IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Ngoma : Ingona yivuganye Mukeshimana agiye kuvoma


Yanditswe kuya 30-01-2013 - Saa 08:15' na IGIHE

Nyakwigendera Mukeshimana Esperance w’imyaka 21 ingona yamufatiye ku mwaro wo ku kiyaga cya Birira agiye kuvoma, ahasiga ubuzima.

Iki kiyaga giherereye mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma ngo kibamo ingona nyinshi. Uyu nyakwigendera wo mu Mudugudu wa Ruyenzi ya mbere Akagari ka Rubona, iyo ngona ngo yamufashe ku wa Gatandatu ahagana mu ma saa moya za mugitondo ku munsi w’umuganda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumberi Nyamutera Emmanuel aganira na Radiyo Izuba dukesha iyi nkuru, yatangaje ko mu rwego rwo kugerageza guhangana n’izi ngona zimaze kwivugana abantu batanu, ngo kuri iki kiyaga hagiye kuzubakwa uruzitiro, kandi harimo no gushakwa uko abagituriye bahabwa amazi ntibakomeze kuvoma ay’ibiyaga. Ngo banavuganye na REMA ngo barebe icyo yabunganiraho mu gukemura iki kibazo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumberi atangaza ko nk’ubuyobozi bahangayikishijwe bikomeye no kuba abaturage bo muri ako gace kegereye ikiyaga cya Birira badafite za kano.

Si mu karere ka Ngoma gusa kuko n’aka Bugesera mu kiyaga cya Rubira ingona zimaze iminsi zihitana abantu batari bake.

