Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza hanze umusaruro ukomoka ku buhinzi NAEB, cyatanze ibisobanuro kuri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kugenzura imikorereshereze y’umutungo wa Leta PAC , ku ikoreshwa ry’imitungo n’imari y’ibigo byahurijwe hamwe bikitwa NAEB. Iki kigo cyasabwe kunononsora ku buryo bwihuse amakosa ateza urujijo nk’uko byagaragajwe n’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta kandi raporo y’uburyo aya makosa yakosowe ikagezwa kuri PAC.
Mu byagaragaye nk’amakosa ateza urujijo harimo imyenda yagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta bimwe mu bigo byahurijwe hamwe ubwo NAEB yavukaga ari byo OCIR CAFÉ, OCIR THE na RODA byaba bibereyemo ibigo bitandukanye.
Umuyobozi Mukuru wa NAEB Kanyankore Alexis yatangaje ko nk’imyenda ivugwa ko OCIR THE yaba ibereyemo Leta idahari kuko inganda z’icyayi zose zeguriwe abikorera kandi amafaranga akaba yarashyizwe mu isanduku ya Leta. Yongeyeho ko nta buryo OCIR THE yabamo Leta umwenda kandi na yo yari iya Leta.
Ku kibazo cy’imyenda OCIR CAFE ivugwa kuba yaba yari ibereyemo amabanki, ubuyobozi bwa NAEB bwasobanuye ko ari inguzanyo yafashwe igura ifumbire yahawe abahinzi ba Kawa ngo hongerwe umusaruro wa Kawa, abahinzi bakaba baragombaga kuyishyura.
Ku mashini zaguzwe mu mwaka wa 2010 zikishyurwa hadakurikijwe amasezerano OCIR THE yari yagiranye n’uwagombaga kuzizana, Bisengimana Jonathan wari ushinzwe imari muri OCIR THE yasobanuye ko amasezerano yavugaga ko amafaranga azajya yishyurwa mu byiciro kugeza ubwo nyir’ukuzana imashini azishyize aho zagombaga kuba ndetse amafaranga akishyurwa yose nyuma y’uko zikorewe igerageza.
Icyakora ibi ngo ntibyashobotse kuko izo mashini zitumizwa zari izo gushyirwa mu ruganda rw’icyayi rwa Kitabi ndetse na Mata, nyamara zikaba zarageze mu Rwanda izo nganda zaramaze kwegurirwa abikorera.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |