Uyu ni umusore w’imyaka 20 y’amavuko kuri ubu uri mu maboko ya Polisi akurikitanyweho gufata nyina umubyara ku ngufu.
Uyu musore twirinze gutangaza amazina ye ku mpamvu z’umutekano wa nyina, akomoka mu Murenge wa Gashanda Akarere ka Ngoma Intara y’Iburasirazuba, kuri ubu ari kuri Station ya Polisi i Kibungo.
Uyu wakoze aya mahano ni impfura mu bana 6 babyawe n’uyu mubyeyi umaze imyaka 10 apfakaye . Mu bana bose yabyaye akaba yabanaga mu nzu imwe n’uyu musore gusa kuko abandi bana be baba hirya no hino mu miryango.
Uko byagenze
Ahagana mu masaha ya saa mbiri zo kumugoroba wo kuwa Gatanu tariki ya 21 Ukuboza 2012 , nibwo uyu musore yatashye avuye mu kabari ageze murugo iwabo asaba ibyo kurya maze nyina amurangira aho agomba kujya kubireba, mugihe uyu musore arangije kurya yahise yerekeza mu cyumba nyina araramo nibwo yatangiye kumuganiriza amubaza uko yiriwe.
Muri ako kanya kandi uyu musore yabwiye nyina ko agiye kujya ku irondo hamwe na bagenzi be, ibi ariko ntiyahise abikora kuko yahise yicara kuburiri maze atangira gusambanya nyina umubyara kungufu nk’uko nyina ubwe yabitangarije IGIHE n’agahinda kenshi.
Uyu musore nawe yemera ko yasambanyije nyina umubyara ku ngufu, ariko akaba abisabira imbabazi akavuga ko yabitewe n’ubusinzi.
Mu gihe uyu musore ari mu maboko ya Polisi, nyina umubyara we yajyanywe ku Bitaro Bikuru bya Kibungo nga hasuzumwe harebwe niba nta ndwara yamwanduje.
Icyo polisi ivuga
Umuvugizi wa polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Supt. Nsengiyunva Benoît atangaza ko abaturage bose bagomba kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, bakirinda n’ubusinzi bakanamagana ibikorwa by’ihohoterwa byose aho biva bikagera.
Icyo yahanishwa ahamwe n’icyaha
Mugihe uyu musore iki cyaha akurikiranyweho cyaba kimuhamye nk’uko ingingo ya 197 mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda kibiteganya, yahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 7 kugeza kumyaka 10.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |