubafasha gukura neza.

IBITEKEREZO
biragoye kuko se wabana arakuze nugusenga mutubwire uburyo twamufasha.
Musubize18.10.2012 saa 02:09
Rosine Rosa
Abaturage bomumajaruguru twese tumushakire kubirayi, yari Mutijima kuri Bisate.
Musubize17.10.2012 saa 09:18
Mutijima
numugisha mu Rwanda.Nasabako ubutegetsi bwafasha uwomuryango kugeza kumezi atandatu batanguye kurya,byanashoboka inyuma yayo mezi kira fin du mois abobana bakaza baronka amafaranga(salaire) yoguhaha ibyokurya byabo. Imana Ibongerereze Imigisha,muruwo muryango,ku Rwanda eka nomuri Afrika
Musubize17.10.2012 saa 04:37
######
Mana ushimwe cyane, nkeneye kumenya uko twamuha igikoma impundu zo twazitanze ahiiiii.
Musubize17.10.2012 saa 02:57
marie Odette
impndu kuri uyu muryango dushimire kandi n 'aba baganga komeje kwita kuri uyu mibyeyi n'abana be , aliko nabibutsa y uko(abo baganga) aba bana , abasirikare balinda umubiri wabo baba batarakomera bityo nkaba nabibutsa ko ntakintu kidasanzwe kigomba kubegera, urugero kuri iyi foto nziza mwatweretse , munfuruka yo hejuru iburyo hari ufite ikaramu, iba yanyuze henshi bityo ikaba yabatera uburwayi, murakoze
Musubize17.10.2012 saa 02:30
habiyambere
Imana ishimwe kubwabo bana yatanze muruwo muryango,kandi izatang. nuburyo bwo kubarera,nukuyizera.
Musubize17.10.2012 saa 01:36
sese
Imana ihabwe icyubahiro, kuko byose bituruka mu biganza byayo kdi ntamuntu ibasha guha ikigeragezo gisumbye imbaraga ze, nugusaba Imana igakomeza kugufasha kuko yo ifite impamvu n'icyo yashatse kugaragaza, ntampamvu yo guhinyura Imana !!!!!!!!!!
Musubize17.10.2012 saa 01:35
Audace
Mbega aba bebe beza nukuri uyumubyeyi tumuhaye impundu niyonkwe humura hamwe nogusenga IMANA izagufasha kubarera.
Musubize16.10.2012 saa 15:19
uwamwezi alice dignite
NANJYE NABYAYE BABILI BAKURA NTA NKOMYI. IGITUNZE IMWE GITUNGA BANE. KOMERA MUBYEYI KANDI MU NSI ABITONDA BAHORANA AMAHORO ;
Musubize16.10.2012 saa 15:18
UZAREWA
akarazo kamatsiko, umugore wambere barabyaranye nawe ? MURAKOZE !
Musubize16.10.2012 saa 14:09
MUKORA
KANDI NKWISABIYE UMWE UBWO NTIWAMUMPA KANDI NJYE NARAHEBYE AHAA UWO MUTAMA NDAMUTUMIYE AZAZE NANJYE ANGERAGEREZE komera kandi wonkwe neza ikindi dukeneye gutera akanyamuneza, batugezeho uko kakugereho
Musubize16.10.2012 saa 12:29
kiki
aba bose nabo guteza isi i bibazo.nonese ko mubona uyu musaza wimyaka75 ,ninde uzita kuri aba bana ?uyu numuzigo asize kwisi.ntimubyishimire rero.
Musubize16.10.2012 saa 12:24
sisi
Please mutubwire ukuntu twafasha uriya mutegarugori.
Musubize16.10.2012 saa 12:08
Kayitesi
MBEGA byiza agize amahirwe asanga yabyaye ibitsina byombi IMANA Imuhe kubarera neza kandi na gvment ikomeze kumwitaho
Musubize16.10.2012 saa 10:21
RUKUNDO nepo
IMANA Ishimwe, gusa ikigaragara cyo nuko ntabushobozi bwo kubarera , imiryango ifasha nitabare kuko nabo nikiremwa muntu, ahubwo se adresse ye yamenyekana gute ? hagize ubufasha bwabageraho gute ?
Musubize16.10.2012 saa 10:07
seramuka eustache
Mudukundiye mwaduha uburyo twafashamo uyu mubyeyi : Nubwo yaba 500 udusoko tubyara umugezi. Onkwa mubyeyi mwizaa !
Musubize16.10.2012 saa 09:57
NIYITEGEKA Sam
Imana ishimwe ko yabyaye neza niyonkwe Imana izamurerera ,nanjye nifuza kubyara impanga nizo nsaba Imana ariko impaye nabo nanjye nabwo na shima Imana kuko iba ifite impamvu.uwiteka amuhire muribyose.
Musubize16.10.2012 saa 09:30
IA.
Bravooooooooooo !!!!!!Uyumugabo akwiye gushakwaho icyororo kuko akoze AGATENDO !May God be blessed .
Musubize16.10.2012 saa 09:16
Rwubaka
Imana ikomeze imufashe
Musubize16.10.2012 saa 09:15
joe
Francoise we ngaho nkuko nabikubwiye mfasha dushimire Imana yacu kubw'iki gitangaza ikoze ukaba wabyaye neza n'abana bakaba ari azima, nihabwe icyubahiro ! Nakomeza kugusengera kugira ngo uko yagukijije ikize n'ubugingo bwawe hamwe n'ubw'abana, ni ukuvuga ngo ishyire mu maboko yayo ibindi nabyo izabikora. Onkwa mubyeyi mwiza.
Musubize16.10.2012 saa 08:45
Jeanne Dusabe
1 | 2 | 3 | 4

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!