IBITEKEREZO
Amafaranga baguze ziriya modoka za ba Gitifu bagenderamo bari kuyakoresha mu gukwirakwiza amazi meza mu byaro aho ataragera, ubundi bakabaguriza za moto bakaba arizo bagendaho. Siko mwe mubibona ra ?
Musubize31.01.2013 saa 12:26
Nkundurwanda
iyi nkuru irababaje kabisa nigute abantu bagumya kwicwa ningona abayobozi baho babyunva barangiza bakabyirengajyiza nibagerageze bashake uko amazi yagera kubaturajye byihuse ubuzima buraseseka ntibuyodwa kandi niba binaniranye Mayors nabandi bayobozi bose baho begure hashyidweho abandi bazita kubuzima bwabanyadwanda inyamaswa ntiziruta abantu umudyango we niwihangane kandi imana imwakire mubayo.
Musubize31.01.2013 saa 01:03
kigali
Mwiriwe ! njye nari mpari bamushyingura ndetse turasengana nuko byagenze barabitubwiye abasare(abatwara ubwato). sinzi niba bashobora kumva akababaro kurwo rupfu. usibye ko nta rupfu rwiza rubaho. (gusa ikintu cyagaragaye nuko ashobora kuba yarishwe n'amazi kuko yariye akaboko gusa nabwo ntikavaho, kuko yaramufataga ikamwinika ikongera ikamwinura yagera muri 1km ikongera gutyo gutyo vers 7h00- 9h...) mubyukuri ingona zinjiza iki ($,RWF,) ? zimariyiki se Abanyarwanda ? kuzitira se bavuga bimaze iki nta mazi abaturage bafite ? none se abo bose bapfuye bazira ingona ntabwo bazitiraga ngo ejo hatazagira undi irya ? none se abo imaze kurya hashize igihe kingana gute kugirango amazi abe yarabagezeho hatavaho irya abandi ? gusa ntawumva umusonga wundi. birababaje mufate ingamba cyagwa muzijyane kuzororera muri Zoom tujye tuzisura zituzanire no ku ma devize. Umuryango we ukomeze kwihangana n'ubwo bitoroshye. Espé twagukundaga cyaneee. Imwana Imwakire mubayo.
Musubize30.01.2013 saa 11:28
helena
mu bykuri iyi nkuri iteye INTIMBA ku buryo nayisomye incuro 3 kuri uyu munsi numvise mbuze uko nifata kubona ibintu nkibi bimaze kuba akamenyero. Ingona ni igisimba abayobozi rero mwerekanye intege nke zanyu mu birebana no gufata imyanzuro nta kigenda. Imana yakire uwo muhire mu bayo
30.01.2013 saa 13:00
rubundakumazi
Uyu nyakwigendera n'abandi bamubanjirije bose bazize uburangare bw'ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi meza mu Rwanda. Musobanura gute ukuntu abaturage bakinywa amazi y'ibirohwa muri 2013 ? Icyerekezo cya 2020 ntacyo kibabwira ? Mwiheshe agaciro please !
Musubize30.01.2013 saa 09:37
Migambi
BIRABABAJE, ABANTU 5 BAMAZE GUPFA, EJO HAZAPFA ABANDI BYANDIKWE, EJO BUNDI BAPFE BIVUGWE KU MARADIYO NA TEL...ARIKO NTA GIKORWA ! UBU IYO AJYA KUBA ARI UMUTURAGE WISHE INGONA WAREBA NGO BARAMUTAMBIKANA, REMA N'IBINDI NKAYO WABIKIRA ...BATEGEREJE KO PEREZIDA AJYAYO NGO HAGIRE IGIKORWA, THIS IS CRAZY !!! ITEGEKO RITEGANYA IKI KU MURYANGO W'UYU MUNTU, UBU WASANGA BAVUZE NGO RIRI MU NTEKO RITEGEREJE KO ABANTU BASHIRA... AKA NAGAHINDA... MAYOR YARAKWIYE GUSOBANURA UKUNTU ABANTU BAGERA KURI 5 BAZIRA URUPFU RUMWE NTIHAGIRE IGIKORWA, KUKI ATAKWEGURA NIBA YARANANIWE, AGAHINDA NTI KICA ARIKO NDABABAYE, ...........ENOUGH IS ENOUGH.
Musubize30.01.2013 saa 08:43
rukara
Ngo barateganya gukora uruzitiro !!!! uwo se murabona ari umuti urambye ? abantu nibegerezwe amazi meza bareke kuvoma ikiyaga. Bityo ntaho bazahurira n'izo ngona. Plz abayobozi babishyiremo imbaraga izo ngona zitaratumaraho abantu. Murakoze
Musubize30.01.2013 saa 06:33
PETERO
Ngo barateganya gukora uruzitiro !!!! uwo se murabona ari umuti urambye ? abantu nibegerezwe amazi meza bareke kuvoma ikiyaga. Bityo ntaho bazahurira n'izo ngona. Plz abayobozi babishyiremo imbaraga izo ngona zitaratumaraho abantu. Murakoze
Musubize30.01.2013 saa 06:33
PETERO
Ese ubwo umurira kugasozi cg imujyana mumazi manaweeee Mbega urupfu rubabaje kuri bwa n,imbyipsi koko ????
Musubize30.01.2013 saa 06:12
aaa
ngo umnyamabanga nshigwabikorwa ahangayikishijwe nuko abaturage batagira za kano ?ninde se ugomba kuzishyiraho ?
Musubize30.01.2013 saa 05:11
wowebad
ingona ziturusha ubwenge koko ???? umunsi zariye gitifu muzagira icyo mukora, mbabajwe nuwo mwana w'umukobwa warugiye kuzarushinga muminsi iri imbere. ese yamuriye iramumara cyangwa hari ibice yasigaje babonye ? mujye mujya kure mu nkuru zanyu......
Musubize30.01.2013 saa 04:07
kuki
Harya umukobwa w'inkumi nkuwo wishwe n'ingona, akaba azize akarengane, BIRABABAJE rwose. Leta izaha ababyeyi be / ndetse na fianse we niba yari amufite impozamarira ingana iki ? Iyo ngona yri ikwiye kwicwa kuko murabona ko imaze kuryoherwa n'inyama z'abantu, izatumara ku rubyaro/ uburenganzira bw'inyamaswa ntiburuta ub'ikiremwamuntu
Musubize30.01.2013 saa 04:02
mafu bo
Rwose ndagushimiye cyane. nuko uwagiye atagaruka ariko l'etat yarikwiye kugira icyo ifasha umuryango we. nubwo atazuka ariko babuze umwana wabo ndetse w'u rwanda.
30.01.2013 saa 10:25
Yeremia
Iyooooo ndihanganisha umuryango wa nyikwigendera kdi nsaba leta kugira icyo ikora kihutirwa kugirango hatagira abandi barengana.....niba ari ngombwa ahandi leta yateganyaga gushyira amazi yaba ihahagaritse ikabanza turiya duce kuko ahandi nta ngona zihari wenda bavoma kure gusa......namwe bayoboye utwo duce murasabwa kuvuganira abo muyoboye. Uwiteka arinde abanyarwanda twese.
Musubize30.01.2013 saa 03:12
Ernest
twifatanyije nu muryango wabuze uwomwana mukababaro twatewe niyo ngona. rema nigire icyo ibamarira mukubona amazi meza.
Musubize30.01.2013 saa 03:08
NIYIGABA EMMANUUEL
Ministeri zibishizwe, zikwiriye gushyira imbaraga mu gushakira abanyarwanda bose amazi meza nk'uko ubu bikorwa ku MASHAYARAZI. Uzi ko hari n'abatuye mu murwa mukuru, bamwe batagira amazi.!!!! Urugero nko mu GATSATA, uzi ko abahatuye benshi batagira amazi.!!!! Cyane cyane haruguru y'umuhanda. Dufite abahanga, nibarebe uko amazi yaboneka hose mu gihugu.
Musubize30.01.2013 saa 02:14
EDOUARD
Kandi haramutse hagize uwivugana mo imwe bamufunga by'umwihariko !? RDB nigire ikure izo nyamaswa mu bantu izijyane mu ishyamba rwose
Musubize30.01.2013 saa 01:43
karimu
iki kintu cyo kicwa nishoka yebabaweeee !!!!!
Musubize30.01.2013 saa 01:18
lee
Ariko mu Rwanda kweri, Gihugu cyacu bite ??? Kuki hari ibintu tutitaho kandi biba bikomeye ? Kugirango umuntu yicwe n'ingona, umuyobozi avuge imyanzuro izafatwa, bicire aho. Undi apfe, uwa gatatu apfe, uwa kane, none ngo babaye batanu ? Why ? Duteze se ko bashira ku gasozi ? Mana we, twiheshe agaciro rwose tubwire abo bireba (RDB, ba Mayors, etc) babyiteho kandi bikemuke.
Musubize30.01.2013 saa 00:59
Mugasa

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!